RFL
Kigali

Urupfu rwa Byishimo Pamella waririmbaga muri Healing Worship rwashenguye benshi

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:9/01/2023 14:51
0


Byishimo Pamella wari umwe mu bagize itsinda ry’abaririmbyi rya Healing Worship Team, rimaze kuba inganzamarumbu mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yitabye Imana.



Mu butumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’iri tsinda, bagaragaje ko batewe agahinda gakomeye n’urupfu rwa Byishimo Pamella bati: “Imitima yacu itewe agahinda no kubura umwe mu baririmbyi bacu Byishimo Pamella, imitima yacu yuzuye ishavu kubwo kumva iyi nkuru y’incamugongo.”

Gusa batangaza ko igihe bagiranye na we kizatuma iteka ahorana nabo, bati: “Nyuma y’amarira icyo dufite kidutera ibyishimo ni ibihe twagiranye n’umukundwa wacu watuvuyemo, ibi nibyo bituma azahora iteka mu mitima yacu n’intekerezo zacu kandi azakomeza kubaho binyuze muri twe dukomere.”

Baboneraho kandi kwihanganisha umuryango we bati: “Kandi tuboneyeho umwanya wo kwihanganisha umuryango wawe, ukomere kandi roho y’umuririmbyi wacu Byishimo Pamella iruhukire mu mahoro.”

Nta makuru y’icyateye urupfu rw’uyu mukobwa bigaragara ko yarakiri muto, batangaje.

Byishimo Pamella Imana imwakire mu bayo.Yari akiri muto Yari umwe mu baramyi bezaUrupfu rwe rwashegeshe imitima ya benshi barimo abo bari bahuriye muri Healing Worship Team






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND