RFL
Kigali

MU MAFOTO 40: Ikimero cy’umunyatanzaniyakazi ugaragara akinisha Otile Brown na The Ben

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:15/11/2022 17:05
1


Mu masaha macye ashize nibwo Otile Brown na The Ben bashyize hanze indirimbo ‘Kolokolo’ igaragaramo Jasinta Mukwabe, umunyamideli w’umunyatanzaniya ufite inkomoko mu Rwanda.



Iyi ndirimbo iri muzo Otile Brown amaze gushyira hanze, ibaye iya kabiri akoranye na The Ben,  ikaba ari iya gatatu akoranye n’umunyarwanda kuko afitanye indi na Meddy yaciye ibintu yitwa ‘Dusuma’.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo yamaze kugera ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki, hagaragaramo umukobwa witwa Jasinta Mukwabe.

Uyu munyamideli akaba agaragara akina urukundo muri iyi ndirimbo n’aba bahanzi, by’umwihariko Otile Brown bagaragara bishimana mu buryo budasanzwe.

Jasinta uba wambaye nk’abakobwa bagiye kurya isi ku mazi mu mwambaro uzwi nka Bikini, hari n’aho ajya hejuru y’uyu muhanzi baba bakorakoranaho.

Nyuma yo kubona iyi ndirimbo tukaba, inyaRwanda.com, twifuje kubereka ubwiza bw’uyu mukobwa ukunze kuvugisha benshi banakomeza kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga akoresha.

Uretse kugenda uyu mukobwa amurika imyenda, yanitabiriye amarushanwa y’ubwiza ya Miss Calabar Africa ahagarariye Tanzania. Icyo gihe u Rwanda rwari ruhagarariwe na Uwihirwe Yassipi Casimir.

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO NSHYA YA OTILE BROWN NA THE BEN

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • PATTYNO1 year ago
    AMBOMBAKOBWABATUMYAGA ABASOREDUCUMURA





Inyarwanda BACKGROUND