Elton John
mu magambo yuje amarangamutima, yagize ati:"Sinjya ntungurwa ariko birabaye birandenze."
Iki
gihembo uyu muhanzi yagihawe kubwo kuba ijwi rya rubanda, no kugira ibihangano byuje
ubuhanga n’impanuro.
Mubyo
yagiye agiramo uruhare harimo kurwanya ivangura no kwimakaza ukuri kandi kuri
bose, kuko asanga buri umwe akwiye guhabwa agaciro no kubahwa.
Biden
yavuze ko afatanije n’umufasha we Jill Biden batumiye John muri White House ngo
bamushimire, kubw’umuziki we n’uruhare rusesuye agira mu kurwanya agakoko gatera
SIDA.
Iki
gikorwa cyari cyatumiwemo abagera ku 2000 barimo abanyacyubahiro batandukanye nka
Ruby Bridges, Nancu Pelosi na Pete Buttigieg.
Uyu mudali
uhabwa abantu bakoze ibikorwa by’ubutwari Sir John Elton yambitswe, si we wa mbere
uwuhawe.
Ukaba
waratangiye gutangwa mu mwaka wa 1997, waherukaga gutangwa mu mwaka wa 2020.Byari ibyishimo kuri Sir Elton wambitswe umudali w'ishimwe na Perezida Biden
Ubwo Sir Elton yarimo aririmba zimwe mu ndirimbo ze muri White House
Ifoto y'urwibutso ya Biden na Sir Elton