RFL
Kigali

Ibintu 4 ukwiriye guhagarika gukora mu gihe ugize imyaka 50 y’amavuko

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/11/2022 8:16
0


Imyaka 50 ifatwa nk’imyaka y’abantu bari kwinjira mu zabukuru. Iyo umuntu ageze muri iyi myaka atangira kugaragaza ibimenyetso by’izabukuru birimo iminkanyari n’ibindi. Hari ibyo ukwiriye guhagarika gukora igihe ugeze muri iyi myaka.



Abantu bageze mu myaka 50 bafatwa nk’abashaje kandi ntabwo ari ukwibeshya. Ni ngombwa ko rero ugira ibintu umenya ndetse ukabyitondera mu gihe ugeze muri iyi myaka.

1.Ugomba kwirinda kwinaniza no guhangayika

Irinde imihangayiko cyane. Igihe cy’izabukuru ni igihe cyo kwitaho cyane kandi kigafatwa uko gikwiriye gufatwa. Iyo ugeze mu zabukuru ugatangira guhangayika, ukurizamo indwara y’umutima n’izindi ndwara zitandukanye.

2.Gabanya kurara wicaye

Uko ugenda ukura ni ko ugenda ukenera umwanya munini wo kuryama ndetse no kuruhuka. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bageze mu zabukuru bagira umunaniro cyane bityo kumara amasaha menshi wicaye mu ijoro, byongera umunaniro.

3.Ujye wirinda amafunguro adakungahaye ku ntungamubiri

Abantu bageze mu zabukuru baba basabwa kwirinda amafunguro adakungahaye ku ntungamubiri. Kurya indyo yuzuye ifasha umuntu ugeze mu zabukuru gukomeza kugira ubuzima bwiza. Aha ugirwa inama yo gufata imbuto n’imboga cyane.

4.Ujye ukora imyitozo ngororamubiri

Umuntu ugeze mu zabukuru, aba asabwa gukora imyitozo ngororamubiri kuko ifasha mu rwego rwo gukomera.


Inkomoko: Opera News






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND