Mu nteko rusange ya Gicumbi FC hatangajwe ko iyi kipe izakoresha ingengo y'imari ingana na Miliyoni 70, ariko izigera kuri 40 zimaze gukoreshwa shampiyona itaratangira.
Kuri
iki cyumweru tariki 23 Ukwakira mu Karere ka Gicumbi habereye inteko rusange
y'abanyamuryango ba Gicumbi FC aho yari igamihe kurebera hamwe ubuzima ikipe
imazemo iminsi ndetse n'uko izabaho mu minsi iri imbere, ndetse bigendanye no
gutora ubuyobozi bushya buzareberera iyi kipe.
Ubwo
hari hagezweho uburyo iyi kipe izabaho ndetse n'abakinnyi, hatangajwe ko
Gicumbi FC mu rugendo rwo kugaruka mu cyiciro cya mbere izakoresha miliyoni 70
Frw nk'amafaranga umuterankunga mukuru akarere ka Gicumbi yabahaye.
Mu kiganiro kihariye Niyitanga Desire yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko intego za mbere
zibazanye ari ukugarura ikipe mu cyiciro cya mbere. Yagize ati "Ikipe
uwavuga ko idahagaze neza ntabwo yaba abeshye, gusa tuzanye intego yo kugira
ikipe ikomeye. Njye na komite yanjye tugiye gushyiramo imbaraga turebe ko ikipe
hari aho twayikura n’aho twayigeza, nk’uko mubizi iyo ikipe iri mu cyiciro cya
kabiri kandi isanzwe ikina icyiciro cya mbere, intego nyamukuru ziba ari
ukugaruka mu cyiciro cya mbere. Ibi nibimara gukorwa ikipe ikazamuka, tuzubaka
n'uburyo igomba kuhaguma bihoraho. Dufite inzego zuzuye, igisigaye rero ni
ukubaka ikipe ihatana kandi bihoraho."
Kubijyanye
n'amafaranga ikipe izakoresha, perezida yavuze ko amafaranga yose azaba ahari
azakoreshwa. Yagize ati " icyo nemera ni uko amafaranga yaba macye yaba
menshi ikipe igomba kuzabaho kandi mu buzima bw'ikipe umuterankunga wacu mukuru
ni akarere, ndetse n'abandi banyamuryango, ikizaba cyose mwamenya ni uko ikipe
izabaho kandi nta kibazo igize. Aho bizaba ngombwa ko twongera kwicara
n'umuterankunga bizabaho, kandi nibiba ngombwa ko amafaranga yongerwa nayo
azongerwa."
Bivugwa
ko amafaranga akarere kahaye komite nyobozi yari iriho ari miliyoni 70 Frw kandi
zagombaga gutunga ikipe, gusa muri ayo mafaranga miliyoni 20 zahise zihabwa
ikipe yo muri Ghana yari ifitanye ikibazo na Gicumbi FC kubera gukinisha
umukinnyi wayo Paul Laal Guaria.
Andi
mafaranga agerakuri miliyoni 20 nazo zakoreshejwe mu bikorwa byo kubaka ikipe
harimo abakinnyi bagera kuri 25 iyi kipe ifite, bivuze ko nibura miliyoni 30
arizo Gicumbi FC izatangirana shampiyona y'icyiciro cya kabiri.
TANGA IGITECYEREZO