RFL
Kigali

Byari byishimo mu birori by’imideli bya Masa Mara byitabiwe n’abarimo Martin na Igor-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/11/2022 14:33
0


Inzu y’imideli y’umunyarwanda Niyonzima Amza ya Masa Mara Africa, yakoze ibirori by’imideli byitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye.



Mu nzu imaze kwamamara mu kwakira ibirori n’ibitaramo bitandukanye ya L’Espace, niho habereye ibirori "Mugongo Waheste Intore Fashion & Art Exhibition".

Ibi birori byaserutsemo abanyamideli batandukanye barimo nka Justin Shema uheruka na we kumurika Umushanana, n’abandi banyuranye.

Iyi nzu y’imideli yibanda ku myambaro ikoze mu gitenge, yakoze ibirori byishimiwe aho byari ibyishimo ku bari baje kwiheraje ijisho.

Muri abo harimo n’abantu bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu muziki nka Mani Martin na Igor Mabano.

Hari kandi na Rosine Bazongere uri mu bakinnyi ba filimi nyarwanda bahagaze neza.

Masa Mara Africa iri mu nzu zimaze kubaka izina ku isi, ni iy’umunyarwanda.

Ibikorwa byayo byagiye byishimirwa mu birori by’imideli mpuzamahanga nka Barbadous Fashion, Portugal Fashion, Milan Fashion na London Fashion.

Niyonzima washinze Masa Mara iheruka no gukora umukandara uzifashishwa mu mikino ya Boxing, ni umunyarwanda wanavukiye mu Rwanda ariko kuri ubu utuye muri Africe y'Epfo.Mani Martin ari mu bitabiriye ibirori by'imideli byiswe Mugongo Wahetse Intore Igor Mabano uri mu banyamuziki bahagaze neza yishimiye ibi biroriAkanyamuneza kari kose kuri Rosine BazongereJustin Shema ari mu bamuritse imyambaro ya Masa Mara

Umunezero wari wose ku bahuriye muri ibi birori

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND