RFL
Kigali

Umunya-Nigeria Skales ari i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/11/2022 9:44
0


Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Raoul John Njeng- Njeng wamamaye nka Skales mu muziki, ari i Kigali aho ategerejwe gususurutsa abafana be n’abakunzi b’umuziki.



InyaRwanda yabonye amakuru avuga ko uyu muhanzi watangiye umuziki mu 2000, ari i Kigali kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022 aho ategerejwe mu gitaramo kiba kuri uyu wa Kane tariki 24 Ugushyingo 2022 ahazwi nka Choma’d Bar&Grill, ku muhanda w’amabuye munsi yo ku Gishushu.

Iki gitaramo kigamije kwamamaza inzoga ya ‘Jameson Black Barrel’ Skales, azagihuriramo na Dj Tyga ndetse n'itsinda ry'abacuranzi rya My Band.

Skales ni umwe mu bahanzi babarizwa mu inzu ifasha abahanzi ya Konde Music Worldwide yashinzwe na Harmonize.

Ku wa 31 Nyakanga 2020, Harmonize yatangaje ko bishimiye guha ikaze umuvandimwe akaba n’umunyamuziki w’umuhanga muri Label ye. Avuga ko iyi ari intambwe ikomeye yo gutuma umuziki wo ku mugabane w’Afurika ugera ku Isi yose.

Skales yemeje ko yinjiye muri Label ya Harmonize bakoranye indirimbo “Fire Waist” yakunzwe mu buryo bukomeye.

Avuga ko iyi nzu izita cyane ku kumenyekanisha ibikorwa bye mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, kumushakira amasoko ndetse ko n’umuntu uzifuza gukorana nawe azabanza kubavugisha.

Skales yabaye umuhanzi wa kabiri usinye muri Label ya Harmonize. Ni nyuma ya Ibraah. Harmonize na Skales bagiye bakora indirimbo zitandukanye zakunzwe-Ibintu byakujije ubushuti bwabo ku buryo gukorana bombi bizoroha.

Bombi bakoranye indirimbo “Fire Waist”, “Oyoyo” na “Oliver Twist II Remix” bakoranye n’umunya-Nigeria Falz.

Skales yujuje imyaka 31, yavutse ku wa 01 Mata 1991. Yibanda ku njyana ya Rnb na Hip hop. We n’umunyarwandakazi Neza bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, ariko baje gutandukana uyu muhanzi arushinga n’undi mukobwa muri Gicurasi 2021.

Azwi cyane mu ndirimbo ze zibyinitse nka "Shake Body", "Mukulu", "Keresimesi", "Komole", "My Baby", "Take Care of Me", "Denge Pose" n’izindi.

 

Skales yamaze kugera i Kigali aho ategerejwe mu gitaramo kibera kuri Choma’d ku Gishushu. Skales ni umuraperi w’umuhanzi n’umwanditsi w’indirimbo 

Skales yagarutsweho cyane mu Rwanda ubwo yari mu rukundo n’umunyarwandakazi Neza    

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘SHAKE YOUR BORD’ YA SKALES

 ">

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘PLAYER DAYS’ YA SKALES

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND