Uyu Mushumba w'Itorero Zion Temple Celebration Center ku Isi, yahanuye mu rucyerera rwo kuri iki Cyumweru
tariki 1 Mutarama 2023, nyuma y’amasaha arenga 11 n’iminota 29’ Abakristu ba
Zion Temple bateraniye mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena mu masengesho y’amacyesha
yiswe “Cross Over " yambukiranyije umwaka.
Yitabiriwe n’abarenga ibihumbi bitandatu biganjemo
urubyiruko. Harimo abayobozi b’amatorero atandukanye ya Zion Temple n’abandi
bakorera umurimo w’Imana mu bihugu by’amahanga nka Pasiteri Claudine wo muri
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bishop Leonard, Apotre Domitille wo mu Mujyi wa
Ottawa muri Canada [Gitwaza yavutse Domitille akora umurimo w'Imana] n’abandi.
Yari yubakiye ku ijambo riboneka muri Bibiliya muri
Zaburi ya 90 umurogo 15, hagira hati 'Utwishimishe ibyishimo bingana n'iminsi
watubabarijemo n'imyaka twabonyemo ibyago."
Mu ijambo rifungura aya masengesho, Gitwaza yavuze ko
ari amahirwe adasanzwe Abanyarwanda babonye yo gushimira Imana, kuko imyaka
ibiri yari ishize badaterana gutya kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi, kuva mu myaka ibiri ishize.
Ati "Navuga ko ari amahirwe akomeye cyane nyuma
y'imyaka ibiri tudaterana gutya, Imana yongeye kutugirira ubuntu."
Intumwa y'Imana yavuze ko ari umunezero udasanzwe ku
muryango we, ku giti cye ndetse no ku Itorero mu rusange kuba babashije gutegura aya materaniro, kugira ngo 'Abanyarwanda twese dutarame' mu gusoza umwaka wa 2022.
Yavuze ko n'ubwo hari abinjiye muri BK Arena ariko
hari abandi bari hanze babuze uko binjira. Ndetse, hari abari basabye ko bategurirwa
inyakiramashusho (Televiziyo) mu Gatenga aho Zion Temple ikorera, kugira ngo barebe neza aya materaniro.
Gitwaza yavuze ko uyu mwaka wa 2023 wiswe 'uwo
gusimbura'. Yifurije Umwaka Mushya Muhire amashami yose ya Zion Temple ku Isi. Ati
"Umwaka Mushya Muhire Bene Data."
Yagarutse ku bintu 12 bizaba muri uyu mwaka. Harimo
nka 'Kudindira kugiye gusimburwa
n'umuvuduko w'iterambere'. Kuri iyi ngingo yavuze ko Imana igiye
'kugusimbutsa aho utari waranyuze'.
Gusubira
inyuma kwa benshi kugiye gusimburwa no kubyuka k'umwuka: Avuga
kuri iyi ngingo yavuze ko Imana igiye kongera kubyutsa impano iri muri buri umwe kugira ngo zikangure n'iz'abandi. Ati “Mwese impano z'Imana zigiye kwaka."
Ubwoba bugiye gusimbuzwa no kwizera: Yasabye Abakristu kwakira kwizera muri bo, kugira ngo babashe kurenga aho batatekerezaga.
Ni
ukwizera avuga ko kuzanesha satani, kukagukemurira ibibazo. Ati "Imana
imaze umwuka w'ubwoba muri wowe."
Apotre Gitwaza yigisha Ijambo ry'Imana ananyuzamo
akaririmba. Yashimye buri wese witabiriye umugoroba w'aya masengesho
Kwamburwa
bigiye gusimburwa no kugarurirwa: Yabajije niba hari umuntu
utarigera wamburwa, abasaba kuzamura amaboko. Nawe avuga ko yambuwe mu bihe bitandukanye.
Yavuze ko bitewe n'ibibazo bihari, umuntu aguza mugenzi
we akwizeza ko azakwishyura bidatinze ariko bikarangira akwambuye.
Gitwaza avuga ko hari abatakwambura ahubwo wowe wenyine urinyaga, birimo nko gukoresha nabi ibyo Imana yaguhaye ugasanga usubiye mu madeni.
Ati "Bavandimwe umwuka wo kwamburwa Imana iwugukuyeho." Ari
kuri iyi ngingo, yasabye Imana guhagarika intambara mu Karere, ikazana amahoro
n'ituze mu bantu.
Gusharira
ko mu mutima kugiye gusimburwa n'amashimwe: Avuga kuri iyi
ngingo yavuze ko amashimwe agiye kuba menshi muri benshi. Avuga ko ibikomere byo
gutabwa, iby'inzara, ubukene n'ibindi bigiye kurangira muri uyu mwaka wa 2023.
Gutakarizwa
icyizere bigiye gusimbuzwa n'izina ryiza: Yavuze ko Imana
igiye kugarura izina ryiza 'ryari ryarangiritse hano hanze'. Yatanze urugero
avuga ko hari abantu bazi ko 'uri umuntu mubi' nyamara muri wowe uri umuntu
mwiza.
Ati "Ni ukuri reka nkubwire izina ryawe ryiza
rigiye kugaruka." Yavuze ko ntacyo uzabikoraho ahubwo Imana yonyine
izagenda ibyikorera.
Ubuzima
budasenga bugiye gusimburwa n'umwuka w'amasengesho.
Gitwaza yavuze ko muri uyu mwaka mu ngo nyinshi hagiye kubaho ibicaniro
by'amasengesho. Ati "Imana igiye kumanura umwuka wo gusenga mu ngo."
Ubuzima
bwo kwiheba bugiye gusimbuzwa n'umwuka wo guhimbaza no kuramya: Gitwaza
yavuze ko bibaho ko umuntu aruha umutima wo kuramya no guhimbaza bikamuvamo,
ugasanga asigaranye indirimbo
z'amanyaga. Yavuze ko nta kongera gushakisha, ahubwo ibyiza bizaza mu muntu. Avuga
ko uzashima Imana mu bibi no mu byiza.
Umwuka
wo kuma mu mwuka ugiye gusimbuzwa n'umuriro w'ivugabutumwa: Intumwa
y'Imana avuga ko umwuka wo kuma mu mwuka utera cyane cyane abakozi b'Imana.
Gusa ngo nta muntu udatera. Gitwaza avuga ko uyu mwuka uzaba umwuka
w'ivugabutumwa kurusha indi yose.
Mu gihe cyo guhanura, Gitwaza yavuze ko Imana
yamubwiye ko urubyiruko ruzakizwa cyane muri uyu mwaka. Kuri we, avuga ko uyu
mwaka uzaba uw'urubyiruko.
Yanavuze ko mu bari bitabiriye iri torero harimo
babiri bazaba aba Minisitiri, ashimangira ko hari ukuboko kwiza ku bwoko bw'Imana.
Ariko asaba aba bazazamurwa mu ntera, gukomeza gukorera Imana no guca bugufi.
Gitwaza yanasengeye Ngoga ufite ikipe y'amagare,
amubwira ko ikipe ye izahiga izindi muri shampiyona. Yanamubwiye ko
bitazagarukira ku ikipe, ahubwo no mu marushanwa Mpuzamahanga.
Yavuze ko muri we, adakunda igare, atazi kuritwara,
ariko biramutunguye uburyo Imana yamweretse ibijyanye n'igare.
Gitwaza yanasengeye umusore ukina muri 'Academy'
amubwira ko azagurwa amafaranga menshi, harimo undi ukina Bugesera FC, Muhinda
Brian.
Aha yavuze ko mu 1996, ubwo yari mu Bugesera, Imana
yamubwiye umusore uzahava akina umupira kandi akazakomera ku rwego rukomeye.
Mu bandi bakinnyi yasengeye harimo umukinnyi wa Gasogi
United, n'umukobwa ukina Basketball.
Gitwaza yasabye buri wese kwizera amateka agahinduka, u
Rwanda rukazabasha kwitabira igikombe cy’Isi. Ati "Reka twemezanya, turema amateka u
Rwanda ruzagera mu gikombe cy'Isi. Sibyo? Tureme ayo mateka, dufite imbaraga
hano zo kuyarema..."
Ubwo yavugaga ibi yakiriye ku rubyiniro abakinnyi
barimo Adolphe Hakizimana, umunyezamu wa Rayon Sports, n'umunyezamu wa Kiyovu
Sports. Ati "Nta bitego by'umwanzi bizongera kwinjira mu buzima
bwacu."
Hari kandi Ngabonziza Pacifique ukina Police Fc. Gitwaza
yavuze ko ubuzima bw'aba bombi bugiye guhinduka.
Yabujije aba bakinnyi kujya mu bapfumu nk'uko abandi
babikora. Yavuze ko amasengesho azafasha aba kujya bagurwa nk'amafaranga angana
n'ayo Messi bamugura. 
Gitwaza ko yavuze ko mu bari bitabiriye iri torero
harimo babiri bazaba aba Minisitiri
Gitwaza yavuze uko konti ya Facebook y'umuhungu we
[Elyse Gitwaza] yinjiriwe 
Gitwaza yavuze ku mukecuru Nyiramandwa Rachel uherutse
kwitaba Imana ku myaka 110. Avuga ko yarinze yitahira kwa Jambo, yariyeguriye Imana 
Gitwaza yashimye Imana....Avuga ko uyu mwaka uzaba udasanzwe 
Gitwaza agezemo hagati yasengeye uwari wifitemo umwuka wo kwiyahura....Bamusize amavuta... ati 'Baho' 
Gitwaza yavuze ko hari umuntu wari umaze igihe kinini atwita inda zivamo, yamusize amavuta avuga ko
azabyara neza bidatinze. Ati "Mu izina rya Yesu inda ntizongere
kuvamo." Umwana wa mbere w'umuhungu uzamwita Musimbura.' 
Gitwaza yasabye Imana kwibuka buri wese muri uyu
mwaka... Imibereho ihinduke... ibibi bisimburwe n'ibyiza.. Umuvumo usimburwe
n'umugisha.. Imana iguhe ibyishimo bingana n'amarira warize 
Gitwaza yasabiye abakristu guhirwa n'ubuzima.... aho
bazahura bazabe abanyamugisha.. inzozi zabo zizabe umumaro... bakore Imirimo
ifasha abandi

Gitwaza yavuze ko agakiza ari keza, bigaragarira mu
basore, inkumi n'abubatse baraye ijoro bahimbaza Imana

Gitwaza ati "Urukundo ruzaguhobera.... Umunezero
uzabe inshuti yawe.... Yifuriza Abanyarwanda n'abakristu ba Zion Temple umwaka Mushya Muhire wa 2023 
Gitwaza ati 'Nshobora gushidikanya ko uyu atari
Mushiki wanjye ariko nsinshobora gushidikanya ko nakijijwe." 
Gitwaza avuga ko 'igihe kimwe tuzareba Yesu... Tuzamureba
ntituzamuhaga...." 
Gitwaza yavuze ko yasabye Imana kuzamugira umuhereza
wayo mu Bwami bwayo. Ati "Naravuze nti ndashaka kuba umuhereza mu Bwami
bwawe... Kandi birashoboka ko yanyemereye." 
Gitwaza ati "Inshuti ni Yesu." .... Nta
munsi n'umwe Yesu aza kuvuga nabi 
Gitwaza yavuze ko 'ibyago cyangwa ibigeragezo wanyuzemo
ntabwo byatunguye Imana...." 
Intuma y'Imana yavuze ko hari amasengesho usenga
woroheje agasubizwa, andi ugasengana umutima ushaka ariko ntasubizwe 
Gitwaza yavuze uko mu minsi ishize umudozi we yibagiwe gukura 'akadodo' (Urudodo) ku mwenda we, abantu baramwandikira kugera muri Australia
bamubwira uko hari akadodo kari ku mwenda we 
Gitwaza avuga ko kuba umusitari ari bibi... Avuga ko kumenyekana bisaba kubaho wigengesera



Abakinnyi b'umupira w'amaguru bakuyemo inkweto Gitwaza abasiga amavuta

Gitwaza yabwiye Ngoga ufite ikipe y'amagare ko igiye gukomera ku rwego Mpuzamahanga 
Gitwaza yavuze ko muri uyu mwaka hagiye kubaho
impinduka mu buzima bwa benshi no ku Isi yose muri rusange


Gitwaza yafashe ifoto n'abakinnyi b'umupira barimo uwa Rayon Sports, Police Fc, Gasogi United n'abandi

KANDA HANO UREBE UKO AYA MATERANIRO YISWE 'CROSS OVER' YAGENZE
">
KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI
AMAFOTO: Serge Ngabo-INYARWANDA.COM
