RFL
Kigali

MU MAFOTO 30: Ikimero cya Nabbi n'iby'urukundo rwe na Otile Brown

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:9/10/2022 11:18
0


Otile Brown yafashe umwanya ataka Nabbi umunya-Ethiopia bafitanye amateka akomeye mu rukundo, nyamara amezi yari abaye atatu atangaje gutandukana kwabo nyamara ubwiza bwe bukaba bukomeje kumubana isereri.



Kwikuramo umukunzi we bisa nk’aho bikomeje kugora Otile Brown, wafashe umwanya akamwifuriza isabukuru nziza mu magambo aryohereye agira ati:”Umunsi mwiza w’amavuko kuw’ubwiza burenze ufite roho y’agatangaza mubo namenye Nabbi ramba, utsinde wuzure ibyishimo.”

Nyuma yo kubona ubu butumwa twifuje gusa kubereka ubwiza bwa Nabbi, no kwinjira gato mu rukundo rw’aba bombi. 

Urukundo rwabo rwatangiye muri Werurwe 2019 ariko rukagenda rurangwa no gutandukana bya hato na hato bidashira, ndetse muri iyi minsi bikaba byari bizwi ko bashyize akadomo ku rukundo rwabo.

Muri Kamena nibwo Otile Brown yari yatangaje ko yamaze gutandukana n’umukunzi we ukomoka mu gihugu cya Ethiopia, Nabayet, aya makuru akaba yarayasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Otile Brown yari yagize ati: “Njyewe na Nabbi ntabwo tukiri kumwe, twagerageje kureba ko twakomezanya ariko byaranze. Ni umuntu w’agatangaza, kubw’ibyo nzahora mwubaha, mwitaho, kandi mworohera. Nta kindi namwifuriza, uretse amahirwe mu buzima buri imbere.”

Mu mwaka wa 2021 kandi Otile yari yafashe umwanya avuga ibintu bimukurura kuri uyu mwari, ati: “Si ubwiza gusa ni ikirango cy’amahoro, ubumuntu, urukundo, ibyishimo, ubwenge, umutuzo, ubwubahane, ubwumvikane kandi inseko ye n’uko amwenyura byavura na Kanseri.”

Icyo gihe kandi yanakomoje ku kubana kwabo agira ati: “Kandi ibyo nibyo nifuje ndagusezeranya ko mu gihe cya vuba tuzabana.”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND