Irushanwa rirakomeje bane bagiye gutangira kujya buri munsi bakurwamo, kugera hamenyekanye 30 bakomeje muri 50 bakomeje muri One Nyota Music Competition.
Guhera kuri
uyu wa 28 Ukwakira 2022 ku isaha ya saa mbiri z’ijoro harakurwa mu irushanwa 4, igikorwa kizakomeza buri munsi kugera kuwa 01 Ugushyingo 2022 ubwo hazamenyekana
ku mugaragaro 30 bakomeje.
Mu kiganiro inyaRwanda.com yagiranye n’umwe mu bategura iri rushanwa yasobanuye uko bizakorwa ati: “Nibyo koko hashize iminsi abahatanye barabimenyeshejwe ko hazaca uwambaye, uwakoze, ufite amanota macye atazakomeza.”
Akomeza agira ati: “Twifuje kutabikora duhutiyeho dutanga umwanya wo kwitegura
no kongera amahirwe n’umuhate mu irushanwa, ubu tugiye gutangira gusezera
aba mbere haherewe kubazajya baba bari inyuma.”
Asoza agira
ati: “Twiteguye gukorana n’umuhanzi uwo ari we wese uzakomeza kuko twabatoranije
tubizeye, bityo uzatsinda twiteguye gukora iyo bwabaga ngo tumufashe kurotora
inzozi ze.”
Aya marushanwa
yatangiye kuwa 05 Nzeri 2022 hatangwa uburyo bwo kwiyandikisha, aho abagera kuri
214 aribo biyandikishije kugera kuwa 10 Ukwakira 2022, nyuma kuwa 14 Ukwakira
2022 habaye igikorwa cy’amajonjora yitabiwe n’abagera kuri 85 baturutse mu
turere dutandukanye tw’u Rwanda.
Muri abo, 50 nibo
babashije kwinjira mu cyiciro cy’amatora cyatangiye kuwa 17 Ukwakira 2022, kikazasozwa kuwa 01 Ugushyingo 2022 hamenyekana abakomeje bagera kuri 30.
Aba
bazakurwamo 10 bazagera mu cyiciro cya nyuma, abagera kuri batatu bakaba aribo
bazahabwa ibihembo. uwa gatatu azakorerwa indirimbo 3 z’amajwi zirimo imwe ifite
amashusho, uwa kabiri azakorerwa indirimbo 5 z’amajwi zirimo ebyiri zifite
amashusho mu gihe cy’umwaka.
Aba uko ari
babiri bakaba ariko nta masezerano bazaba bafitanye n’ikompanyi yateguye
amarushanwa ya CHUFA, uretse uzaba uwa mbere niwe wenyine uzahabwa amasezerano y’umwaka
ashobora kongerwa, arimo gukorerwa indirimbo zigera ku 10 z’amajwi zirimo enye z’amashusho
no gufashwa mu bikorwa byo kuzimenyekanisha n’ibindi.
Ukwezi ku Ugushyingo nibwo hategerejwe kimwe cya kabiri cy’irushanwa, kiza gihatanamo abagera kuri 30 bazava muri 50 bahatanye kugeza ubu. Gutora birakomeje binyuze kuri events.noneho.com hanifashishijwe *559*60#.
KANDA HANO UHESHE AMAHIRWE UMUHANZI USHYIGIKIYE MU IRUSHANWA RYA ONE NYOTA MUSIC
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’UKO BYARI BYIFASHE MU MAJONJORA
TANGA IGITECYEREZO