RFL
Kigali

Dore impamvu zituma amenyo ahinduka umuhondo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:5/10/2022 7:58
0


Buri wese aba yifuza amenyo y’umweru kandi yererana cyane. Gusa hari ibyo muntu akora bigatuma amenyo ye ahindana ku buryo abura igaruriro.



Imico umuntu agira n’ibindi bikorwa bibera mu kanwa, ibyinshi byangiza amenyo ye kubera ko bitera ikibazo gikomeye cyane kuko hari n’ubwo biviramo amenyo gutatana cyangwa amwe agakuka. Uretse kuba amenyo yawe yaba umuhondo kandi ashobora no kuba yahongoka.

Hari impamvu nyinshi zituma amenyo ahindura ibara, akava ku mweru akaba umuhondo cyangwa agafata andi mabara. Ahari bishobora kuba amafunguro muntu afata buri munsi nayo aturuka ku buzima bubi abantu baba babayemo.

1.Kutita ku menyo yawe

Niba isuku yawe yo mu kanwa by’umwihariko ku menyo yawe ari mbi, ukaba utoza amenyo yawe nk’uko bisanzwe, bagiteriya zishobora kuzangiza amenyo yawe bikaba byatuma ahinduka umuhondo.

2.Imyaka

Imyaka myinshi nayo itera amenyo guhindura ibara, akaba yaba umuhondo cyangwa agafata irindi bara. Uretse imyaka, twavuga n'uburwayi.

3.Kurya amafunguro yiganjemo isukari

Amafunguro aryohereye cyane nayo ashobora gutuma amenyo ahindura ibara, akaba umuhondo. Mu rwego rwo kurinda amenyo yawe, usabwa kwirinda amafunguro arimo imigati, ibijumba byinshi, inyanya nyinshi, pome nyinshi n’ibindi.


Inkomoko: OperaNews






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND