RFL
Kigali

Filime yakinnyemo ishobora guhatanira Oscars! Uko Kayije Kagame akomeje guhesha ishema u Rwanda

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:16/01/2023 19:50
0


Ni umukobwa w’imibiri yombi ku buryo umubonye wese ahita yibwira ko byanga bikunze afite inkomoko muri Afurika, mu bigaragarira amaso ntabwo akunda gusamara ndetse umurebye mu maso uhita ubibona nta kabuza.



Uwo nta wundi ni Kayije Kagame ukomeje gukangaranya isi ya sinema kuva i Hollywood muri Amerika, kugera mu bindi bihugu bikomeye muri sinema y’i Burayi.

Uyu mukobwa w’imyaka 36 ukomoka mu Rwanda ubusanzwe ni umukinnyi w’ikinamico, akaba umunyarwenya, umubyinnyi wa ‘Dance contemporaine’ n’ibindi.

Yavukiye i Genève mu Busuwisi ku babyeyi b’abanyarwanda. Yize ibijyanye no gukina filime n’amakinamico muri Ecole Nationale Supérieure des Arts et Technique du Théâtre de Lyon mu 2014, nyuma mu 2015 ajya kuba mu nyubako yagenewe abahanzi ya Watermill International Summer Program iba i New York muri Amerika.

Uyu mukobwa yagaragaye muri filime iri kubica yiswe ‘‘‘Saint Omer’’, yagiye hanze ku wa 23 Ugushyingo 2022 mu Bufaransa.

Akomeje guhesha ishema u Rwanda!

Mu minsi ishize Kayije Kagame yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi 10 ba filime bitwaye neza mu 2022 ku mugabane w’u Burayi, bityo kubera impano zabo bakazahabwa amahirwe muri Porogaramu yiswe ‘European Shooting Stars’ ikorerwa mu iserukiramuco rya filime ribera mu Mujyi wa Berlin mu Budage.

Abajya muri iyi porogaramu batoranywa bigizwemo uruhare na European Film Promotion (EFP), isanzwe ihuriyemo ibigo bitandukanye bikora akazi ko kumenyekanisha ubuhanzi bwo muri sinema mu bihugu 37 byo mu Burayi.

Abatoranyijwe iyo bageze muri ‘Berlin International Film Festival’ bahabwa umwanya uhagije wo guhura n’abantu b’ingeri zitandukanye muri sinema, bafite icyo babafasha muri uyu mwuga.

Aba barimo aba-agents b’impano, abatunganya filime bakomeye [producers], abayobozi ba filime n’abandi.

Uwabonye aya mahirwe aba ahawe rugari ngo yigaragaze, ndetse bimufungurire amarembo amenyekane ku rwego mpuzamahanga no ku isi yose muri rusange.

Abantu bahiriwe no kunyura muri ‘European Shooting Stars’, barimo Umwongerezakazi Michaela Coel uheruka kugaragara muri ‘Black Panther: Wakanda Forever’ yitwa Aneka, Umutaliyani Luca Marinelli, Umunya-Suède Alica Vikander umaze kubaka izina mu buryo bukomeye n’abandi benshi.

‘Berlin International Film Festival’ izaberamo iki gikorwa, uyu mwaka izaba muri Gashyantare 2023. Izatangira guhera ku wa 16 kugeza ku wa 26 uko kwezi.

Kayije Kagame yahawe aya mahirwe kuba mu bakinnyi ba filime 10 bagaragaye kuri uru rutonde, nyuma yo gukina mu yitwa ‘Saint Omer’ ya Alice Diop imara amasaha abiri n’iminota ibiri.

Muri iyi filime, Kayije Kagame akina yitwa Rama. Aba ari umwanditsi w'ibitabo utwite witabiriye urubanza rwa Laurence Coly, umugore wo muri Senegal ushinjwa kwica umwana we w'amezi 15 akamusiga ku mucanga kugira ngo atwarwe n'umuraba.

Aba yagiye muri uru rubanza kugira ngo azabone uko abara inkuru ya nyayo y’ibyabaye.

Iyi filime ishingiye ku nkuru nyayo y’urubanza rwabereye mu Bufaransa mu 2016 rwa Fabienne Kabou, wahamwe n'icyaha nk’iki. Alice Diop wayoboye akanagira uruhare mu kwandika iyi film, yari yitabiriye uru rubanza rwa Kabou.

Kayije mu mwaka ushize mu Bufaransa yahawe igihembo gitangwa na Académie des Arts et Techniques du Cinéma, kizwi nka Césars. Iki yagihawe nk’umukinnyi utanga icyizere mu mwaka wa 2023.

Saint Omer yakinwemo na Kayije Kagame muri Amerika yahajegeje…

‘Saint Omer’ iheruka kwerekanwa muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku wa 13 Mutarama 2023.

Iyi filime kuva yakerekanwa yakiriwe neza muri iki gihugu cy’igihangange ku isi by’umwihariko muri sinema, cyane ko uruganda rwayo rutazirwa izina rwa Hollywood ruri mu za mbere zubahwa cyane ku isi.

Iyi filime iheruka kwegukana igihembo yahawe n’akanama nkemurampaka cyatanzwe muri Palm Springs International Film Festival (PSIFF). Iri serukiramuco riri mu yakomeye muri Amerika ryabaga ku nshuro ya 34.

Akanama nkemurampaka kavuze ko Alice Diop wanditse akanayobora iyi filime, ari umuntu wabashije kugaragaza ibintu bitandukanye ku mwiraburakazi ku Bufaransa bw’ubu.

Kagaragaje ko yabashije gukinisha neza Kayije Kagame na Guslagie Malanga bakina ari abakinnyi b’imena.

Muri Cannes Film Festival ibera mu Bufaransa umwaka ushize iri muri filime z’icyubahiro, ndetse muri Venice International Film Festival uwo mwaka nabwo ihabwa igihembo nyamukuru n’akanama nkemurampaka.

Amaso ahanzwe ‘Oscars’

Kuva ‘Saint Omer’ yajya hanze muri Amerika, ibinyamakuru bikomeye muri icyo gihugu byayisamiye hejuru bimwe biha ibiganiro Alice Diop wayikoze.

Ibinyamakuru byayanditseho harimo nka TheWrap, The New York Times, Variety, Rolling Stone, Deadline Hollywood, Vogue, The New Yorker. Byose icyo bihurizaho ni uko yakinanywe ubuhanga ndetse bimwe bigera kuri Kayije Kagame ukinamo yitwa Rama bikamutindaho bivuga ko afite impano ntagereranywa.

Iyi filime iri muri filime mpuzamahanga zatanzwe zizatoranywamo izizahatana mu bihembo bya  Academy Awards cyangwa se Oscars, bizatangirwa muri Amerika muri Werurwe.

Filime zizahatanira ibihembo ku nshuro ya 95 muri Oscars zishobora kugaragaramo n’iyi ya ‘Saint Omer’ yakinnyemo Kayije Kagame, zizamenyekana ku wa 24 Gashyantare 2023.

Ikinyamakuru Rolling Stone cyanditse inkuru cyahaye umutwe ugira uti ‘‘Saint Omer’ Is an Unforgettable Film That Deserves Oscars Attention’’ mu rurimi rw’Ikinyarwanda bishatse kugaragaza ko iyi filime idakwiriye kurenzwa ingohe mu bihembo bya Oscars kubera ubwiza ntagereranywa bwayo.

Bigaragara ko iyi filime yakunzwe muri Amerika ishobora kugira amahirwe igahatana muri ibi bihembo, bikomeye ku isi muri sinema.

Kayije Kagame ni umwe mu bakinnyi b'imena b'iyi filime Alice Diop wagize uruhare mu iyandikwa n'iyoborwa ry'iyi filime akomoka muri Senegal ariko aba mu BufaransaGuslagie Malanda ukina muri iyi filime ari umubyeyi wataye umwana we 

REBA AGACE GATO KA 'SAINT OMER' FILIME IGARAGARAMO UMUNYARWANDAKAZI IRI KUBICA MURI AMERIKA

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND