RFL
Kigali

Chorale St Paul igiye gukora igitaramo cy’umuziki wa ‘Classic’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/10/2022 17:17
1


Chorale Saint Paul ibarizwa muri Paroisse ya Kicukiro, igiye gukora igitaramo cy’umuziki wa ‘Classic’ kizafasha abanyarwanda n’abandi kurangiza neza umwaka wa 2022.



Iki gitaramo bise “Great Classic Concert” kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ku wa 11 Ukuboza 2022.

Ni igitaramo bagiye gukora nyuma y’icyo baherutse gukora cyabereye kuri Grand Legacy Hotel, cyari kigamije kwitegura iki cyo mu Ukuboza.

Muri icyo gitaramo bakoze ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bari batumiyemo abafatanyabikorwa babo mu rwego rwo kubasogongeza ibizaranga iki gitaramo bazakora. Haririmbwemo indirimbo yubahiriza ikipe ya Gasogi United n’izindi.

Umuririmbyi akaba n’umuyobozi wa Chorale Saint Paul, Nizeyimana Nyituriki Denys yabwiye InyaRwanda ko iki gitaramo bagiye gukora kigamije ‘gususurutsa abanyarwanda bose mu muziki umwe w'abahanga w'amanota n'amajwi ‘classic’.

Umuziki wa ‘Classic’ urazwi cyane ku isi, ukunda kwandikwa mu manota, ugasomwa mu manota ukanaririmbwa mu majwi ahanitse.

Indirimbo yubahiriza Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Mugabane w'u Burayi (UEFA), iririmbwa kandi icuranze muri aya majwi.

Denis anavuga ko muri iki gitaramo bazanaririmba izindi ndirimbo ‘zo kwidagadura zikunzwe cyane mu Rwanda, zaba izigezweho ndetse na karahanyuze’.

Ati “Icyo gitaramo gitumiwemo abanyarwanda bose ndetse kuburamo ni uguhomba kuko hazaba harimo abaririmbyi b'abahanga n'abacuranzi, ndetse uburyo icyo gitaramo giteguyemo ntabwo busanzwe abazaba bitabiriye bazatungurwa.”

Chorale Saint Paul igiye gukora iki gitaramo nyuma y’ibitaramo bikomeye bakoze nyuma y’icyorezo cya Covid-19, cyibasiye Isi kuva mu myaka ibiri ishize.

Denis ati “Abitabiriye baranezerewe cyane (igitaramo cyo ku wa Gatandatu) ndetse babanza kwanga ko dusoza, aho banadusabye gusubiramo indirimbo twaririmbye."

"Abazitabira muri Camp Kigali rero bo bazabona ibirenzeho, kuko imyiteguro ubu turayikomeje ndetse cyane.”

Chorale Saint Paul izwi mu ndirimbo yahimbiye ikipe ya Rayon Sports, APR FC na Gasogi United. Yanashyize hanze indirimbo zirimo nka ‘Umubyeyi uturutira abandi’, ‘Rwandan Waltz’, ‘Rwanda horana ibyiza’ n’izindi zitandukanye. 

Chorale Saint Paul yatangaje igitaramo yise ‘Great Classic Concert’ kizaba mu Ukuboza 2022 

Umuziki wa Classic ukundwa n’abatari bacye wahawe umwihariko muri iki gitaramo 

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, abaririmbyi ba Chorale Saint Paul bakoze igitaramo gikomeye

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UMUBYEYI UTURUTIRA  ABANDI’ YA CHORALE SAINT PAUL

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO YUBAHIRIZA UEFA CHAMPIONS LEAGUE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwimana noella1 year ago
    Twubahane





Inyarwanda BACKGROUND