RFL
Kigali

Joeboy yageze i Kigali ahishura gukorana indirimbo na Bruce Melodie na Ish Kevin-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/12/2022 22:45
0


Umuhanzi w’umunya-Nigeria uri mu bahiriwe n’umuziki muri iki gihe yamaze kugera i Kigali, aho yatangaje ko bamwe mu bahanzi bo mu Rwanda azi barangajwe imbere na Bruce Melodie na Ish Kevin kandi bari mu biganiro biganisha ku gukorana indirimbo.



Yabibwiye itangazamakuru mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 1 Ugushyingo 2022, ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Ategerejwe mu gitaramo gikomeye cyiswe "Kigali Fiesta Live Concert" kizaba ku wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2022 mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena.

Ni ubwa mbere agiye kuharirimbira, kuko muri Gashyantare 2020 yatanze ibyishimo mu gitaramo yakoreye ahazwi nka Camp Kigali. Icyo gihe yari yatumiwe na RG Consult Inc, kuri iyi nshuro agaruwe na East African Promoters.

Umunyamakuru yamubajije niba hari abahanzi bo mu Rwanda azi. Asubiza ko azi cyane umuraperi Ish Kevin ndetse na Bruce Melodie.

Yavuze ko n’ubwo atumva neza ibyo baririmba ariko abakundira uburyo bitwara mu ndirimbo (Ibizwi nka Vibes). Joeboy wakunzwe mu ndirimbo zirimo nka ‘Alcohol’, avuga ko aba baririmbyi bombi bagiranye ibiganiro biganisha ku gukorana indirimbo.

Joeboy ati “Yego! Nanyuzwe na Ish Kevin [Arabishimangira] ndetse na Bruce Melodie. Ntabwo numva neza ibyo aririmba ariko nakunze ‘vibes’ ze. Yego! Ndi mu biganiro nabo.”

Uyu muririmbyi yavuze ko ‘buri gihe nishimira kugaruka mu Rwanda’. Yavuze ko yakunze u Rwanda, ibiryo by’aho, abanyarwanda n’ibindi bituma ahora yumva yagaruka.

Yavuze ko igitaramo cyo ku wa Gatandatu ategerejwe kizasiga ‘urwibutso’ kuko yiteguye bihagije.

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wa InyaRwanda, Joeboy yavuze ko emPawa Africa ya Mr Eazi abarizwamo, ari umuryango wahinduye ubuzima.

Uyu musore agaragaza atabona amagambo yumvikanisha ishimwe afite kuri iyi nzu ifasha abahanzi mu bya muzika yamuhinduriye ubuzima.

Ati “Ni urugendo rwiza. Ndabishima rwose. Bameze nk’umuryango wanjye, kandi ndabashimira. Ni ibihe byiza rwose (yagiriyemo).”

Imyaka ibiri n’amezi 10 byari bishize uyu muhanzi adataramira i Kigali. Muri Nyakanga 2022, byarageragejwe ariko bisubikwa ku munota wa nyuma bitewe n’imyiteguro. Bwa mbere akandagiza ikirenge i Kigali, hari ku wa 27 Gashyantare 2020.

Mu 2021 nabwo yaje i Kigali, aje guhura na Boss we Mr Eazi wari mu Rwanda muri icyo gihe muri gahunda z’ubushabitsi mu muziki akora, sosiyete ifasha abantu gutega ku mikino ya betPawa n’ibindi bitandukanye.

Joeboy ni umuhanzi w’umunya-Nigeria, umuririmbyi, akaba umuhererezi mu muryango w’abana bane. Mu ndangamuntu ye handitsemo ko, yavutse tariki 21 Gicurasi 1997, aho yavukiye mu Mujyi wa Lagos mu gihugu cya Nigeria.

Ni umwe mu bahanzi bo muri iki gihugu, banakandagiye ku ntebe y’ishuri, kuko afite Impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s Degree’) mu bijyanye na ‘Human Ressources Management’ yakuye muri Kaminuza yo muri Lagos.

Imiziki ye ishingiye cyane ku njyana ya Afro-Pop ndetse na Rnb, akaba umwe mu babarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Empawa Africa ya Mr Eazi.

Inyandiko zimwe ziri kuri internet, zivuga ko yatangiye urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga ubwo yari afite imyaka 16 y’amavuko.

Yigeze kuvuga ko gukora umuziki byashibutse ku muhanzi 9ice ndetse na Proucer ID Cabasa yakuze yumva ibihangano byabo, yanzura kujya muri studio.

Indirimbo ye ya mbere yayishyize hanze afite imyaka 17, yayise ‘Gbeseyin’ iri mu njyana ya Afrobeat. Kuva icyo gihe, yahise ashyira imbere gusubiramo indirimbo z’abandi.

Nawe avuga ko umwaka wa 2017 wabaye udasanzwe mu buzima bwe, kuko ubwo yasubiragamo indirimbo ‘Shape of you’ ya Ed Sheeran itangazamakuru n’ibihumbi by’abantu bashimye impano ye, biramurenga atangira kuba ikimenyabose mu muziki.

Joeboy yanagize izina rikomeye binanyuze mu ndirimbo zirimo nka ‘Baby’, ‘Beginning’, ‘Don’t call me back’ n’izindi zafashe imitima ya benshi.

Umuyobozi wa East Africa Promoters, Mushyoma Joseph uzwi nka Boubou aherutse kuvuga ko batumiye Joeboy kubera ko ari umuhanzi ukunzwe, kandi nawe akaba yifuza gukora igitaramo kigari gitandukanye n’icyo yakoreye mu Rwanda mu 2019.

Ati “Yego! Afite ibikorwa yakoze bye. Afite umuziki yakoze. Hari iterambere yagize mu muziki. Tubona ko ari igihe cyo kuba yakongera agakora igitaramo, kuko cyane cyane nawe yifuza gukora igitaramo kinini kurusha icyo yakoze (mu 2019).”



Joeboy  avuga ko indirimbo ye ‘Baby’ yamuhinduriye ubuzima, kandi ayifata nk’ibihe byose 

Joeboy yatangaje ko yiteguye gutanga ibyishimo muri iki gitaramo yatumiwemo 

Joeboy yavuze ko akunda uburyo Ish Kevin na Bruce Melodie bitwara mu ndirimbo 

Joeboy yavuze ko Label ya emPawa Africa abarizwamo ari ‘umuryango wahinduye ubuzima bwe 



Joeboy yagendeye mu modoka ya sosiyete icuruza imodoka ikanazikodesha ya Ndoli Safaris


Joeboy yakiriwe n'abarimo Mushyoma Joseph washinze EAP [Ubanza ibumoso] n'abakobwa bo muri Kigali Protocol












Joeboy azahurira ku rubyiniro n'abahanzi Kenny Sol, Bruce Melodie, Ish Kevin, Bwiza na Christopher 

KANDA HANO UREBE IBYO JOEBOY YATANGAJE AKIGERA I KIGALI

">

REBA INDIRIMBO 'BABY' JOEBOY AVUGA KO YAMUHINDURIYE UBUZIMA

">

Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: Ndayishimiye Nathaniel-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND