RFL
Kigali

Kicukiro: Abanyeshuri ba TSS biteguye kwiteza imbere binyuze mu bumenyi bungutse mu ishuri

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:15/01/2023 0:06
0


Byagaragaye ko abanyeshuri benshi bava ku ntebe y’ishuri aho kubyaza umusaruro ibyo bize, bakagenda bakabyicarana, ndetse ababyeyi bakagumana umutwaro wo gukomeza kubitaho kandi baramaze kugira imyaka y’ubukure.



Ababyeyi bashimishwa no kubona abana babo babayeho neza. Niyo mpamvu benshi bigomwa byinshi ku buzima bwabo kugira bategure ahazaza h’abana babo bakabajyana mu mashuri. Ariko biryoha kurushaho iyo abo bana batanze umusaruro yaba mu byo biga cyangwa nyuma yo kwiga.

Si ibyo gusa kuko abenshi bavuga ko umubare munini w’abana bananira ababyeyi ndetse n’igihugu, bipfira mu miryango nkuko bivugwa ko umwana apfa mu iterura. 

Iyo uganirije imiryango imwe n’imwe ivuga ko kunanirana kw’abana bamwe na bamwe bitangira baramaze gukura ndetse no kubahana bitacyoroshye ku babyeyi kuko baba bumva baramaze gukura. Ababyeyi baba bifuza ko bagira umuryango mwiza ufite indangagaciro zubahirizwa kandi n’abana bakabigira ibyabo.

Kuwa Gatatu taliki 10 mutarama 2023 nyuma y’igikorwa cyabereye muri IPRC Kicukiro cyo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, twaganiriye na bamwe mu banyeshuri bahigira mu kigo cya TSS (Technical Secondary School).

Batubwiye ko kimwe mu bituma bamwe muri bo biyahuza ibiyobyabwenge harimo kuva ku ntebe y’ishuri bakabura imirimo, bakiyumva nk’imburamukoro mu bandi, maze bakanywa ibiyobyabwenge nk’igisubizo kibagabaniriza kwiheba n’agahinda.


Abanyeshuri bigira mukigo cya TSS/IPRC Kicukiro

Nyuma y'uko bahawe impanuro no kwigishwa ko urubyiruko ari bo mbaraga z’igihugu, babwiye inyaRwanda ko bagiye guhindura imyumvire bakigisha na bagenzi babo ku buryo bazava ku ntebe y’ishuri bashyira mu bikorwa ibyo bize kandi bakaba aba mbere mu kwihangira imirimo, bakazamura imiryango yabo.

Bamwe mu bahagarariye abandi banyeshuri ubwo twababazaga uko bazitwara nyuma yuko bavuye ku ntebe y’ishuri mu bijyanye n’ubukungu, bagize bati “Twabonye ishusho mbi umwana asigarana iyo yangije ahazaza he. Twe twarigishijwe kandi tuzavamo abantu b’abagabo bakomeye ku gihugu n’imiryango yacu.

Uwahagarariye igitsinagore yagize ati “Ntitugomba gusigara mu iterambere ngo twumve ko tuzishingikiriza ku bagabo, ahubwo natwe turashoboye.”

Uhagarariye abakobwa biga muri TSS

Ukuriye abanyeshuri muri rusange yagize ati “Tuzagaragaza itandukaniro mu guteza imbere igihugu cyacu natwe ubwacu ndetse n’abazadukomokaho.”

Umunyeshuri wiga muri TSS/IPRC Kicukiro

Dr Ndagijimana Jean Pierre (Senior clinician), Umuganga w'ibikomere byo mu mutima muri SOLID Minds, ubwo yaganiriza aba bana yabashishikarije kunyurwa n'abo bari bo, bakamenya urwego barimo n'ibyiza bibakwiriye akaba ari nabyo bahitamo kuko benshi bifuza kugera ku bukungu ariko ntibatekereze ko igishoro cya mbere ari umutwe wabo n’amahitamo meza bagira.


Dr Ndagijimana Jean Pierre ubwo yigishaga abana kwiga gukora bakiri bato

Yagize ati “Nakuriye mu muryango ukennye no kubona uko njya kwiga bigoye ni bwo nabonye amahirwe njya kwiga. Ariko natinyaga kugaragara uko ntari cyangwa ngo nifuze ibya mirenge ntafite.

Ahubwo nihaye intego ko ngomba kubyaza umusaruro amahirwe mbonye nkazaba umuntu ukomeye. None ubu ndi umuganga ukomeye, nahoze nifuza kuba we ndi muto. Byose nabigezeho kubera intego".

 

AMAFOTO-Iradukunda jean de dieu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND