Mu gihe wasuye umuntu runaka mukorana cyangwa mufite ibindi bintu muhuriramo, urasabwa kwitwararika mu bintu runaka tugiye kugarukaho muri iyi nkuru.
Ushobora
kuba umusuye ku nshuro ya mbere cyangwa usanzwe uhagera. Mu gihe uri ahantu
runaka wagiye gusura abantu, ibi ni bimwe mu byo ugomba kuzibuka cyane.
1. Mu gihe
uhawe ikaze mu rugo rw’abandi, ikintu cya mbere ukwiriye kwibuka ni ukwisukura,
ukiyitaho. Hanagura ibirenge byawe, hanagura mu maso hawe, niba ari ngombwa ko
usiga inkweto uzisige hanze. Ibi ni ibintu by’ingenzi cyane mu gihe wasuye
urundi rugo bwa mbere.
2. Niba
wagiye gusura abantu runaka, ukwiriye kumenya neza ko urarya amafunguro wahawe
gusa, kandi ukarya neza witonze.
Niba wari
waramenyereye kurya buri mwanya, ukaba ushonje, amafunguro yasabe witonze kandi
mu kinyabupfura. Ujye wirinda kugaragaza inzara cyane.
3. Niba wabasuye
ukaba waraye, ejo bakakuzanira amafunguro, uba usabwa kurya ukijyanira isahane
waririyeho aho igomba kujya. Niba biri ngombwa, yifate uyiyogereze.
4. Ntugapfe
kwinjira mu cyumba cy’undi muntu muri urwo rugo uko wiboneye. Niba hari ikintu
ushaka ko bakuzanira, bahamagare bakiguhe ariko wirinde kwijyanayo.
5. Ujye
wirinda kugira amagambo menshi cyane, hari ubwo umuntu ajya gusura abantu akajya avuga n’ibidakewe. Aha urasabwa kwirinda amagambo menshi y’ubusa.
6. Ntukababaze
umubare w’amafaranga binjiza n’uburyo bayinjiza n’ibyo bayakoresha ,cyangwa ngo
ubabaze ibibazo byinshi birimo n’ingano y’amafaranga baguze televiziyo uri
kubona bafite.
7. Niba
uteganya kuhamara nk’iminsi itatu, ni byiza gusa muri iyo minsi shaka ahandi
hantu ujya uruhuke, ubahe agahenge amasaha make.
8. Ukwiriye
kwirinda gukoresha ibintu byo muri iyo nzu, nta ruhushya uhawe.
9. Ntabwo uba
wemerewe kuzana muri iyo nzu abantu bose ushaka, kuko nawe uri umushyitsi.
10. Niba
utarazanye imyambaro ihagije ukaba urakenera no gukoresha iyabo, ujye umenya
neza ko wayimeshe neza.
11. Hari ubwo
hari abo usanga bavuga ngo: “Amafunguro ntabwo ari meza, ndashaka iki cyangwa
kiriya”. Ibi ntabwo ari byiza. Ihanganire amafunguro ugaburirwa, kuko wasanga
aribwo bushobozi bafite cyangwa ubunganire.
Inkomo:
Opera News
TANGA IGITECYEREZO