RFL
Kigali

Hazaca uwambaye! Batanu ba mbere bayoboye mu majwi muri Rwanda’s Global Top Model

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/01/2023 1:19
0


Mu gihe irushanwa Rwanda’s Global Top Model rigeze ku munsi wa kabiri mu matora yo kuri internet, umukobwa witwa Laura Sarah ni we uri imbere mu majwi.



Aya matora yatangiye kuva ku wa 17 Mutarama 2023 azarangira ku wa 4 Gashyantare 2023, ari nabwo hazahita hamenyekana 30 bakomeza mu cyiciro cya nyuma.

Amajwi yafashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mutarama 2023, agaragaza ko Laura Sarah ufite Nimero 29 ari we uri imbere n’amajwi aho agejeje 2,182.

Akurikiwe na Ngabonziza Diane [Nimero 38] ufite amajwi 1,323, Rosine Bamurenga ufite Nimero 53 agejeje amajwi 1,025, Keylan Mucyo ufite Nimero 71 agejeje amajwi 788 ndetse na Marie Benigne Nsanzimana ufite Nimero 30 agejeje amajwi 679.

Abanyamideli bahatanye ni 88 bavuye mu 177 biyandikishije binyuze kuri Email. 30 bazakomeza ni abagize amajwi menshi mu itora ryo kuri internet (Most Voted), batanu batoranyijwe n'abafana (Public Choice) ndetse na batanu bahize abandi mu kwiyerekana neza (5 Best in virtual Casting) abandi 15 bazatangwa n'Akanama Nkemurampaka (15 by Judges).

Ndekwe Paulette uhagarariye Embrace Africa iri gutegura iki gikorwa, yabwiye InyaRwanda ko mu guhitamo abanyamideli 30 bazaha ijambo abafana.

Yavuze ati “Tuzashyiraho uburyo abafana bagira ijambo mu rwego rwo kubaha umwanya wo guhitamo abagomba gukomeza. Hiyandikishije benshi, rero abafana bazahitamo batanu bajya mu kindi cyiciro babona bahize abandi."

Akomeza ati "Impamvu twahaye umwanya abafana, ni uko mu bikorwa byinshi usanga ababikurikirana bataha bavuga ko batanyuzwe. Rero utazakomeza hariya ubwo n'abafana ntibazaba bamushimye. Ni ukugira ngo habeho umucyo uhagije muri iki gikorwa.

KANDA HANO UBASHE GUKOMEZA GUTORA ABAHATANYE


Laura Sarah [Nimero 29] afite amajwi 2,182


Ngabonziza Diane [Nimero 38] afite amajwi 1,323


Rosine Bamurenga ufite Nimero 53 agejeje amajwi 1,025


Keylan Mucyo ufite Nimero 71 agejeje amajwi 788


Marie Benigne Nsanzimana ufite Nimero 30 agejeje amajwi 679






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND