RFL
Kigali

Hakizimana yahawe arenga miliyoni 2 Frw mu bahanzi 334 basaranganyijwe amafaranga, Lil G arigaragaza-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/11/2022 1:39
0


Sosiyete Nyarwanda y'Abahanzi (Rwanda Society of Authors, RSAU), yahaye umuhanzi Hakizimana Cyprien 2,469,784.65 Rwf yaturutse mu musaruro w’ibihangano bye.



Ni mu gikorwa cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022 kuri One Click Hotel, cyahurije hamwe abahanzi mu ngeri zitandukanye kigamije kubaha amafaranga yavuye mu byuya by’ibihangano bakora umunsi ku wundi.

Muri iki gikorwa ngarukamwaka, abahanzi 334 basaranganyije miliyoni zirenga 20. Abahawe amafaranga, yavuye mu bihangano biturutse ku bitangazamakuru bimwe byagiye byishyura ndetse n’Ikigo cya MTN.

Abahawe amafaranga barimo abahanzi baririmba, abavuga amagambo yomora imitima nka Hakizimana Cyprien wegukanye amafaranga menshi kurusha abandi, n’abandi.

Perezida w'Inama y'Ubuyobozi ya RSAU, Epa Binamungu yatangarije abari aho ko iki gikorwa ari ingirakamaro, cyane ko abantu bamwe baba batazwi imbonankubone ariko kubera ibikorwa bakora ibihangano byabo bikabaha agatubutse.

Ati “Narebye mwese nsanga tutaziranye, ariko ibihangano ndabizi […]. Dushimiye abaterankunga n’abafatanyabikorwa. Ndashimira cyane abaterankunga barimo Minisiteri y’Ubucuruzi n'Inganda, Urwego rw'Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), Inteko y’Umuco n’abandi.” 

Umuyobozi wa Sosiyete Nyarwanda y'abahanzi (RSAU), Turinimana Jean De Dieu, yavuze ko RSAU ariyo sosiyete nyarwanda irengera inyungu z’ibihangano by’abahanzi batandukanye.

Ati “Iyi ni sosiyete nyarwanda irengera inyungu z’abahanzi ku bihangano byabo. Turashimira inzego za Leta zifite gahunda yo gushyigikira abahanzi no kubazamura.”

Arakomeza ati “Mu mikorere yacu, tugomba gukusanya amafaranga yavuye mu bihangano by’abahanzi. Umuntu wese ukoresha igihangano mu bikorwa bibyara inyungu, agomba kugira icyo aha abahanzi. Nitwe twenyine dufite uburenganzira bwo gukurikirana ibi.”

Jean de Dieu yanavuze ko ku bufatanye n'ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe kurengera umutungo bwite mu by'ubwenge, WIPO yahaye RSAU software yitwa WIPOConnect yofashishwa mu kwandika abahanzi no gusaranganya amafaranga mu buryo buboneye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yagaragarije abari bitabiriye uwo muhango uko iyo porogaramu ya mudasobwa ikora.

Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurengera umutungo bwite mu by'Ubwenge, Bahima Blaise, wari umushyitsi Mukuru muri uyu muhango, yavuze ko RSAU imaze kugera ku rwego rushimishije bityo n'abahanzi bakwiye kuyigana bagakorana.

Ati “Abahanzi bakwiye gushyira umutima mu buhanzi, RSAU igasigara ikurikirana inyungu zabo ziva mu bihangano nk'uko biteganywa n'itegeko.

“Hagiye gutegurwa uburyo habaho gushyiramo imbaraga kugirango n'abanze kubahiriza itegeko rirengera umutungo bwite mu by'ubwenge bakurikiranwe habayeho ubufatanye n'inzego bireba.”

Uyu muyobozi Yashimiye ubuyobozi bwa RSAU ku kazi gakomeye bakora n'ubwo azi neza ko karimo imbogamizi nyinshi.

Hakizimana Cyprien wahize abandi mu kwegukana amafaranga yavuye mu bihangano bye, yavuze ko nta kindi akesha ibi atari amasengesho. Ati “Ndafata umwanya mbashimire. Ni amasengesho menshi yabikoze.”

Mu bahanzi uyu munsi bahawe amafaranga yabo bagera kuri 334, 124, nibo bo mu Rwanda gusa n'aho abanyamahanga ni 210. Mu gikorwa cyabaye, Lil G niwe wasusurukije abari bitabiriye.

RSAU igizwe n’abanyamuziki, abanditsi, abakora za Cinema n’abashushanya. Yashinzwe muri 2010 itangira gukora mu 2016 ishyizweho n’itegeko rirebera ubuhanzi n’abahanzi bose, bafite ibihangano bifatika bigomba kurindwa ngo birengerwe ku nyungu za ba nyirabyo n’imiryango yabo.

Iyi sosiyete mu gihe imaze ikora, ikurikirana, ikishyuriza abahanzi ndetse ikabagezeho amafaranga avuye mu bihangano byabo kugeza imyaka irenze 50.

Abahanzi bakorana n’iyi sosiyete mu myaka irenga icumi ishize, byibuza bamaze guhabwa amafaranga ibihumbi 100 Frw.

RSAU isanzwe ifite abanyamuryango barenga 500. Iki gikorwa cyategurwa mu murongo w’ubukangurambaga kugira ngo abahanzi bamenye uburenganzira bwabo, barusheho guhanga no kugira udushya ndetse banamenye ko hari amafaranga menshi bakabaye babona ariko batabona bitewe n'abacuranga ibihangano byabo ntibishyure kandi itegeko riteganya ko bakwiye kwishyura.

Hakizimana Cyprien yahawe miliyoni zirenga ebyiri z’amanyarwanda. Uyu muhanzi atambutsa ubutumwa bw’ijambo ry’Imana muri caller Tunez za sosiyete ya MTN

Perezida w'Inama y'Ubuyobozi ya RSAU, Epa Binamungu ubwo yafataga ijambo

Umuyobozi wa Sosiyete Nyarwanda y'Abahanzi (RSAU), Turinimana Jean De Dieu yavuze ko RSAU ariyo sosiyete nyarwanda irengera inyungu z’ibihangano by’abahanzi batandukanye

Lil G yasusurukije abari bitabiriye iki gikorwa. Aya mafaranga yavuye mu bihangano byacuranzwe kuva muri Nzeri 2021 kugera muri Kanama 2022

Bahima Blaise wari uhagarariye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB muri iki gikorwa yashimye uburyo gifasha abahanzi

Abahanzi bose bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’iki gikorwa. Uyu muhango uteganywa n’Itegeko No 31/2009 ryo kuwa 26/10/2009, rigamije kurengera umutungo bwite mu by’Ubwenge

Umusizi Nsanzabera Jean de Dieu, umushakashatsi ku muco, ubuvanganzo n'amateka by'u Rwanda niwe wari uyoboye iki gikorwa

Uhereye ibumoso: Epa Binamungu, Charles Habyarimana usanzwe ari umuyobozi wungurije wa RSAU, Prof Pacifique Malonga ndetse na Bahima Blaise wari uhagarariye RDB


AMAFOTO: Dox Visual-Inyarwanda.com








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND