RFL
Kigali

AMAFOTO 80: Uburyohe mu ‘Igisope kinaguuye’ cyaririmbyemo Makanyanga, Skol yiyemeza kuba umuterankunga uhoraho

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/11/2022 16:18
1


Binyuze muri Sosiyete Andrei Gromyko Research Center Ltd nyuma yo kubona ko abakunzi b’igisope basigaye babura aho bidagadurira, hateguwe igitaramo ngarukakwezi cyiswe ‘Igisope Kinaguuye’; cyabaye ku nshuro ya kabiri kikanyura benshi.



Iki gitaramo cyabaye nyuma y’icyabereye muri Collège Saint André, tariki ya 15 Ukwakira 2022 kikitabirwa n’abantu benshi.

Iki gitaramo cyabaye ku wa 12 Ugushyingo 2022 muri Camp Kigali, cyaririmbyemo abahanzi batandukanye barimo nka Musoni Evaritse waturutse i Alberta muri Canada;

Orchestre Muhabura yo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Makanyaga Abdul na Orchestre ye Inkumburwa, Bushayija Pascal na Heri Issa Ukasa wahoze muri Orchestre Nyampinga n’Ingeli.

Hari kandi MPC Padiri, Ngabonziza Augustin wo muri Orchestre Les Citadins, Rubayiza Julien, Mugirima Jean Pierre wahoze muri Orchestre Les Huit Anges na Orchestre Impala de Kigali.

Iki gitaramo cyabereye mu ihema rya Virunga hall, byari ibihumbi 5000Frw ahasanzwe, 15.000Frw mu cyubahiro (VIP) na 150.000 Frw mu myanya y’icyubahiro cy’icyubahiro (VVIP) ku meza y’abantu 6 bakongerwa icyo kunywa.

MPC Padiri uri banyuze ku rubyiniro muri iki gitaramo yaririmbye indirimbo zitandukanye zashimishije benshi, zirimo “Byose bigenda tubireba” ya Vincent Munyandamutsa, “Sipesiyoza" ya Orchestre Impala de Kigali, “Kirisese” yamamaye cyane, “Majeshi Makali" ya RDF” n’izindi.

Best Friends Band yafashaga abantu ku rubyiniro yaririmbye nayo indirimbo zitandukanye zirimo “Abagabo b’imitwe”, “Ikigeragezo” ya Theo Bosebabireba, “Hari igihe Nzokwicara” bifashishijemo Ndimbati, “Turate Rwanda”, “Anitha Mukundwa” n’izindi.

Aba bakurikiwe na Bushayija Pascal, uyu mugabo yaririmbye indirimbo zirimo “Mon Pays’’, “Mariya Roza”, “Elina” yamamaye cyane n’izindi zitandukanye zanyuze benshi.

Rutayisire Jean Claude (Gatoto) yahamagawe ku rubyiniro. Uyu mugabo afite umwihariko wo kubyina yikoreye icupa ry’inzoga. Aha yabyinaga yikoreye icupa rya Skol Lager, cyane ko Skol yari nawe muterankunga mukuru.

Aba bakurikiwe na Gasana Marcellin, waririmbye anacuranga indirimbo zirimo “Izuba Rirarenze” n’izindi. Rubayiza Julien utabona usanzwe ari umwarimu wigisha guitar yaririmbye indirimbo zirimo “Gikundiro” ya Nkurunziza François, “Karoli nkunda nshuti yanjye y'amagara” n’izindi.

Uyu yakurikiwe na Orchestre Muhabura yashimishije benshi mu ndirimbo zitandukanye.

Igitaramo cyasojwe na Makanyaga waririmbye ibihangano bye bitandukanye byakunzwe birimo nka “Urukundo”, “Rubanda”, “Suzana”, “Ngwino Mukunzi”, “Wanyeretse Urukundo”, “Nshatse inshuti”, “Hashize Iminsi” n’izindi nyinshi. 

Umurishyo wa nyuma muri iki gitaramo wakubiswe saa sita z’ijoro zuzuye. Andrei Gromyko ashimira abari bitabiriye abizeza igitaramo cy’uburyohe mu kundi kwezi gutaha.

Patrick Kageruka Ushinzwe Iyamamazabikorwa muri SKOL, yavuze ko bishimiye gutera inkunga iki gitaramo. Ati “Twishimiye kwifatanya n'abanyamuziki w'umwimerere, dufite ikinyobwa cya Lager kiryoshye mukomeze muryoherwe."

Gromyko yahise nawe afata ijambo avuga ko Skol izakomeza gutera inkunga ibitaramo by'igisope kinaguuye. Ati “Turashimira Skol ko yatwemereye kuba umuterankunga uhoraho w'ibitaramo byacu."

Mu kiganiro na InyaRwanda, Andrei Gromyko yavuze ko yashimishijwe n’uko iki gitaramo cyabaye mu mvura y’umuvumbi cyagenze.

Ati “Byari byiza cyane muri rusange icyagombaga kugerwaho cyagezweho. Ugereranije n’Igisope Kinaguuye cyabaye ku nshuro ya mbere byari bimeze neza. Mbere ntabwo byari biteguye neza nk’uko uyu munsi bimeze.”

Yavuze akigera ku rubyiniro agiye gutangiza yahise abona ko ibyishimo biraba byose. Ati “Iyo ndebye Abantu kuko dusanganywe mpita mbona ko ibyishimo bigiye gutangira. Umuziki urimo imvugo nyandagazi ntabwo ariwo ucuruza gusa.”

“Igisope ninjye wagitangije mu 2001 ariko nari maze iminsi ndibwaribwa kubera ko cyajemo akavuyo, abantu baririmba indirimbo zimwe ariko uyu munsi ndashaka ko abantu bumva ko dufite indirimbo nyinshi. Ndashaka ko abantu bumva ko cyanaguuwe. Mu kwezi gutaha twiguye gukora ikindi cy’akataraboneka.’’

Yashishikarije abantu gushyigikira “Igisope” kuko ari umuziki mwiza , kandi abizeza kutabatenguha mu kubumvisha umuziki mwiza.

Ati “Ufite ubushobozi naze arebe uyu muziki mwiza. Ni n’inkunga kuruta uko ari ukwinjiza amafaranga, kandi tubijeje ko tuzabereka umuziki mwiza kugeza igihe wongeye kuganza."

"Uyu munsi twakoresheje ingufu nyinshi kugira ngo tubone abaterankunga, bamwe bakanatwiyama ariko twe ntituzabiyama ariko tuzabwira ko bidashoboka mu gihe tuzaba twateye imbere.”

Andrei Gromyko yavuze ko bari gutegura igitaramo bise "Kaberuka Concert cyangwa se Gapapu Concert" kizaba ku wa 11 Gashyantare 2023.


Best Friends Band niyo yafashaga abahanzi hafi ya bose ku rubyiniro


MPC Padiri ni umwe mu bahanzi banyuze ku rubyiniro bakishimirwa

MPC Padiri yaririmbye indirimbo zirimo na Mageshi ya RDF

Umukinnyi wa filime 'Ndimbati' ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaranmo

Eric Nshimiyimana wamenyekanye muri ruhago nyarwanda ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo

Abantu bacinye akadiho ivumbi riratumuka

Uyu musaza ucurangisha amenyo yashimishije benshi




Muhabura Orchestre yo muri RDC yanyuze abari bitabiriye bakunda indirimbo zo muri iki gihugu

Gasana Marcellin nawe yanyuze benshi. Haririmbwe indirimbo zitandukanye zirimo n'izo muri Afurika y'Uburengerazuba kugira ngo abantu bizihirwe birushijeho

Rutayisire Jean Claude (Gatoto) ufite umwihariko wo kubyina yikoreye icupa rya SKOL ni umwe mu bashimishije abatari bake

Skol yari umuterankunga w'imena muri iki gitaramo 'Igisope kinaguuye'

Makanyaga yakumbuje abantu ibihe bya kera binyuze mu ndirimbo ze zakunzwe

Igisope Kinaguuye cyaje mu kumara abantu irungu no kwerekana itandukaniro mu bindi bisope


Julien usanzwe abana n'ubumuga bwo kutabona yakoze ku murya w'inanga benshi barizihirwa

Makanyaga yaririmbye igihe cy'isaha

Makanyaga yaririmbye indirimbo ze zamenyekanye mu myaka irenga 25 ishize

Abasaza bakoranaga na Makanyaga ku rubyiniro babyinnye karahava

Abakobwa b'ibizungerezi bari babukereye

Andrei Gromyko [Uri hagati] ari kumwe na Patrick Kageruka [Uri ibumoso] wo muri Skol ku rubyiniro. Aha Patrick yavugaga ko Skol igiye kuba umuterankunga w'ibihe byose w'Igisope Kinaguuye

Makanyaga Abdul na Orchestre ye Inkumburwa nibo bashyize akadomo kuri iki gitaramo





Umunyamakuru wa Kigalitoday, Rusakara yafashe ijambo muri iki gitaramo agaruka ku buryo bw'igisope




Umunyarwenya akaba n'umunyamakuru wa Kigalitoday, Ben Nganji











Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: DOX VISUAL






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ryangombe1 year ago
    Ndemeye kabisa gusa sinagageze ariko AndreGromyco tukuri inyuma kandi iri buye uri gushinga abakuru nabato ntabwo bazabyibagirwa ,turi kumwe umusaza





Inyarwanda BACKGROUND