RFL
Kigali

Abarimo Umutoni batorewe guhagararira urubyiruko muri EALA, Miss Phiona ntiyahirwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/12/2022 20:37
0


Umutoni Ange wahataniye ikamba rya Miss Career Africa 2019 ari muri batatu batorewe kuzavamo umwe uzahagararira urubyiruko rw’u Rwanda mu Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afrurika y’Iburasirazuba (EALA).



Byatangajwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 5 Ukuboza 2022 mu matora yabereye mu cyumba (Salle) y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro  n’Amahoro (RRA), kuva saa yine za mu gitondo kugeza saa kumi z’umugoroba.

Biteganyijwe ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Rwanda izashyikiriza Inteko Ishinga Amategeko y’ u Rwanda urutonde rw’aba bakandida batatu batsinze hanyuma bahitemo umwe uzaba Depite ahagarariye urubyiruko  muri EALA.

Abari bahataniye uyu mwanya bari 36. Inteko itora yari igizwe n’abantu barenga 255. Byageze ahagana saa tanu kimwe cya kabiri cy’abemerewe gutora ubwo ni ukuvuga 128, bahageze amatora ahita atangira.

Amabwiriza avuga ko amajwi abarurwa mu ruhame ako kanya abagize inteko itora bamaze gutora. Niko byagenze.

Abatsinze ni Iradukunda  Alodie ufite amajwi 132, Mugesera Sam ufite amajwi 57 na Umutoni  Ange ufite amajwi 46. Ni mu gihe Umwiza Phiona yabuze amahirwe, kuko yaje ku mwanya wa kane n’amajwi 34.

Nyuma yo gutorwa, Iradukunda  Alodie yashimye Inteko itora ‘kuba yatugiriye icyizere’, ashima n’abamushyigikiye. Ati “Ngomba kubegera ndetse na bagenzi banjye mwagiriye icyizere. Icyo nabizeza ni uko turi kumwe. Kandi murakoze cyane ku cyizere mutugiriye. Murakoze cyane”.

Uyu mukobwa avuga ko aramutse abaye Depite ahagararira urubyiruko muri EALA yarufasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo; urubyiruko nk'abafatanyabikorwa aho kuba abagenerwabikorwa, koroherezwa kubona amakuru, gukoresha amahirwe yose ahari.

Aba batsinze bavuye muri 36 barimo nka Gatabazi Davis, Icyingenzi Gerard, Imanarabaruta Honore [Yabaye Umukandida mu ba Depite b’u Rwanda, avuga ko yiyamamaje habura gato ngo abe na Visi-Mayor], Hakizimana Jean Paul, Usanase Grace, Irafasha Florence, Hakizimana Emmanuel, Mutoni Aline, Ndagijimana Emmanuel;

Mutesi Celine, Muhire Blaise, Mutijimana Olivie, Nkundineza Phocas, Ishimwe Pacifique [Ni Gitifu w’Akagari muri Rubavu], Gatete Theophille, Ngabonziza Chriss Marie [Akora muri Canal Box, yanakoze muri Star Times],Ndibwirende  Valens [Akora cyane mu isesengura mu bitambuka mu ikinamuco Musekeweya], Umuhoza Denyse, Tuyishimire Joseph [Kuri Kandidatire ye yayishyigikiye ‘Harerimana ku bw’imigabo n’imigambi namwumvanye’];

Kankazi Odeta, Kayitare Edouard [Afite Masters muri Science, ], Umutoniwase Alice [Yize mu Bushinwa anayobora Diaspora y’Abanyarwanda], Niyomukiza Honore, Misago Florien [Afite Certificat yakuye muri Korea], Nshimiryayo Jean de Dieu [Asanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari], Ndacyayisenga Theogene n’abandi.

Ubwo yari imbere y’inteko itora, Umwiza Phionah utabashije gukomeza yavuze ko yabaye igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda 2020, anahagararira u Rwanda muri Miss University Africa, aho yabaye igisonga cya Mbere.

Uyu mukobwa yanavuze ko yanashinze Umuryango Ntitubahane Initiative ufasha abana batishoboye n’abandi.

Ange Umutoni wahagarariye urubyiruko mu muryango wa Afrurika y’iburasirazuba nk’ambasaderi w’urubyiruko  ( EAC Youth Ambasador), yavuze ko arajwe ishinga no gufasha urubyiruko kugira amakuru ku mibereho, kubona amakuru ajyanye no gukorera sitaji mu bihugu byo muri EAC, gukangurira urubyiruko rwihatira kujya mu mirimo itandukanye n’ibindi.

Imihigo benshi muri uru rubyiruko bavuze ishingiye ku gukorera ubuvuzi urubyiruko mu mishinga y’ikoranabuhanga, ubuhinzi n’ibindi. Inibanze kandi guhuza urubyiruko rwo muri Afurika y’Iburasirazuba, gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, guteza imbere uburinganire n’ibindi,

Abenshi muri uru rubyiruko bahatanye muri aya matora, basanzwe bafite akazi mu bigo bitandukanye, mu nzego za Leta n’ahandi.

Harimo abafite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu ya Kaminuza [Master’s], abafite icyiciro cya kabiri cya Kaminuza [Bacherol’s Degree] n’abandi.

Mbere yo kwiyamamaza babwiwe ko umukandida atemerewe kwiyamamaza akoresha ruswa, kwirinda imvugo zisebya mugenzi we, gushingira ku ivangura n’amacakubiri, kwiyamamaza mu gihe cyangwa binyuranyije n’amabwiriza, kwiyamamaza yisunze umutwe wa Politiki n’ibindi.

Uhereye ibumoso: Iradukunda Alodie [Ni we wabaye uwa mbere n'amajwi 132], Mugisha Sam [Yabaye uwa kabiri n'amajwi 57] ni mu gihe Umutoni Ange [Yabaye uwa Gatatu n'amajwi 34]


Iradukunda Alodie [Ni we wabaye uwa mbere n'amajwi 132]


Mugisha Sam [Yabaye uwa kabiri n'amajwi 57]


Umutoni Ange wahatanye muri Miss Career Africa 2019 [Yabaye uwa Gatatu n'amajwi 46]

Hakizimana Peter na Uwimana Eugenie, abakozi ba Komisiyo y'Igihugu y'Amatora bifashishijwe mu kubara amajwi y'abatoye kugeza hamenyekanye uwatsinze


Abakandida 36 nibo bahataniraga guhagararira urubyiruko muri EAL

Rutatika Jean de Dieu yabanje kwibutsa abakandida ibyo bemerewe n’ibyo batemerewe mu gihe cyo kwiyamamaza- Ni Umukozi wa Komisiyo y’Amatora, akaba ari nawe wari uhagarariye amatora


Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora Bwana Munyaneza Charles, yitabiriye igikorwa cyo guhitamo abahagarariye urubyiruko

Umwiza Phionah wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2020 ntiyahiriwe n’urugendo rwo guhagarira urubyiruko muri ELA- Yabaye uwa kane




AMAFOTO: Iradukunda Jean de Dieu-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND