RFL
Kigali

Batangaje ibidasanzwe: Ibyamamare byatambutse ku itapi itukura mu bihembo bya Kiss Summer-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/10/2022 22:29
0


Mu gihe kingana n’isaha n’igice ibyamamare bitandukanye byaserutse mu myambaro idasanzwe yiganjemo ibara ry’iroza n’umukara, ari nako bagenda batangaza ibintu bitandukanye.



Ku isaha ya 17:55 nibwo abatumirwa batangiye kwakirwa ku itapi y’umutuku, batangira bakira Chris Eazy.

Igikorwa cyo kwakira abantu biganjemo ibyamamare cyayobowe na Antoinette Niyongira, afatanije na Cyuzuzo Jeanne D’Arc.

Chris Eazy yagize ati:”Ibyo dukora byose tubikorera abantu, nibo batuma tubigeraho kandi kuba ndi mu bahataniye ibihembo niyo ntsinzi ya mbere ibindi ni inyongera.”

Yakurikiwe na Junior Giti unareberera inyungu z’umuhanzi Chris Eazy ati:”Icyo navuga ni inzozi ziri kugenda ziba impamo, kandi amahiwe aho muyamuha niho nyakira.”

Ku isaha 18:00 nibwo umushyitsi mukuru yakiriwe ku itapi y’umutuku, ahamya ko yishimiye kuba mu birori by’umuziki nyuma y’igihe kitari gito.

Ku isaha ya saa 18:01 nibwo Kenny Sol yatambutse mu myambaro isa umutuku ati:”Mbaye ndi utanga igihembo atari njye ucyegukanye, nagiha uwo ari we wese wabashije gukora.”

Ku isaha ya 18:05 nibwo Franco Kabano yahageze, yari yambaye ikositimu nziza iri mu ibara ry’iroza ati:”Umuziki ni ikintu abantu bifashisha mu bintu bitandukanye, rero no mu mideli turawifashisha kandi ubuhanzi ni urusobe.”

Ku isaha ya saa 18:07 nibwo Miss Popularity 2020, Irasubiza Alliance yatambutse ku itapi y’umutuku, yambaye ikanzu nziza n’ikamba mu mutwe.

Ku isaha ya saa 18:11 nibwo Michelle Iradukunda yanyuze ku itapi y’umutuku, na we yari yambaye ikanzu y’ibara ry’iroza avuga ko aha amahirwe buri wese.

Ku isaha ya saa 18:13 Emmy Kintege na Zizou Al Pacino bageze ahabereye ibi birori, batangaza ko baha amahirwe buri wese.

Kuri Al Pacino ati:”Ibihembo birivugira duhereye kubyo Kiss yakoze mu myidagaduro nyarwanda, bityo ni ibihembo bishyigikira abakoze kandi bigatuma abantu barushaho gukora cyane.”

Ku isaha ya saa 18:17 Ruti Joel nibwo yatambutse ku itapi y’umutuku, asobanura ukuntu yabashije guhuza imiziki ya kizungu na gakondo ati:”Biriya byavuye ku kuba narahuje uko ngana n’umuziki nyarwanda.”

Ku isaha ya 18:22 nibwo Mignonne wahoze ari umukozi wa Kiss FM mu makuru y’ubukungu, mu ikanzu iri mu ibara ry’iroza ari kumwe na musaza we wambaye bya kinyarwanda.

Ku isaha ya saa 18:33 Masamba yageze ahabereye ibirori, yakirwa ku itapi y’umutuku. Abajijwe ku muhanzi aha amahirwe ati:”Sinzi abahanzi bahatanye ariko nimbamenya ndabavuga.”

Akomeza agira ati:”Iyo umuntu yahawe igihembo bigaragara ko yakoze, kandi bitera imbaraga abakoze.”

Ku isaha ya 18:35 nibwo abagize Symphony bageze ahabereye ibihembo. Haje babiri bari babucyereye, babajijwe kubo bashyigikiye, umwe muribo ati:”Njyewe nshyigikiye Santana, nkunda umuntu ugitangira kandi ashoboye.”

Ku isaha ya 18:40 mukuru wa Yvan Buravan yageze ahabereye ibihembo avuga ko yaje kubwa murumuna we, kandi yishimye kuko na we aricyo aziko yifuza ko abantu bakomera kandi bakishima.

Ati:”Ibikorwa bye bigomba gukomeza kandi turi gushaka guhuza ibikorwa bye, gushyira hanze Album ye ‘Twaje’, kuzamura YB nka Brand.”

Ku isaha ya 18:50 ni bwo Peace Jolis na Emmalito batambutse ku itapi y’umutuku, Peace ahawe umwanya wo kugira uwo avuga aha amahirwe yagize ati:”Abahanzi bose bari gukora cyane.”

Ku isaha ya 18:55 nibwo Alyn Sano yatambutse ku itapi y’umutuku ati:”Tuvanye uburyarya ntawuba atifuza gutsinda, ariko twese dufite amahirwe kandi nta bwoba mfite kuko ntajya nsindwa ahubwo mbyita kwiga.”

Ku isaha ya 19:02 Miss Kalimpinya nibwo yatambutse ku itapi y’umutuku ari kumwe n’ikipe ngali isigaye imufasha mu mwuga yinjiyemo wo gutwara imodoka, aho agenda yitabira amarushanwa atandukanye.

Ku isaha ya 19:04 nibwo Rumaga, Juda Muzika, Adolphe n’abandi batambutse ku itapi y’umutuku.

Ku isaha ya 19:08 Murindahabi Irene yahawe umwanya ati:”Mbere ya byose Imana ibahe umugisha, mwateguye neza, abakobwa bageze kure ubushize mwatwibiye muri Kigali Arena mureke dutahe neza.” Aha yavugaga ku bakobwa areberera inyungu bahatanye mu cyiciro cya Best Female Artist.

Ku isaha ya 19:11 Yampano yatambutse agira ati:”Icyo nomination ivuze ni uko ndimo kugenda nsatira inzozi zanjye.” Alto nawe ahawe umwanya ahamya ko ashyigikiye Producer Santana.

Ku isaha ya 19:13 nibwo Nel Ngabo na Producer Clement batambutse ku itapi y’umutuku, abajijwe ku kuba ari mu bahatanye yagize ati:”Ni ibintu byiza kubona abashya, birashimishije kuko baba bafite icyo baje kongera ku kazi kakozwe.”

Nel Ngabo ati:”Nishimira guhatana ariko kuva ibihembo byatangira nagiye mpatana ariko sindagira amahirwe yo kwegukana igihembo, ariko mfite nishimira kuba mubona ibikorwa dukora.”

Ku isaha ya saa 19:18 nibwo Boubou Umuyobozi wa East African Promoters yageze ahabera ibirori, ati:”Ibihembo ni ikintu cyiza cyane gituma abantu bakomeza gukora, nahisemo gushora mu muziki kuko nkukunda nzakomeza nkushoremo.”

Ku isaha ya 19:20 Linda Priya na Zaba banyuze ku itapi y’umutuku

Ku isaha ya 19:22 ababyinnyi General Bend na Jojo Breezy batambutse ku itapi y’umutuku.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND