Kimwe mu byaranze igitaramo cy’ijoro rya Hip Hop cyiswe ‘Rap City’ ni abaraperi Zilha na mugenzi we Paco biyambuye amakabutura n’inkweto bari bambaye, bakabitera mu bihumbi by’abantu bari bitabiriye iki gitaramo.
Cyabaye mu ijoro ryo ku
wa 17 Nzeri 2022 mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena, aho cyaririmbyemo
abaraperi 11 barimo Oda Paccy, Riderman, Bull Dogg, Ish Kevin, Kivumbi King, Angel
Mutoni, Mistaek, Fireman, Bushali, B-Threy, Ariel Wayz na Zilha.
Bisa n’aho ari cyo
gitaramo cya mbere gihuje abaraperi mu Rwanda. Gusa hari amasura ataragaragaye ku rutonde rw’abaririmbye, barimo P Fla ukunze kwiyita ‘Imana y’i Rwanda’,
Diplomate, Jayc n’abandi.
Cyatangiye kwamamazwa
kuva mu byumweru bitatu bishize, giherekezwa n’amarushanwa y’abiyumvamo impano
yo kurapa batondekanya amagambo.
Iki gitaramo cyatumye
umuraperi Oda Paccy yongera kugaragara ku rubyiniro, nyuma y’igihe kinini cyari
gishize atagaragara.
Anaherutse gushyira
ahagaragara amashusho y’indirimbo yise “Imbere muri njye”. Aririmba akomeza
abari kunyura mu bihe birushya umutima.
Oda aherutse kubwira InyaRwanda, ko iyi ndirimbo ari intangiriro y’ibintu byinshi “ahishiye abafana be n’abakunzi b’umuziki.”
Iki gitaramo cyateguwe
gihuzwa n’irushanwa ryo kugaragaza impano mu rubyiruko. Byasabaga ko ushaka
guhatana yiyandikisha, hanyuma akifata video aririmba imwe mu ndirimbo ashaka
n’ibindi.
Zilha na Paco baratunguranye! Aba
basore binjiye muri iki gitaramo bagendera ku magare akunze kugaragara mu Mujyi
wa Kigali, yifashishwa n’abanyamaguru baba bashaka kujya cyangwa se kuva ahantu
runaka.
Akunze kuba aparitse
imbere y’Umujyi wa Kigali no mu bindi bice. Binjiye ku rubyiniro bari kuri aya
magare, ari nako baririmba zimwe mu ndirimbo zabo.
Bwari ubwa mbere Zilha
aririmbye mu gitaramo kinini nk’iki, kimwe na mugenzi we Paco byari uko.
Ubwo biteguraga kuva ku
rubyiniro, aba basore baririmbye indirimbo ‘Zararyoshye’, ari nako bakuramo
amakabutura n’inkweto bari bambaye babitera mu bafana.
Zilha yabwiye InyaRwanda
ko babikoze mu rwego rwo kumenyekanisha iyi ndirimbo yabo. Ati “Twakuyemo
amakabutura mu buryo bwo gususurutsa abafana, cyane ko icyo twashakaga kwerekana
ari izina ‘Zararyoshye’ ryari ryanditse inyuma ku makabutura y’imbere (Boxers)
ari nayo ndirimbo twasorejeho.”
Paco wari kumwe na Zilha
ku rubyiniro, asanzwe ari Producer w’indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho,
ni nawe ukora nyinshi za Zilha.
Zilha ashimangira ko no
kugenda ku igare muri iki gitaramo atari ibintu bahubukiye, kuko biri mu byo
yari yateguriye abafana be. Ati “Kuza ku magare nabyo byari kimwe mu bitekerezo
nari natekerejeho kugaragaza hariya (ku rubyiniro).”
Muri iki gitaramo aba
basore baririmbye indirimbo nka ‘Twubahwe remix’, ‘YPK (Young Paul Kagame)’, ndetse
na ‘Zararyoshye’ ari nayo basorejeho.
Zilha ashimangira ko
gutanga inkweto n’imyambaro nabyo atari ibintu bahubukiye, kuko bari bateguye
ibindi byo kwambara. Ati “Yego! Nyuma yo gutanga biriya hari ibindi byari
biteganyijwe harimo n’inkweto rwose.”
Uyu muraperi avuga ko iki
gitaramo cyaberetse ko abafana bari babakeneye. Ni ibintu avuga ko byamuhaye imbaraga zo
gukomeza mu rugendo rw’umuziki we.
Ati “Byatweretse ko abafana batwiteguye kandi badushaka cyane, kuko iriya yariyo nshuro yanjye ya mbere nkoze igitaramo mu ruhame.”
Kanda hano urebe amafoto menshi y'iki gitaramo:
Zilha na Paco batangaje
ko bakuyemo amakabutura mu rwego rwo kwamamaza indirimbo yabo bise ‘Zararyoshye’
Uhereye ibumoso: Zilha
muri ‘Boxer’ yijimye, Paco muri ‘Boxer’ yerurutse-Uwa nyuma ni Dj Jos (Dj
wihariye wa Zilha)
Zilha yavuze ko kugendera
ku igare mu gitaramo, ari ibintu bari bamaze igihe batekerezaho
Abahanzi baririmbye muri
iki gitaramo, banakoze indirimbo yo kunamira abarimo Buravan, Jay Polly na
Yanga baherutse kwitaba Imana
Abanya-Kigali bongeye kugaragariza urukundo injyana ya Hip Hop
KANDA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'ZARARYOSHYE' YA ZILHA
">
BUSHALI YATUNGUYE BENSHI AZANA IMFURA YE KU RUBYINIRO
">
RIDERMAN NA BULL DOGG BONGEYE KUGARAGAZA KO BAHAGAZE BWUMA
TANGA IGITECYEREZO