RFL
Kigali

Teta Sandra na Derek bagaragaye bishimanye nyuma y’imyaka isaga 7 batandukanye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/01/2023 15:21
1


Teta Sandra ufitanye abana 2 na Weasel uherutse kumvikana avuga ko yifuza ko babana akaramata, yagaragaye yishimiye kongera guhurira mu ruhame na Derek wo muri Active bakundanye.



Urukundo ni ikintu gikomeye kandi biragora ko ahanyuze iminsi yarwo hanyura urwango, ibi nibyo wakoresha usobanura guhuza urugwiro kwa Teta Sandra na Derek wo mu itsinda ry’umuziki rya Active.

Mu mashusho akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga, agaragaraza Derek wakundanye na Teta Sandra bahuje urugwiro muri kamwe, mu tubari two mu mujyi wa Kigali kitwa Wave.

Aho hakaba hari habereye ibirori byateguwe na Teta Sandra afatanije na Gatete Sharomo Xinda, na we umaze kuba inganzamarumbo mu gutegura ibirori bibera hirya no hino mu duce dutandukanye twiganjemo utubari.

Urukundo rwa Teta Sandra na Derek rukaba rwaradutse muwa 2014 nyuma y’uko uyu mukobwa atandukanye na Prince Kid gusa baza kurushyiraho akadomo muwa 2016.

Mu mwaka wa 2018 Teta Sandra yatangiye gukundana na Weasel baza no kubyarana abana babiri, gusa mu minsi yashize aba bombi baherutse kugirana ibibazo bikomye byatumye batandukana.

Na none ariko Weasel muri iyi minsi yumvikanye avuga ko yifuza kongera kubana na Teta Sandra bakasezerana kubana akaramata.

Amashusho ya Teta Sandra na Derek akomeje guhererekanwa ku mbuga nkoranyambagaTeta Sandra na Derek barawubanyeNtawamenya gusa aho yaciye nihaca urwango






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tujyimbere burera boy7 months ago
    Bakomeze bibanire umweyize umutimawamugenziwe.





Inyarwanda BACKGROUND