Umuhanzi w’umunya Nigeria ukomeje kwigarurira imitima ya benshi, Joe Boy ni we wasoje igitaramo cya Kigali Fiesta cyari mu byari bitegerezanijwe amatsiko.
Kuri uyu wa 03 Ukuboza 2022 ni
bwo abakunzi b’umuziki cyane uw’u Rwanda bahuriye muri Kigali Arena, mu gitaramo
cyateguwe na EAP ku nshuro yacyo ya kabiri, cyiswe Kigali Fiesta.
N’ubwo bwose urubyiruko rwiganjemo
urw’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye na Kaminuza arirwo ruzwiho kwitabira
ibirori kandi rukaba ruri ku ishuri, ntibyabujije abantu kuza mu buryo budateye
ikibazo.
Umuhanzikazi Bwiza wari wateguye yaba
mu myambarire, imiririmbire n’imibyinire niwe winjije abantu mu mavuta maze
akurikirwa na Chriss Eazy, Kenny Sol, Christopher, Element, Bushali na Bruce
Melodie.
Ku isaha ya saa 01:12 ni bwo Anitha
Pendo yahamagaye ku rubyiniro Joe Boy gusa ntiyahita aza, habanza kuvagwa
umuziki mu minota itari mike, gusa mu masaha agana saa 01:40 z’ijoro zo kuwa 04
Ukuboza 2022 ni bwo yageze ku rubyiniro.
Uyu musore wari ufite imbaraga
nyinshi n’ubwo byagaragaraga ko abantu bazi indirimbo ye imwe ‘Alcohol’, ntibyamubujije
gukoresha igihe cyose yari yahawe anavuga ko yishimira kuza mu Rwanda agezemo
bwa kabiri.
Ati:”Nishimiye kongera kuba hano
guhera muri Gashyantare 2020, ndabakunda cyane.” Uko yaririmbaga indirimbo zose
yazituraga inkumi z’i Kigali ati: “Bakobwa beza muri hano mbafitiye impano y’agatangaza.”
Joe Boy yatangiye umuziki mu mwaka wa 2017, mu buryo bw’umwuga. Ni umwe mu bahanzi bafashwa na Mr Eazi, afite imyaka 25 akaba ari mu bahanzi bamaze kwigarurira imitima ya benshi.
TANGA IGITECYEREZO