RFL
Kigali

Urukumbuzi, ibigezweho no gutarama: Umusogongero wa Ntarindwa Diogène "Atome" muri Seka Live ategerejwemo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/11/2022 22:25
0


Umunyarwenya Ntarindwa Diogène uzwi nka Atome cyangwa Gasumuni, yatangaje ko yari akumbuye gutaramira abaturarwanda kuko afite byinshi byo kubasangiza mu gihe cy’imyaka irenga itatu badataramana-Abikubira mu ijambo rimwe agira ati “Inkono ihira igihe.”



Ni ku nshuro ya gatatu hagiye kuba iserukiramuco ry'urwenya 'Seka Fest'. Mu 2018 nibwo ryatangijwe mu Rwanda, ritangira ribera muri 'Bus' zikorera mu byerekezo bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali.

Icyo gihe umunyarwenya Mukuru yari Klint the Drunk, wo mu gihugu cya Nigeria. Mu 2019, umunyarwenya Mukuru yari Basket Mouth wo muri Nigeria, aho yagaragiwe n'abarimo Salvador, Eric Omondi n'abandi.

Iri serukiramuco riba mu gihe cy'iminsi ibiri. Ku munsi wa mbere, abanyarwenya bo mu Rwanda nibo basusurutsa abantu, hanyuma ku munsi wa kabiri hakora abanyarwenya babiri.

Kuri iyi nshuro birasa nk'aho bitandukanye ariko bifitanye isano, kuko bijya kumera kimwe na Seka Live abantu banyemereye.

Igitaramo cya mbere cya Seka Fest giteganyijwe kuba ku wa 3 Ukuboza 2022 kuri Kigali Convention Center. Umunyarwenya Mukuru ni "Atome" wamamaye mu mikino itandukanye n'amakinamico. Ni ubwa mbere azaba agaragaye muri ibi bitaramo, ariko akunze cyane kwitabira Seka Live.

Mu bihe bitandukanye 'Atome' yataramiye abanyarwanda, ariko yari amaze igihe kinini atabataramira. Kuri iyi nshuro azafashwa n'umuhanzi Ruti Joel, inshuti bahuye nyuma y'uko abantu bagiye bababwira ko basa cyane.

Abantu bamwitege muri Seka Live......

Asubiza ikibazo cy'umunyamakuru wa InyaRwanda, 'Atome' yavuze ko atitabiriye Seka Fest mu nshuro ebyiri zabanje kubera ko zagiye ziba mu gihe yabaga atari i Kigali, ariko Seka Live 'hafi ya zose maze kuzigaragaramo'.

Uyu mugabo wize amategeko, avuga ko yishimira intera abanyarwenya bakiri bato kuri we bagezeho, bamwe muri bo yababereye intangiriro yo kwinjira muri uyu mwuga wihagazeho. 

Ati "Birashimisha rero kuba warakoze ikintu ku maso ya benshi kigaragara nk'igikwiriye, noneho abato kuri twe cyangwa kuri njye bakakigenderamo. Ibyo birashimisha rero."

Yagarutse kuri bamwe mu banyarwenya barimo nka Fally Merci, Rusine Patrick n'abandi bari kwigaragaza muri iki gihe. 'Atome' avuga ko gutera urwenya mu Rwanda, bitamubuza no kugeza impano ye ku rwego Mpuzamahanga.

Kuri we, avuga ko yakuze yifuza ko abanyarwanda bagira umwihariko wabo, ku buryo aho umunyarwanda aserutse hose bamutandukanya n'abandi.

'Atome' avuga ko yari afitiye urukumbuzi abanyarwanda, ku buryo mu byo azagarukaho hataburamo nk'ukuntu Ingagi zo mu Birunga zo mu Rwanda ziri kuri Instagram, ibihe bya Covid-19 na Guma mu Rugo, intambara ya Ukraine n'u Burusiya, n'ibindi.

Yashimye Nkusi Arthur ku bwo gutegura iri serukiramuco, kandi akarigeza ku rwego Mpuzamahanga.

Uyu munyarwenya waboneye izuba benshi avuga ko ku rubyiniro azifashisha Ruti Joel, kandi bahuye nyuma y'uko abantu bakomeje kuvuga ko basa.

N'ubwo badakora injyana zimwe hari byinshi bahuje, ariko kuva bamenyana bahuza muri byinshi mu nganzo. Atome avuga ko Ruti Joel 'anyibutsa umusore watuvuyemo Buravan'. Ati "Twarahuye, turahuza cyane."

'Atome' yavuze ko Ruti Joel nawe yifuzaga ko igihe kimwe bazahurira ku rubyiniro, kandi yahoze yifuza ko umunyarwenya wese wo mu Rwanda yumva ko gutera urwenya bidasaba kuvuga ku bantu runaka, ahubwo bisaba kwiyizera 'ku buryo wagikora' udakeneye undi muntu.

Yavuze ko iserukiramuco rya Seka Fest rifite aho rihuriye na Seka Live, ari nayo mpamvu byamworoheye kwisangamo. 

Atome wanize ibijyanye no gukina amakinamico, avuga ko umwaka ujya gutangira azi ibitaramo azajyamo, bimufasha kwitegura neza.

Yavuze ko n'ubwo agaragara cyane ku rwego Mpuzamahanga, adashobora kwibagirwa mu rugo 'kuko ariho hari ivome rye'. Atome avuga ko afite ibindi akora cyane cyane nk'imikino ikinwa mu bihugu birenga 30 ku Isi.

Uyu mugabo avuga ko akunze kugaragara cyane 'mu bintu bivuga ku by'iwacu'. Asanzwe ari umwanditsi, ndetse avuga ko mu minsi ishize aheruka mu gihugu cya Marocco.

Muri iri serukiramuco, avuga ko atari ngombwa ko azasubiramo ibyo yakinnye mu bihe bitandukanye, kandi yiyiziho gutembagaza abantu mu gihe cy'isaha irenga amara ari ku rubyiniro.

Ati "Utavuze ku bihe bya Guma mu Rugo, utavuze kuri Covid-19 wavuga iki koko? Utavuze kuri ya masaha n'ibyagiye biyabaho. Utavuze intambara ya Ukraine yatumye na Bashiki bacu bo ku Gisimenti bazamura ibiciro ngo intambara yabizamuye [Akubita agatwenge] abo nabo tuzabaha ijambo bagire icyo babitubwiraho aho ibiciro byabo bihurira n'intambara. Aho Putin ahurira n'umutungo utimukanwa wabazinduye."

Uyu munyarwenya avuga ko hari ibintu byinshi yize kandi yamenye muri iki gihe 'akeneye gusangiza abantu muri iki gitaramo. Atera urwenya akanagaruka ku ba Depite babiri baherutse kwegura mu Inteko Ishinga Amategeko kubera impamvu bavuze ko ari izabo.

Iri serukiramuco rizagaragaramo abanyarwenya bakomeye:

Nkusi Arthur uri gutegura ibi bitaramo yavuze ko mu itegurwa rya Seka Fest babanza kwita cyane ku munyarwenya mukuru, hanyuma bagakurikiza abandi bamugaragira.

Kuri iyi nshuro Loyiso Gola ni we mukuru. Ni umunyarwenya uri mu 10 bakomeye muri Afurika. Avuka muri Afurika y'Epfo, ariko anafite ubwenegihugu bw'u Bwongereza.

Ati "Tumaze kubona Loyiso Gola nibwo twamwubakiyeho abandi abantu basanzwe bazi." Banatumiye Kigingi uheruka i Kigali mu 2019, n’abandi barimo Salvador wagize uruhare rukomeye mu gutumira Loyiso Gola.

Uyu munyarwenya aheruka muri Uganda, aho azakomereza mu Rwanda asoreze muri Kenya.

Nkusi avuga ko nta byinshi byagendeweho mu guhitamo abazatera urwenya, ahubwo babanje kwita cyane ku munyarwenya Mukuru.

Avuga ko 'Atome' atari kuri gahunda y'abo bazakorana nabo muri Seka Fest, ariko ubwo baganiraga kuri telephone Atome yamubwiye ko akumbuye gutaramira abanyarwanda, kuva ubwo batangira kuganira ku kuntu yazagaragara muri Seka Live.

Ati "Yari afite ingendo nyinshi. Mwandikira ubutumwa ndamubwira aho gukorera namaze kuhabona byose birahari nuza tuzavugana, arananyemerera ati 'byemeza' ninza tuzavugana."

Kwinjira muri iki gitaramo ni 10,000 Frw mu myanya isanzwe, 20,000 Frw muri VIP na 30,000 Frw kuri VVIP. 

'Inkono ihira igihe'- “Atome” avuga ku kuba agiye kugaragara bwa mbere muri Seka Fest 

Umunyarwenya Ntarindwa Diogène yavuze ko abantu batarabasha gutandukanya 'Atome' ndetse na 'Gasumuni' 

“Atome” yavuze ko muri iki gitaramo cy'urwenya hari abashyitsi b'imena bazakitabira, abantu bazabona 

Ntarindwa Diogène yasabye abantu kuzataramana nawe muri Seka Live no kwizihirwa 

Ntarindwa Diogène yavuze ko hari umwanditsi wanditse igitabo biturutse ku mukino yakinnye

Nkusi Arthur avuga ko iki gitaramo cya Seka Live ‘Atome’ azagaragaramo cyateguwe mu buryo batari bateguye, kuko cyakomotse mu biganiro bagiranye










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND