RFL
Kigali

Yagize ikibazo bituma ahitamo guhisha isura: Style yakoze indirimbo ‘Ni Wowe’ -VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/09/2022 13:09
0


Umuhanzi mushya mu ruhando rw’umuziki, Style yashyize hanze indirimbo avuga ko ariyo tangiriro ry’umuziki we.



Uko bucya bukira niko umuziki nyarwanda ugenda ubyara impano nshya kandi zifite umwihariko, zinatanga icyizere.

Kuri ubu ukaba wungutse umuhanzi mushya witwa Style ufite ijwi riremeye, waniyemeje kutazigera agaragaza isura ye.

Mu kiganiro yagiranye n’inyaRwanda.com yagize ati: “Niyemeje gukomeza gufatanya n'abahanzi nyarwanda, mu kuzamura ibendera ry'umuziki wacu.”

Agaruka ku mpamvu yahisemo ati: “Naje guhura n’ikibazo ntarabasha kwakira, cyatumye ntashyira hanze isura.”

Style yageneye ubutumwa kandi abakunda ibyo akora ati: “Ndasaba abanyarwanda gukomeza kunshyigikira bareba indirimbo zanjye, bakazisangiza n’abandi.”

Umuziki yawutangiye mu mwaka wa 2018, gusa agenda ahura n’imbogamizi zatumye atabasha kujya akora ibikorwa byiza nk’ibyo yifuza.Style yashyize hanze indirimbo yise 'Ni Wowe'Isura ye yahisemo kuyihisha

KANDA HANO WUMVE NI WOWE YA STYLE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND