RFL
Kigali

Bamuciye akaguru kubera Diyabete! Imyaka 12 y'ububabare bwa Uzabakiriho

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/11/2022 16:26
2


Umubiri ubyara udahatse koko! Uzabakiriho Jean-Damascène wo mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, avuga ko atazi icyo yahaye Imana kugira ngo abe agihumeka umwuka w’abazima mu gihe abo barwariye rimwe indwara ya "Diyabete (Diabete)" hashize igihe bitabye Imana.



Avuga ibi kuko imyaka 12 ishize ahaganye n’ububabare bwakomotse kuri iyi ndwara yo mu bwoko bwa mbere (Diyabete bita Type I)’ iterwa n’uko utanyabuzima-remezo ibizwi nka ‘Cellules’ cyangwa se ‘Cells’ twitwa Islet B twangiritse.

Ubu bwoko bwa mbere bw’iyi ndwara bukunze gufata cyane abana n’ingimbi. Hari na Diyabete bita Type II ikunze kwibasira cyane abantu bageze mu myaka 40, ariko ntibivuze ko n’abandi batayirwara.

Iyi ndwara iratangaje kuko yongera ibyago yo kurwara izindi ndwara nk’umutima n'imiyoboro y'amaraso (cardiovascular diseases).

Hari abavuga ko iva mu muryango nk’aho ushobora gusanga ufite umubyeyi cyangwa se umuvandimwe wayirwaye. Ariko si ko bimeze buri gihe!

Hari abavuga ko iterwa n’umubyibuho ukabije, imirire yiganjemo ibinyamavuta, kuba urwaye indwara y’umuduko w’amaraso ukabije (Hypertension) n’ibindi.

Mu gitabo ‘La Santé Par la Nature’ cya paji 650 cya Dr Ernest Shneider avuga ko ibyo abantu barya buri munsi bifite uruhare runini ku ndwara ya Diabete.

Uzabakiriho Jean-Damascène- Ubuzima ntibwamubaniye:

Uyu mugabo w’imyaka 48 y’amavuko, abarizwa mu Mudugudu wa Nyamiryango mu Kagari ka Nkigo mu Karere ka Kamonyi ho mu Ntara y’Amajyepfo.

Arubatse afite abana babiri. Kandi ni umwe mu bafashwa n’Umuryango Geraldine Trada Foundation mu bijyanye no kubona imiti y’umurwayi wa Diabete, ibyo kurya no kunywa byagenewe abarwayi n’ibindi bitandukanye.

Iyo abara inkuru y’ukuntu iyi ndwara yamufashe, agaragaza gukomera, kuko yamaze kwiyakira.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Uzabakiriho Jean-Damascène yavuze ko muri Nyakanga 2000 ari bwo umutima we wakiriye inkuru mbi y’uko yafashwe na Diabete.

Uyu mugabo ugendera ku mbago, avuga ko yagiye Ku kigo Nderabuzima nyuma bamwohereza ku bitaro bya Remera- Rukoma, ibizamini byemeza ko yafashwe na Diabete.

Uzabakiriho avuga ko ajya gufata icyemezo cyo kujya ku bitaro yari amaze iminsi yihagarika (kunyara) cyane, ku buryo ku munsi yanywaga nk’injerekani eshatu z’amazi.

Icyo gihe bahise bamutangiza imiti. Ati “Nta muntu wabimbwiraga. Njyewe nari ndwaye, umubyeyi anjyana kwa muganga, urumva nari mfite imyaka micye narigaga, nari mfite nka 14 cyangwa 13 […] Tubaza muganga aratubwira ati rero bapima isukari mu maraso basanga ni nyinshi…”

Kuva mu 2000 kugeza mu 2004 yivurizaga i Rukoma no kuri CHUK kugeza mu 2006 ubwo mu Rwanda hatangizwaga ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé).

Ariko mu mwaka w’2005, diabete yamuteje igisebe ku kuguru ahura n’abaganga batandukanye, bamuha imiti ariko nako yipfukisha mu bihe bitandukanye.

Uyu mugabo avuga ko yakoze uko ashoboye kugira ngo yivuze gikire (igisebe) ariko biranga.

Ibitaro bya Remera-Rukoma bamwohereje kujya kwivuriza mu bitaro bya Kanombe, barebye imitsi yo ku kirenge basanga yarazibye-Aho hari mu 2016.

Avuga ko indwara itera ubukene ‘nta n’umuterankunga igira’. Ngo iyo atagira umubyeyi ukunda umwana we, aba yarapfuye cyera. Kuko yagurishije byinshi birimo amasambu n’ibindi kugira ngo amuvuze abashe gukira ariko biranga.

Azi neza ko iyi ndwara itandura. Biri no mu mpamvu zatumye uwari umukunzi we babana, ubu bafitanye abana babiri.

Ati “Ntabwo ubundi yandura yari abizi. Uzi ubukene yatekeje iwacu, umva uretse kugira umutima ukomeye n’aho ubundi ari umubyeyi urakara yakureka ugapfa…. Inka baragurishije, amasambu baragurishije…”


Yamaze imyaka ibiri afite ubwoba nyuma yo kubwirwa ko bazamuca akaguru:

Uzabakiriho avuga ko mu 2016 ari bwo yamenyeshejwe ku nshuro ya kabiri n’ibitaro bya Kanombe ko bagomba kumuca akaguru kugira ngo bitagera ku mpyiko.

Yavuze ko atari ubwa mbere yari abwiwe n’abaganga kumuca akaguru, kuko babanje kubimubwira mu 2014 arabyanga atekereza uko azabaho.

Yagishije inama ababana n’ubumuga ‘bamuha icyizere cy’uko azabaho’. Nyuma, yakomeje umutima ajya kureba muganga amubwira ko yemeye ko ukugura kuvanwaho.

Ati “Nagiye kureba muganga. Ndaza ndamubwira nti nabyemeye noneho, nahuye n’ababana n’ubumuga bantekerereza ubuzima babayemo numva nzabubamo buzashoboka.”

Muganga yamubwiye gutaha arategereza, hanyuma akaguru bagaca tariki 10 Ugushyingo 2016. Ati “Urihangana. Ntabwo byoroshye. Hari byinshi uba utazabasha gukora.”

Yavuze ko nyuma yo gucibwa akaguru, bamuhaye insimburangingo ariko n’ayo yamuteje igisebe.

Arifuza kwiga imyuga……….

Uzabakiriho avuga ko yavuye mu ishuri ari mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza. Kandi yari umwana w’umuhanga ku buryo yabonaga ejo hazaza ari heza.

Avuga ko kuva ukuguru kwe kwavanwaho, abayeho ubuzima bubi kuko agomba gutekereza buri kimwe bakakimuzanira.

Yavuze ko abonye umuterankunga ya kwiga imyuga ‘byibuza nkajya nkora akazi nicaye’. Ati “Uwangirira neza wese yamfasha ishuri ryo kwiga imyuga. Nicyo nifuza.”

Asobanura ko iyi miti ikaze ku buryo bitakorohera uwayifashe gukomeza kwiga. Kuko mu nshuro za mbere atangiye kuyinywa yagiye arwa muri koma bituma ahitamo kuva mu ishuri.

Uyu mugabo avuga ko yiyakiriye yumva ko indwara ari iye, aritwararika amenya imiti afata, anabibwira bagenzi be bamuhora hafi.

Nta makimbirane mu rugo rwe kubera iyi ndwara

Mu gihe hari imiryango imwe n’imwe, umwe mu bashakanye ahura n’ikibazo undi akamuta, umugore we ntiyigeze amusiga yamubaye hafi kugeza n’uyu munsi.

Avuga ko ajya kurushinga n’uyu mugore yari abizi neza ko arwaye iyi ndwara. Anavuga ko ari we wenyine wo mu muryango urwaye iyi ndwara.

Uyu mugabo avuga ko abo barwariye rimwe bose ‘hafi ya bose bitabye Imana’. Ati “Ahubwo njye ndibaza kuki ntapfa. Ariko icya mbere ni ukwikurikirana. Ukanywa umuti ku rugero, ukarya ibiryo ku rugero. Ni kumunzani.”

Avuga ko kimwe mu bibazo bafite ari imiti itaboneka nk’uko bikwiye. Umuntu udafite Mutuelle de Santé agura imiti hafi ibihumbi 16 Frw buri kwezi.

Uyu mugabo agira inama abantu gukora siporo, kandi buri mwaka bakajya kwipimisha kwa mugunga kugira ngo barebe uko ubuzima buhagaze.

Iby’umurwayi wa Diabete akwiye kwitwararika:

Ndagijimana Innocent uhagarariye Umuryango Geraldine Trada Foundation, yabwiye InyaRwanda ko umurwayi wa Diabete akwiye kubahiriza inama agirwa na muganga, harimo gufata imiti meza, kumenya igihe cyo kuyikoreshereza n’ibindi.

Umurwayi akwiye gusobanukirwa itandukaniro riri hagati yo kuba umuntu afite isukari nyinshi mu mubiri n’igihe bavuga ko afite isukari nkeya mu maraso. Ati “Tugerageza kumuha ubumenyi bw’ibanze kuri diabete.”

Ikindi ni uko umurwayi akwiye kubahiriza amabwiriza yo gufata imiti, kumenya ibyo kurya agomba kurya. Avuga ko benshi bari bafite imyumvire yo kutarya, batekereza ko umuntu urwaye diabete atarya cyangwa se ngo anywe ibintu birimo isukari.

Yavuze ko hari indyo zagenwe ku muntu ufite diabete. Kandi buri wese ashishikarizwa kugabanya ibintu birimo amavuta menshi n’isukari nyinshi.

Ndagijimana avuga ko kuva uyu muryango GT Foundation washingwa, wahinduye ubuzima bw’abarwayi ba Diabete birimo no kubafasha kubona imiti, ibikoresho, ibiribwa n’ibindi bitandukanye.

Kuri uyu wa Mbere, uyu muryango wahurije hamwe abarwayi ba Diabete ku bitaro bya Muhima, ubaganiriza ku mibereho ubaha n’ibiribwa.       

Abarwayi ba Diabete bitabwaho n’Umuryango Geraldine Trada Foundation bagaragaje ko bahangayikishijwe n’imiti itabonekera igihe, kandi ikaba ihenze 

Uzabakiriho Jean-Damascène yagiranye ikiganiro na InyaRwanda agaruka ku rugendo rw’imyaka 12 abana n’ibikomere yatewe na Diabete bidateze gukira-Agira inama abantu yo kwisuzumisha no kwiyakira 

Nathanie Bille wo muri World Diabetes Foundation ni we wari umushyitsi Mukuru mu Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe indwara ya Diabete. Wizihizwa buri mwaka tariki 14 Ugushyingo 2022 

Ndagijimana Innocent yavuze ko kuva Umuryango Geraldine Trada Foundation washingwa wahinduye imibereho y’abarwayi ba Diabete binyuze mu kubafasha kubona imiti, kubahugura n’ibindi 

Muhire Desange Bora, umuganga wita ku barwayi ba Diabete ku bitaro bya Muhima

 

Abarwayi ba Diabete bapimwe kugira ngo harebwe uko ubuzima bw’abo buhageze 

Umuryango GT Foundation watanze inkunga y’imiti n’ibiribwa ku barwayi ba Diabete


Kanda hano urebe amafoto menshi:

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Napas 1 year ago
    Yooo uyu muryango ni mwiza !! Ariko abenshi ntabwo bawuzi !!! Akenshii kubitaro aho umuntu yivuriza ntabwo bakubwira iyi muryango itanga ubujyanama kuri diabetes !! Ahubwo umuntu abashaka yababona gute ? Mu majyepfo yu Rwanda ukorera hehe uyu muryango ? Muduhe contact zabo niba bishoboka !! Email yanjye niyo . Thnx
  • Ben1 year ago
    Murakoze cyane. Gusa muzaduhe amakuru kuri type 2 kuko abantu benshi barayirwaye kandi ababizi ni mbarwa. Imirire yarahindutse cyane niyo mpamvu abantu bakwiye kwigengesera





Inyarwanda BACKGROUND