RFL
Kigali

Aherekejwe n’umugore, Platini yagiye gutaramira muri Amerika, azahurira na TMC mu bukwe-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/10/2022 22:04
1


Umuririmbyi Nemeye Platini wamamaye mu muziki ku izina rya Platini P, yafashe indege yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho agiye gukorera ibitaramo.



Ni ubwa mbere Platini agiye gukorera igitaramo muri Amerika nk’umuhanzi wigenga. Ariko akiri muri Dream Boys bahataramiye mu bihe bitandukanye.

Yahagurutse ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022, aho yari aherekejwe n’umugore we Olivia Ingabire n’imfura ye y’umuhungu.

Uyu muhanzi afite igitaramo ku wa 15 Ukwakira 2022 kizabera mu Mujyi wa Kentucky azahuriramo n’itsinda rya Charly na Nina. 

Anafite igitaramo ku wa 11 Ugushyingo 2022 kizabera mu Mujyi wa Main Poland.

Ku wa 19 Ugushyingo 2022, uyu muhanzi azataramira muri Texas mu mujyi wa Dallas. Anafite igitaramo mu Mujyi wa Michigan.

Platini yabwiye itangazamakuru, mbere y’uko ahaguruka umugore we yamuragije Imana, kandi amushishikariza kuzakomeza gusenga Imana muri uru rugendo rw’amezi abiri agiye gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu mugabo yavuze ko afite amatsiko yo kongera guhura na TMC bahoranye mu itsinda rya Dream Boys. Cyane ko hashize hafi imyaka itatu badahura.

Abajijwe niba hari igitaramo azahuriramo na TMC, yavuze ko ataramenya gahunda ariko ‘hari ubukwe dushobora guhuriramo tukaramukanya’.

Ati “…Ningira amahirwe yo kumubona bizaba ari byiza. Nibaza ko byaba ari ibintu byiza, kuko hashize imyaka itatu.”

Akomeza ati “Kugeza ubu nta kintu baratubwira ariko cyaba ari ikintu kinejeje. Eeeeh ndibutse [Akubita agatwenge] kugeza ubu ibyo nzi neza hari ubukwe dushobora guhuriramo tukaramukanya mbere na mbere.”

Yanavuze ko muri ibi bitaramo azaririmbamo muri Amerika, birashoboka ko TMC bazabihuriramo. Ariko bizaterwa n’ababiteguye uko babishaka.

Platini yavuze ko ajyanwe no kugaragaza ibikorwa biranga imyaka ibiri ishize ari mu muziki nk’umuhanzi wigenga.

Iyi myaka ibiri ayisobanura nk’urugendo ruteye ishema ‘kuko nta gusubira inyuma kurimo’. Ndetse, abasha gusobanura neza ubuhanzi bwe nk’uko abwiyumvamo.

Uyu muhanzi avuga ko uretse gutaramira Abanyarwanda batuye muri iyo mijyi, bizaba ari n’umwanya wo gususurutsa abarundi bahatanuye cyane cyane binyuze mu ndirimbo ‘Ikosa 1’ aherutse gukorana n’umuhanzi Big Fizzo wo mu Burundi.

Platini ashima itangazamakuru ryamushyigikiye, inshuti ze, umuryango we, itsinda ry’abaririmbyi n’abandi bakomeje gushyira itafari ku rugendo rw’umuziki we, cyane cyane itsinda Kina Music, inzu ifasha abahanzi ya One Pecent abarizwamo.

Agiye kumara amezi abiri muri Amerika. Platini yavuze ko mu rwego rwo kuticisha irungu abafana be bo mu Rwanda, ku wa 1 Ugushyingo 2022 azashyira hanze Extended Play (EP) iriho indirimbo esheshatu. Eshatu muri zo zamaze gukorerwa amashusho.

Uyu muhanzi anavuga ko hari amashusho y’indirimbo azafatira Amerika, kandi kuri iyi EP hariho abahanzi babiri bo mu mahanga bakoranye. 

Platini yagiye gukorera ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika 

Platini yaherekejwe n’umugore we Olivia Ingabire ndetse n’imfura ye 

Platini yavuze ko muri ibi bitaramo ashobora kuzabihuriramo na TMC. Ndetse bazaririmba mu bukwe bumwe 

Platini yaherukaga muri Amerika mu 2018. Icyo gihe yari yitabiriye inama na mugenzi we TMC 

Imyaka ibiri ishize ari mu muziki, Platini ayisobanura nk’urugendo rw’umugisha rudasubira inyuma 

Platini yavuze ko agiye gushyira hanze EP ye nshya iriho indirimbo esheshatu

REBA ICYO PLATINI YATANGAJE YITEGURA KUJYA MURI AMERIKA

">

Kanda hano urebe amafoto menshi

AMAFOTO: Ngabo Serge






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • k1 year ago
    buriya umugabo ni nde umugore ni nde ko mbona bose basa





Inyarwanda BACKGROUND