RFL
Kigali

Uri urutare rwanjye mukundwa: Mimi yakomeje Meddy wahishuye ko amaze amezi arira

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:14/01/2023 23:40
3


Mimi Mehfira yifatanije n’umugabo we Meddy wavuze ku bihe bikomeye amazemo iminsi ahanini bishingiye ku kubura Mama we ari nabyo byatumye akora indirimbo nshya yashyize hanze yise ‘Grateful’.



Mu masaha macye ashize ni bwo Meddy yashyize hanze indirimbo nshya yishimiwe cyane dore ko yari amaze igihe kinini adashyira hanze indirimbo hanze kuko mu bihe yiteguraga kugira iyo yashyira hanze umubyeyi we yararwaye aza no kwitaba Imana kuwa 14 Kanama 2022.

Ni ibintu bigoranye kubyakira cyane nk'uko Meddy yabikomojeho na cyane ko atari ahari mu bihe bye bya nyuma. Hari ubwo umuntu agira ikibazo, ugasa nuhugira mu bindi bikarangira bitakigukundiye na cyane ko hagati y'u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika harimo intera nini.

Ubwo Meddy yashyiraga hanze ubutumwa burebure agaruka ku buryo amaze amezi menshi arira buri munsi, Mimi yahise anyura mu nyunganizi "Comment" aramuhumuriza mu magambo meza agira ati: ”Uri urutare rwanjye mukundwa reka urumuri rwawe rukomeze kumurika.”

Ni amagambo meza koko akwiye ugereranije n'akababaro gakomeye kashenguye umutima wa Meddy nubwo muri byose ishimwe ku Mana akomeza kurigira intwaro dore ko ari yo imenya byose.

Mu butumwa yashyize hanze, Meddy yatangiye agira ati:”Amezi macye ashize yari amezi yankomereye mu buzima. Byinshi byabaye mu buzima bwanjye ariko icyo nize ni uko icy’ingenzi ari cyo wubakiyeho ubuzima bwawe. 

Kuko hari iminsi y’ikibi kandi twese tugomba kunyuramo. Ntababebeshye ubuzima bwanjye bwarahunganye kugera mu ndiba.”

Avuga ko Imana yonyine ariyo yamunyujije mu bihe bikomeye amazemo iminsi ati: ”Icyo nari nishyingikirije cyonyine ni Imana, umugore wanjye ni we muhamya, yambonye nyura mu bubare bukomeye bw’ubuzima bwanjye ambera umwunganizi mwiza. 

Narariraga buri munsi mu mezi menshi ariko na none ni ko buri munsi ukwizera kwanjye kwazamukaga.”

Yavuze ko kubera kuyizera yari azi ko azongera agatora agatege ati:”Nari mbizi ko igihe kizagera nkongera gukomera nkahinduka nkaba umugabo mwiza rimwe na rimwe turebe uruhande ruto rw’ubuzima bwacu ariko hari uruhande runini rufite igisobanuro kigari n’intego, rero ntuzategereze kubabara ngo ubone kubibona.”

Avuga ko icyo wabasha gukora ufite kugikora udategereje kandi ahamya ko Yesu ari umwami. Yanaboneraho gushima ahereye ku mugore we n’umwana ati:”Buri munsi duhabwa amahirwe kandi ayawe wasanga ari none rero bavandimwe Yesu ni urutare, ntewe ishema n’impano zanjye ebyiri Mimi na Myla.”

Ashimira n’abamukunda n’abamufasha mu muziki we ati:”Kandi ntewe ishema n’umuryango wanjye, ntewe ishema namwe mwabanye nanjye mu rugendo rw’umuziki wanjye muri ab'ingenzi, ishimwe rikomeye kuri Licky, Innocente. Thiery na IMC Band.”

KANDA HANO UNUMVE 'GRATEFUL' YA MEDDY

">

Meddy yakomoje ku gahinda gakomeye yatewe no kubura umubyeyi kanashibutseho indirimbo ye nshya 'Grateful'Meddy yavuze ko Mimi yamubereye imfura mu bihe bitari byoroshye undi na we yongera kumukomeza 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Clemantine1 year ago
    Ihangane imbere y,imana ntabidashoboka bizashira usubirane ibyishimo kubera imana ndagukunda cyane
  • Ruth mutesi 1 year ago
    M&M muraho neza . Nkunda couple yanyu cyanee. Meddy ntabwo impano ufite mubuzi ari 2 gusa . Umwana numukunzi wawe ahubwo ibuka 2 ufite byanabaye inzira yuko nizo 2 uvuga mubuzima uzifite. 1 nkwibutsa uracyahumeka nimpano ikomeye tugenerwa n'Imana gusa bidaturutse kumahitamo yacu. 2: ufite nijwi ryiza yaguha ukoresha ugahumurizwa kuko ushize hanze icyo warufite kumitima ndetse nimiti yabenshyi batari bacyeya ugahumurizwa. Ndakwifuriza gukomeza kuba intwari nibyanga mugayo ndetse numugore wawe mwiza ndabifuza kuba infura nabana banyu bazabasoromeho byinshi byubutwari kugeza Yesu christo umwani wacu agarutse. Keep pushing don't give up.
  • Niyikora Nazare1 year ago
    komera kandi wihangane abawe turagushyigikiye agahinda kazashira coz you're together with your two gifts from your God, Jesus continues to be by your side.you're the rock really, please enjoy with your remained family, may God bless you.





Inyarwanda BACKGROUND