Rocky, Alyn Sano na Oda Paccy begukanye ibihembo bya Karisimbi; Afrique asusurutsa abitabiriye-AMAFOTO

Imyidagaduro - 26/12/2022 8:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Rocky, Alyn Sano na Oda Paccy begukanye ibihembo bya Karisimbi; Afrique asusurutsa abitabiriye-AMAFOTO

Sosiyete ya Karisimbi Events yatanze ibihembo bishimira abantu batandukanye mu myidagaduro, bitwaye neza mu 2022 mu birori byitabiriwe n’abambaye imyenda y’imyeru bikaririmbamo Afrique.

Ni ibirori byabaye kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022. Abantu batandukanye bari babukereye baje kwizihiza umunsi w’ivuka rya Yezu/Yesu ari nako benshi bari barimbye mu myambaro yiganjemo amabara y’umweru.

Byayobowe na MC Nario uzwi cyane mu itangazamakuru ry’imyidagaduro nk’umushyushyarugamba n’umunyamakuru wakoreye ibitangazamakuru birimo na Flash TV.

Deelax The DJ na DJ Alvin nibo bavanze imiziki yacuranzwe muri iri tangwa ry’ibi bihembo, mu gihe umuhanzi Kayigire Josue wamenyekanye nka Afrique yasusurukije abitabiriye iki gikorwa afatanyije na Uwizeyimana Hamissi [Malizuku].

Afrique washyize akadomo kuri ibi birori yaririmbye indirimbo zitandukanye zashimishije benshi zirimo 'Agatunda', 'Rompe', 'My Boo' n'izindi ze zigezweho. 

Mugenzi we Malizuku uri mu bahanzi bakizamuka we yaririmbye indirimbo ze ziganjemo iztaramenyekana mu mitwe y'abantu zirimo iyitwa 'Feel' aheruka gushyira hanze.

Uko ibihembo byatanzwe

-Umunyamakuru w’imyidagaduro w’umwaka: Iradukunda Moses/RBA

-Umukinnyi wa filime w’umwaka: Clarisse Umugeni. Uyu yanditse  filime zirimo ‘Umukobwa Samantha’ akaba umwe mu bayobozi ba filime muri Citymaid

-Itsinda ribyina Kinyarwanda ry’umwaka ryaka ryabaye Inkerabirori

-Umukobwa wagaragaye mu mashusho y’indirimbo wigaragaje mu 2022: Kundwa Agasaro Shadia [Shaddy]. Uyu agaragara mu mashusho y’indirimbo "Umuana" ya Kevin Kade

-Umuririmbyi mwiza wa Karaoke mwiza w’umugore: Ange Mutsu

- Umuririmbyi mwiza wa Karaoke mwiza w’umugabo: Serge Dior

-Uwamenyekanishije ibihangano w’umwaka: Patrick Promoter

-Uvuga rikijyana kuri Youtube: Djihad

-Uwateguye ibirori agahiga abandi mu 2022: Nickita & Djarila

-Umunyamakurukazi mwiza w’imyidagaduro mu 2022: Kawera Jeannette/ The New Times

-Umushyushyarugamba w’umwaka: Mc Brian

-Umuhanzikazi w’umwaka: Alyn Sano

-Umuraperi w’ibihe byose: Oda Paccy

-Inzu yo kwidagaduriramo yahize izindi: Shooters Lounge

-Umusobanuzi wa filime w’umwaka: Rocky Kirabiranya

Ibi bihembo byatangiye gutangwa mu 2018 byitwa Made In Rwanda Awards. Haje kongerwamo ibindi birimo Service Excellence Award, Consumers Choice Award, KIMFEST Awards & Fashion Show, Karisimbi Entertainment Award n’ibirori bihuza abafana n’ibyamamare byiswe Fans Hangout Party.

Karisimbi Ent Awards 2022 iri mu rwego rwo gushimira abari mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda no mu karere ruherereyemo. Abashimirwa barimo abahanzi, abanyamakuru, aba Dj, abakora Karaoke n’abandi.

Uretse indirimbo zacuranzwe n’abahanzi baririmbye hanamuritswe imideli mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uru ruganda.


Malizuku yasusurukije abitabiriye ibi birori 


Abantu batandukanye bari babukereye 


Umunyamakuru Iradukunda Moses yegukanye igihembo cy'umunyamakuru mwiza w'imyidagaduro w'umwaka w'umugabo


Clarisse Umugeni usanzwe uzwi muri sinema yegukanye igihembo cy'umugore witwaye neza 



Rocky Kirabiranye yabaye umusobanuzi w'umwaka wa 2022 avuga ko abitse ibikombe byinshi ku buryo kubibara bimugora 


Nicki & Djarila begukanye igihembo cy'abahize abandi mu gutegura ibirori mu 2022


Sunday Justin uri mu bagize uruhare mu itegurwa ry'iki gikorwa yari yabukereye 


Djihad yatwaye igihembo cy'uvuga rikijyana kuri Youtube

Abafata amafoto bari bahawe rugari 

Inzoga zari zihari ku bwinshi 

Kamaro ni umwe mu bitabiriye ibi birori 

Patrick Promoter uri iburyo yatwaye igihembo cy'uwatanze umusanzu mu kuzamura impano mu 2022 

MC  Nario niwe wayoboye ibirori byo gutanga ibi bihembo 

Shaddy yahize abandi mu kwitwara neza mu mashusho y'indirimbo 

Djihad na Isimbi Model bari bahuje urugwiro 

Umuhanzi Mugunga Christian aha igihembo Inkerabirori Troupe yahize abandi mu  matsinda abyina gakondo 


Mugunga ubwo yatangazaga uwegukanye igihembo yatanze 


Imyambarire ya Ella yatunguranye muri ibi birori 


Isimbi Model na Miss Biggie bafatana ifoto nka bamwe mu bari bambaye neza muri ibi birori 


Ange Mutsu yabaye umuririmbyikazi wa Karaoke w'umwaka 


Uyu musore yishimiwe nk'umwe mu banyempano mu kuririmba. Yasabye guhabwa umwanya awuhawe aririmba indirimbo zirimo 'Peace of Mind' ya Shemi, 'Gusaakaara' ya nyakwigendera Buravan n'izindi


Serge Dior yatwaye igihembo cy'umuririmbyi mwiza w'umwaka wa Karaoke w'umugabo 


Alyn Sano yabaye umuhanzikazi w'umwaka 


Shooters Lounge yabaye ahantu ho gusohokera hahize ahandi muri Kigali 


Afrique yasusurukije abitabiriye 






AMAFOTO-Ndayishimiye Nathanael


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...