RFL
Kigali

Chorale de Kigali yavuze ibyo kwitega mu gitaramo cyayo n’ibanga riyikomeje kuva mu myaka 56-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/11/2022 23:21
0


Nk’uko Chorale de Kigali imaze kubigira umuco, buri mwaka ikora igitaramo cy’umwihariko yise “Christmas Carols Concert” mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda gusoza neza umwaka uba urangiye no kuzatangira umushya mu mahoro no mu munezero.



Buri mwaka ishaka umwihariko igenera abakunzi bayo, ugereranyije n’imyaka yabanje. Bigakorwa mu rwego rwo gukomeza gushimisha abakunzi bayo.

Umwihariko ugaragara muri “Christmas Carols Concert” ya 2022 ni uburyo imyiteguro yatangiye kare ku buryo mu rwego rw’imiririmbire ndetse no mu rwego rw’imirimo y’indi isanzwe ireba igitaramo byose bizaba biri mu buryo ku gihe.

Ikindi ni uko amatike y’igitaramo yatangiye kugurishwa kare ugereranyije n’indi myaka yose yabanje.

Ikiguzi cy’uwaguze itike mbere y’igitaramo gitandukanye n’uzayigura ku munsi w’igitaramo. Kuri buri cyiciro cy’itike haziyongeraho 5000 Frw ku munsi nyirizina.

Kuva mu 2013, Chorale de Kigali ikora igitaramo nk’iki. Imibare igaragaza abantu barenga ibihumbi 20 bitabira iki gitaramo. Kandi gitegurwa mu rwego rwo gukundisha Abanyarwanda umuziki uhimbanywe kandi ukaririmbanwa ubuhanga.

Umuyobozi wa Chorale de Kigali, Dr Albert Nzayisenga yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022, ko iki gitaramo bakora buri mwaka kigiye kuba ku nshuro ya cyenda, cyatumye bashinga ibigwi, kandi gituma abantu babiyumvamo.

Ati “Ni igitaramo mu by’ukuri tumaze kugiraho uburambe ngirango twakoze na ‘Brand’ yacyo muri iki gihugu Chorale de Kigali n’iyo yagikoze bwa mbere mu mwaka wa 2013 murumva ko bigiye kuba hafi ku nshuro ya cyenda. Ni igitaramo cyiza, kiryoshye kiri mu ndirimbo zitandukanye zaryoshye cyangwa zashimishije abantu mu bihe bitandukanye by’amateka yabo.”

Igitaramo nk’iki kizaba ku wa 16 Ukuboza 2022 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Kwinjira ni 10,000 Frw mu myanya isanzwe (Regular), 15,000 Frw muri VIP na 25,000 Frw muri VVIP.

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru cyabereye kuri Saint Paul, Dr Albert yavuze ko bumva neza ko iki gitaramo kizaba kiryoshye kubera ibikorwa bya Chorale de Kigali, igihe imaze ikora ibikorwa byo kuririmba n’ibindi byumvikanisha ko nta kujegajega mu mitegurire y’iki gitaramo.

Yavuze ko ari ukwishimira ko iki gitaramo kigiye kuba mu bihe byiza aho Covid-19 yagenjeje macye, ingamba zikoroshywa. Avuga ko umwaka ushize ubwo bakoraga igitaramo nk'iki, babonye abantu benshi ariko ‘ntabwo bari ku rwego twabyifuzaga’ bitewe na Covid-19.

Ati “Ni igitaramo kizaba kirimo indirimbo nshyashya nziza. Ariko harimo n’indirimbo zagiye zikundwa mu bihe byose twagiye dukora ibitaramo.”

Ubu abakunzi ba Chorale de Kigali batangiye guhitamo indirimbo eshatu zizaririmbwa muri iki gitaramo. Dr Albert avuga ko babikoze mu rwego rwo guha ibyiza abakunzi babo. Ni ubwa mbere batanze rugari ku bakunzi babo bagahitamo indirimbo.

Umuyobozi Ushinzwe tekinike muri Chorale de Kigali, Patrick Shema yavuze ko bamaze kwitegura ku buryo ‘n’ejo bakora igitaramo’. Yavuze ko uko imyaka ishira bagenda bunguka byinshi mu bijyanye no gutegura iki gitaramo, bibafasha kurushaho kugitegura neza.

Yavuze ko iki gitaramo kiba kiri mu murongo wo gufasha abakristu kwizihiza Noheli, ari nayo mpamvu indirimbo bategura nyinshi ziba zifasha kwinjira mu byishimo bya Noheli.

Bitewe n’uko iki gitaramo kizaba mu gihe cy’igikombe cy’isi, Patrick yavuze ko abakunda umupira w’amaguru ‘n’abo ntabwo twigeze tubibagirwa’.

Ati “Abakunzi b’umupira mumenyereye ‘Champions League (indirimbo)’ ariko muzumva n’izindi. Rero ku rwego tekinike turiteguye cyane. Kandi iki gitaramo cyateguwe kare ku buryo igitaramo ari ejo korali yaza kandi ikaririmba neza cyane.”

Imyaka 56 irashize Chorale de Kigali ishikamye- Ibanga ni irihe ko hari andi matsinda yagiye atandukana?

U Rwanda rwagize amatsinda akomeye mu muziki yatanze ibyishimo mu bihe bitandukanye aho yiyambajwe, ariko ntiyateye kabiri yaratandukanye.

Si amatsinda y’umuziki aririmba indirimbo zisanzwe gusa zizwi nka ‘Secullar’, kuko n’abaririmba indirimbo zihimbaza Imana bagiye batandukana.

Bose bahuriza ku kuvuga ko hari ibyo uruhande rumwe rutumvise kimwe n’urundi. Hari n’amatsinda azwi yatandukanye, kubera ko umwe muri bo yumvise cyangwa se yabwiwe n’abandi ko ari we nkingi ya mwamba ku buryo atarimo batatera kabiri.

Yarabikoze koko ava mu itsinda, none iryo tsinda ryavuye mu muziki burundu. Ni ibintu byagize ingaruka kuri bagenzi be n’abandi, uruganda rw’umuziki rurahomba!

Imyaka 56 irashize Chorale de Kigali iri mu muziki. Hari abatangiranye n’ayo bakiyirimo n’abandi bayivuyemo kubera impamvu z’ubuzima.

Dr Albert Nzayisenga yumvikanisha ko kuba Chorale de Kigali ari umuryango kandi wisunga amategeko nta muntu uyibamo “uyisumbya imbaraga.”

Yavuze ko amatsinda menshi asenyuka kubera ko haba harimo umuntu wumva ko ari we nkingi ya mwamba, wumva ko ari we rufatiro adahari ritarema.

Bitandukanye no muri Chorale de Kigali aho uwayijyamo afite ibitekerezo nk’ibyo ng’ibyo “abona kare ko atari umwanya we akigendera.”

Ati “Abantu bose bafite ku mutima Chorale de Kigali ko ibaruta. Ko ibikorwa byayo bigomba kwitabirwa nk’uko amategeko abiteganya n’iyo mpamvu dukomezanya. Kandi ikindi n’uko ntabwo abayitangije ari bo bakiyirimo abenshi bitabye Imana n’abakiriho bishimira ko babona abakiri batoya […] Chorale de Kigali ni nk’itorero ryiza rikomeza rizana izindi ntore zikomeza nyine ingamba.”

Ibyo wamenya kuri Chorale de Kigali iri gutegura igitaramo “Christmas Carols Concert” ya 2022:

Chorale de Kigali ni umuryango utari uwa Leta, watangiye mu 1966, ubona ubuzima gatozi mu 1987 bwavuguruwe mu 2011.

Ni umuryango watangijwe n’abahanga muri muzika bari barabyize mu mashuri ya Seminari n’ahandi.

Ab’ikubitiro ni Leon Mbarushimana, Claver Karangwa, Callixte Kalisa, Professeur Paulin Muswahili, Saulve Iyamuremye n’abandi.

Chorale de Kigali, ni imwe muri korali zizwi mu zabayeho mu Rwanda. Yakoze amateka muri muzika ihimbanywe ikanaririmbanwa ubuhanga.

Mu ntangiriro Chorale de Kigali yari igizwe n’abagabo gusa, kugeza mu 1978, ari bwo abari n’abategarugori ba mbere binjiragamo.

Chorale de Kigali ya None:

Imyaka 56 irashize ibayeho. Ubu igizwe n’abanyamuryango bagera ku 150, bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 18-70. Hari 60% ni urubyiruko.

Muri bo abagera kuri 55% ni abagore. Ubu ibarizwa kuri Katederali Saint Michel ikaba ikorera muri Centre Saint Paul.

Ibihangano byabyo byinshi ubisanga kuri shene ya Youtube yayo, aho imaze kugira abayikurikira (Subscribers) bagera kuri 129.432.

Ifite kandi views (abamaze kureba ibihangano) bagera kuri 17.926.530. Uretse Youtube kandi, Chorale de Kigali ifite imbuga nkoranyambaga nka Instagram, Twitter na Facebook.

Chorale de Kigali ubu ifite gahunda igenderaho y’imyaka itanu, ari yo iherwaho hakorwa gahunda y’ibikorwa byari buri mwaka.

KANDA HANO UBASHE KUGURA ITIKE MURIIKI GITARAMO

KANDA HANO UBASHE GUHITAMO INDIRIMBO BAZAKURIRIMBIRA

 

Chorale de Kigali yatangaje ko “Christmas Carols Concert (CCC) 2022” izarangwa n’indirimbo za Noheli, izigaruka ku gikombe cy’isi n'ibindi 

Dr Albert Nzayisenga uyobora Chorale de Kigali, yavuze ko kuba mu mwaka ushize Karidinali Antoine Kambanda yaritabiriye igitaramo cyabo  ari ishema rikomeye. Ati “Ntabwo byamutunguye zari inshingano z’umubyeyi ku mwana…” 

Visi Perezida wa mbere wa Chorale de Kigali, Dr Kayitesi Diane, avuga ko kuva mu 2013 bakora iki gitaramo bibereka ko abantu bakunda umuziki uhimbanwe ubuhanga 

Rukundo Charles Lwanga uri mu bari gutegura iki gitaramo, yavuze bahisemo ko iki gitaramo kiba ku wa Gatanu w’icyumweru kibanziriza Noheli kugira ngo bitazabangamira abakunzi b’imikino y’igikombe cy’Isi 

Umuyobozi Ushinzwe tekinike muri Chorale de Kigali, Patrick Shema yavuze ko isaha n’isaha biteguye gutaramira abakunzi babo, kuko biteguye bihagije 

Uhereye ibumoso: Rukundo Charles Lwanga, Dr Albert Nzayisenga, Dr Kayitesi Diane na Patrick Shema

Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND