RFL
Kigali

Ibirori by’ubukwe bwa Fofo wo muri Papa Sava birarimbanije-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/10/2022 11:44
1


Umukinnyi wa filime Niwemubyeyi Noella uzwi nka Fofo muri filime ‘Papa Sava’, agiye kurushinga n’uwamwihebeye.



Ni mu birori bigiye kubimburirwa n’umuhango wo kumusaba no kumukwa bibera mu busitani bwa Mlimani ku musozi wa Rebero.

Nyuma baraza kujya gusezerana imbere y’Imana n’abantu, mu gikorwa kibera muri Hotel Sainte Famille rwagati mu mujyi wa Kigali.

Urugo rushya rwa Fofo na Daniel ruraza kwakirira abashyitsi n’ubundi muri Mlimani.

Umunsi w’ubukwe bwabo ukaba ugeze nyuma y’uko rwagati mu kwezi kwa Nzeri 2022, Fofo yari yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi n’abakobwa b’inshuti ze biganjemo n’abakinnyi ba filime.

Daniel Niyigena akaba ari we wegukanye Fofo, umukobwa uvugisha benshi mu ruganda rw’imyidagaduro ndetse uburanga bwe bukazonga benshi barimo abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Ibyicaro byiza byateguriwe Fofo na Daniel n'ababaherekeza ku ruhembe rw'imbere

Ibyicaro byiza byateguriwe abaza kubashyigikiraAba mbere bamaze kuhageraGahunda y'umunsi w'amateka w'ubukwe bwa Fofo

Benshi mu bakinnyi ba filimi bitabiriye ibirori byo gusezera ubukumi bya Fofo








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sibomana.j.p1 year ago
    Nabikunzecyaneee





Inyarwanda BACKGROUND