RFL
Kigali

Umunsi w’ubukwe bwe ubaye uwo kumushyinguraho! Inkuru iteye agahinda ya Diane wapfuye avuga uwamuroze

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:22/10/2022 11:52
12


Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hari gucicikana amafoto y’umukobwa n’umusore bakundanaga ndetse n’ubutumire bw’ubukwe bwe bwari kuba uyu munsi, yitabye Imana ababaye cyane.



Urupfu rw'uyu mukobwa rwababaje abatagira ingano nk'uko biri mu buhamya butangwa n’abo mu muryango we, Marene we [Marraine] wanamwitayeho kugeza yitabye Imana.

Aba bose bumvikana mu gahinda gakomeye cyane bagararaza Gentille nk’umwana wubahaga buri wese, akaba yari afite inshuti ye y’akadasohoka babanaga ari nawe bikekwa ko yamuroze kuko ngo Gentille yapfuye amuvuga.

Muri iyi nkuru tugiye kwifashisha shene ya youtube yitwa Actionz Tv, yamusuye mu murenge wa Remera mu mujyi wa Kigali aho uyu mukobwa yabaga.

Kubwimana Vestine Yvette wari Marene wa Gentille ni we wamubaye hafi cyane afatanyije n’ababyeyi be, umusore bakundanaga, inshuti z’uyu mukobwa n’abaturanyi.

Uko byatangiye kugira ngo yisange yarozwe kugeza ubwo yitaba Imana.

Marene wa Gentille yavuze ko bakimenya ko afite ubukwe bagiye kubona babona umwana agenda ananuka, rimwe akagwa bakamwegura bamujyana kwa muganga bakabura indwara.

Yagize ati: ’’Kuva inkuru y’ubukwe ikiza hasohoka ijambo Save The Date, rimwe tukumva umwana yaguye bakamutora mu muhanda tukamuzana, tukamujyana kwa muganga bagapima indwara zose tukabura n’imwe.

Bigeze aho bakamutera amaserumu, bakamusezerera agataha ariko akirwaye n’ubundi. Biba uko nguko umwana agashonga, umwana yari afite nk’ibiro 70 ariko agenda ashonga ariko kwa muganga nabo babura indwara kugeza ubwo agejeje ku biro 25.’’

Marene akomeza avuga ko n’umurenge bawugiyemo arwaye ariko babona atangiye gutera agatege. Aragira ati ’’Umurenge wabaye tariki 13 Ukwakira 2022, twagiye mu murenge dutangiye kugira icyizere, tukabona ari kugarura agatege kuko mu murenge yarariye arananywa".

Akomeza agira ati "Ubwo twageze ahangaha dusoje ibirori by’umurenge, nongeye kugaruka kuwa Gatandatu nje kureba uko Gentille ameze, ugira ngo tunatangire gutegura ubukwe, n’abazakora mu bukwe bwe twiteguye ko uyu munsi ku itariki 22 Ukwakira ari umunsi w’ubukwe bwe".


Ubukwe bwari kuba uyu munsi 

Ati "Umwana, nje arambwira ati 'hari ibintu noneho ndumva nta kibazo mfite ariko ndumva amavi ababara atari gukora, ndumva ntanabasha no guhaguruka'. Kuri uwo munsi noneho no guhaguruka ntabwo byabayeho, yahagurukaga bamufashe, bafashe n’amaguru atabasha guhaguruka.

Noneho iryo joro ntaha bampamagara saa sita z'ijoro bambwira ngo umwana ururimi rwasohotse, amaso yasohotse yari ameze nk’uri guhebeba, ururimi rwasohotse n’amaso yavuyemo".


Agahinda ni kose ku mugabo we

Ati "Nibwo yatangiye abwira papa we ati 'Ndagukunda, mama Ndagukunda', abaturanyi bose abavuga mu mazina, haza umukozi w’Imana aramusengera, ibyo bintu byamurekuye mu gitondo.

Kuri uwo munsi mu rucyerera ni bwo nateguye guhita nza kumureba, nje nsanga abantu benshi baje kumureba, akatubwira ati 'Yvette nijoro uzi ibyambayeho, naraye mpfuye mama nakubwire naraye mfuye ndazuka'".


Bari baherutse mu murenge

"Baransengera mu gitondo ni bwo nabonye ibyo bintu bindekura, nabonaga ibigabo bitatu bije kumfata, bikaza bije kumfata nkabwira mu rugo nti ibintu biramfashe nkabwira abaturanyi kuko baraye bicaye".

Marraine w'uyu mukobwa, arakomeza ati "Yakomeje ambwira ko ibyo bigabo bitatu byaje gusubirayo, gusa nyuma y’uko bigenda haje ibindi bigabo. Nakomeje kumwihanganisha ngo ihangane umunsi w’ubukwe ugere ambwira ko bitoroshye ariko mubwira ngo komeza usenge".


Gentille yashavuje benshi

Ati "Mu gahinda kenshi k’abari bari aho ubwo Mutoni Gentille yitabaga Imana, Nyirakuru we niwe wabashije gutobora aravuga akomoza ku mukobwa w’inshuti ye wamuroze.

Mbega uwo mukobwa atari yasabwa, yabanaga n’uwo mukobwa, noneho n'aho amariye gusabirwa, akajya amuhamagara wenda nk’uwo mugabo we yaje akamuhamagara yaje bakajyana yari inshuti ye cyane. Rero uwo ni we wabikoze, nawe ubwe yapfuye abyivugira. Yapfuye amuvuga amazina".


Ubutumire bwari bwaramaze gusohoka


Umuhango wo kumushyingira utegerejwe uyu munsi

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE CY'UBUHAMYA BWA Diane






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Frederic1 year ago
    Imana imwakire mubwami bwayo Nukuri birababaje,,,kurino si ya mungu habaho abakunz nabansi Nanjew ndibuka hasigaye indwi imwe kugira nkore marriage ko umugore yahatswe gufa barikumw na marraine wiwe imodoka igomba ibatevye Imana yarabyanze ko biba irabarokora Nukuri iyo ushaka kugira ubukwe ubufite ibigeragez byishi caaaane... Gentilles nukuri agiye twari tumukunda naho ntamuzi ndizey ko imana izamuhoza amarira agiz kubona arengutse I bukama atabanye n uwiw RIP
  • ISAAC TWAGIRAMUNGU1 year ago
    DI NIMUKOMERE TWESE NIYO NZIRA . NABA NAWE ARAGIYE ARIKO UMUHITANYE AZABONA ISHYANO . NDABIVUZE.
  • Tabarojules1 year ago
    Imana imwacyire mubayo Gus baramurangaranye bagikoresha ibizamini bakabura indwara barikumujyana mubacyinyarwanda Kandi baravura nange ubwange narimubuze mbere Yuko dukora ubukwe ariko yaravuwe aracyira hamwe nimana
  • Adrien1 year ago
    birababaje kandi biteye na gahinda
  • Mushimiyimanalibery 1 year ago
    Uruhuke mumahoro Imana ikwakire mubayo tuzaguhozaho umutima kd Imana ihora ihoze,uwakwifurije ikibi ntizatinda kumukoza isoni,,
  • Gikundiro Lomaric 1 year ago
    Yooh Imana imwakire mubayo nukuri gusa nkuwo wamuroze azapfe ababaye pe nagera ni kuzimu akomeze ababare kuko nu muhemu mubi Ari nka mushiki abikoze narara nanjye mutwitse Ari muzima
  • Gahima1 year ago
    Bamuroze se nabo. Nibaroge nubundi leta ntabwo yemera amarozi uwo mwicyanyi nawe apfe. Ko bamuzi se! Nibaroge nabo sha.
  • Ishimwe1 year ago
    Arko abanyanda na banyandakazi ko babuze ubupfura Koko ubumuntu bwagiyehe Ruhukira mumahoro abasigaye nimukomere nubwo bigoye uwamuroze Umwami akorera azamuhemba bidatinze
  • Ndamutso Jacky 1 year ago
    Abo twita incuti nibo banzi bacu. Diane iruhukire mumahoro. Ntuzasibika mumitima yacu😭😭❤️
  • Nzirorera valens1 year ago
    Mwihangane rwose.
  • Anne Marie1 year ago
    Rest in peace 💔 Gusa inshuti zo muri iyi ni mbi cyane 😭😭😭
  • Hitimana daniel 1 year ago
    Yoooooo disi Imana imwakire mubayo





Inyarwanda BACKGROUND