RFL
Kigali

Anne Kansiime yazanye abanyarwenya babiri nyuma y’imyaka itanu adataramira i Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/09/2022 1:01
0


Umunyarwenya uri mu bakomeye muri Afurika, Anne Kansiime, yageze i Kigali nyuma y’imyaka itanu, aho yitabirite igitaramo cya Seka Live kizaba kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.



Ni igitaramo ashyira mu ishusho yo kwishimira ‘ibyo twagezeho’ nyuma y’imiraba. Ati “Tariki 25 Nzeri bizaba ari umunsi mwiza.”

Uyu mugore yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nzeri 2022, ari kumwe n’abandi banyarwenya babiri b’abanya-Uganda.

Yabwiye itangazamakuru ko yishimiye kugaruka i Kigali nyuma y’imyaka itanu yari ishize adataramira mu Rwanda. 

Ati “Ndumva nishimye birenze. Ndabinginze, namwe mutekereze kubyo nateguye mu myaka itanu ishize. Ndashaka kubamenyesha ko hari byinshi byahindutse [Yazunguje ikibuno].”

Nkusir Arthur wateguye iki gitaramo, yavuze ko hari gahunda yo gukorana na Anne Kansiime muri gahunda yo guteza imbere abanyarwenya, yaba abo mu Rwanda n’abo muri Uganda.

Yavuze ko iki gitaramo kizagaragaramo abanyarwenya umunani bo mu Rwanda n’abanyarwenya batatu bo muri Uganda.  

Kansiime yavuze ko yari akumbuye Abanyarwanda mu buryo bwihariye. Kuri we, avuga ko kuri iki Cyumweru, ari umwanya mwiza wo guhura n’abafana be.

Yavuze ko n’ubwo akora ibitaramo ibitaramo imbona nkubone ibizwi nka ‘Stand Up’ atari byo akunda cyane, kuko aba yumva yashyira imbaraga mu gukora urwenya atambutse kuri Youtube, kuko bitamugora cyane ugereranyije no gutegura ibya ‘Stand Up Comedy’.

Anne aherutse kwifashisha imbuga nkoranyambaga ze zirimo Facebook, agaragaza ko atiyumvisha ukuntu imyaka itanu ishize adataramira Abanyarwanda akunda.

Kuri we, atekereza ko bitewe n’igihe gishize, byarenga kuba igitaramo ahubwo bikaba inama ngari imuhuriza hamwe n’abafana ndetse n’abakunzi b’inganzo ye.

Iki gitaramo kizagaragaramo Andrew Ondongo, Okello Hillary, Merci, Herbert, Admin, Tycoon, Joseph n’abandi. Kwinjira ni 20,000 Frw ndetse na 10,000 Frw. 

Anne Kansiime yageze i Kigali yakirwa na Nkusi Arthur watumiwe muri iki gitaramo cya Seka Live 


Kansiime ni we munyarwenya Mukuru muri iki gitaramo

Nkusi Arthur yavuze ko bari mu biganiro na Kansiime bigamije guteza imbere abanyarwenya bo muri Uganda no mu Rwanda 

Kansiime yazanye n’abanyarwenya babiri mu Rwanda, mu rwego rwo kubamenyereza ikibuga 

Kansiime avuga ko afite inkuru nyinshi zo kubwira Abanyarwanda nyuma y’imyaka itanu yari ishize atabataramira

 

Nkusi Arthur ni we watwaye mu mudoka Anne Kansiime amugeza kuri hotel acumbitsemo

 

Ibyishimo ni byose kuri Anne Kansiime wagarutse i Kigali nyuma y’igihe kinini



KANDA HANO UREBE AND MAFOTO MENSHI

AMAFOTO: Dox Visual






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND