Vava wamamaye nka Dorimbogo yashyize hanze indirimbo ivuga ku mugore yise ‘Mapenzi’-VIDEO

Imyidagaduro - 17/11/2022 2:43 AM
Share:
Vava wamamaye nka Dorimbogo yashyize hanze indirimbo ivuga ku  mugore  yise ‘Mapenzi’-VIDEO

Vava wubatse izina mu gihe gito nka Dorimbogo yashyize hanze indi ndirimbo ye ya Gatatu. Uyu mukobwa wahereye ku yo yise Iroma, kuri ubu yashyize hanze indirimbo y’urukundo yise ‘Mapenzi’.

Izina Dorimbogo ryaramamaye cyane kurenza iryo yiswe n’ababyeyi. Ubu, yashyize hanze iyi ndirimbo ‘Mapenzi’ nyuma y’igihe kitari kinini ashyize hanze iyo yise ‘Dore imbogo’.

Muri iyi ndirimbo ‘Mapenzi’, Vava yafatanyije na Emmy bakunze gukorana, yumvikana aririmba inyikirizo aho aba avuga uburyo umugore adahari nta byishimo byabaho, avuga ko igihe cyose umugabo aba akeneye umugore.

Emmy wafatanyije na Vava muri iyi ndirimbo, nawe amwunganira agaragaza ko umugore ari ingenzi cyane. Ati:"Umugore ni ingenzi cyane, umugore aba akenewe, umugore ni mwiza! Igihe cyose umugore adahari nta byishimo biba bihari ". Vava ati:"Urukundo rw’umugore ".

Vava wagiye unengwa cyane na bamwe bitewe n’ibiganiro bye aho bavugaga ko atazi ibyo arimo, abandi bakavuga ko bizarangira nk’uko n’abandi bigenda, akomeje kugaragaza ko afite aho atandukaniye n’abagiye baza bagakora ibyiswe ‘Gutwika’ ariko bikarangirira mu biganiro bakoreshejwe, nyuma bakazima Burundu.

Uyu mukobwa amaze kumenyekana mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Iroma’ na ‘Dore imbogo’, yagaragarijwe urukundo n’abanyarwanda batandukanye.

REBA HANO MAPENZI YA VAVA NA EMMY



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...