Soldier Kid yatangiye gukora kuri album iriho indirimbo igaruka kuri Kobe Bryant-VIDEO

Imyidagaduro - 22/09/2022 12:26 PM
Share:

Umwanditsi:

Soldier Kid yatangiye gukora kuri album iriho indirimbo igaruka kuri Kobe Bryant-VIDEO

Umuraperi Soldier Kid uri mu batanga icyizere yatangiye urugendo rwo gushyira ahagaragara indirimbo eshanu (5) zigize Album ye ya mbere nshya yise “Street Made Product (Igikoresho cyakozwe/cyarezwe n’umuhanda)."

Ni yo album ya mbere uyu muhanzi agiye gushyira hanze kuva atangiye urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga. Ndetse, avuga ko yitsa cyane ku buzima bwe mu muziki.

Soldier aherutse kuririmba mu gitaramo ‘Trapish Concert II’ cyaririmbyemo Umunya-Nigeria, Fabian Okike uzwi nka Singah. Yanaririmbye mu gitaramo cy’iserukuramuco ATHF|MTN cyaririmbyemo Sheebah Karungi, Kizz Daniel n'abandi.

Akorana bya hafi n’abarimo Ish Kevin, Logan Joe n’abandi benshi bahuriye ku guteza imbere injyana ya Kinyatrap na Trappish.

Indirimbo ye ya mbere kuri iyi album yayise ‘My name’ (Izina ryanjye). Yabwiye InyaRwanda ko yayanditse ashaka “kuvuga ko ntajya nshika intege ahubwo ngerageza buri kimwe cyanteza imbere nkisanisha’.

Akungamo ati “Ni indirimbo ivuga ku buzima bwanjye mbayemo mu muziki n’uko mfatwa mu muziki."

Anavuga ko yanditse iyi ndirimbo yisanisha na rurangiranwa mu mukino wa Baskteball ku Isi, Kobe Bryant uherutse kwitaba Imana, waragaragaje kudacika intege mu rugendo rw’uyu mukino watumye aba icyamamare ku Isi, kandi asarura agatubutse.

Ku wa 27 Mutarama 2020, nibwo Kobe Bryant hamwe n'umukobwa we Gianna Maria Onore Bryant bapfiriye mu mpanuka y'indege ya kajugujugu yahitanye abantu icyenda, aho yaguye ahitwa Calabas muri California.

Asobanura impamvu yisanishije na Kobe Bryant, Soldier Kid yagize ati “Ni uko ari umwe mu bantu nakunze bafite amateka meza mu mukino wa Basketball kandi wageze ku rugendo rwe rwo gukina."

Agakomeza ati “Nisanisha na Kobe muri iyi ndirimo gusa. Ariko Album (yose) izagaruka cyane ku buzima bwanjye."

Uyu muhanzi yumvikanisha ko album ye ayitezeho ‘kumufasha kwaguka’ mu rugendo rw’umuziki we.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo ‘My name’ yabaye iya mbere kuri album ye yakozwe na Bailey99beats n’aho amashusho (Video) akorwa na Jovan Pro.

Muri iyi ndirimbo ye harimo umurongo yaririmbye abantu bakunze cyane, aho avuga ngo ‘mfite inzara itamarwa na nuddles’. Bishatse gusobanura ko “nsonzeye gutera imbere aho kuba ibiryo."

Soldier Kid yavutse yitwa Mugisha Landry, yabonye izuba ku wa 2 Nzeri 2002. Imyaka ibiri irashize ari muziki, kandi yakoranye indirimbo n’abahanzi batandukanye barimo Ish Kevin, Ariel Wayz, Kivumbi King, Kenny K-Shot n’abandi.

Asanzwe anafite itsinda ry’abaraperi n’inshuti ze yise ‘2glock’, yifuza ko igihe kimwe rizahindukamo inzu ifasha abahanzi mu bya muzika 'Label'.

Ati “Inzozi zanjye rero kuri iyi ‘2glock’ ndifuza ko nzagira igihe ikaba nka lebel izana abahanzi badafite ubushobozi mu muziki neza cyane nk’uko Marvin Records n’izindi zimeze."

Uyu musore azwi cyane mu ndirimbo zirimo nka ‘Baddest’, ‘Mariya’ yakoranye na Ish Kevin n’izindi. 

Soldier Kid yatangiye gushyira ahagaragara indirimbo zigize album ye ya mbere yise “Street Made Product " 

Soldier Kid avuga ko iyi album izumvikanisha ubuzima bwe bwihariye. Ati “Abantu bambona nk’umuhanzi ukizamuka ariko muto." 

Soldier mu ndirimbo ye ‘My name’ yisanishije na Kobe Bryant kubera ko yanyuzwe n’imikinire ye


Mu gihe cy’imyaka ibiri ishize ari mu muziki, uyu musore yakoranye n’abarimo Ish Kevin, Ariel Wayz n’abandi

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MY NAME’ YA SOLDIER KID

 ">

KANDA HANO UREBEAMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BADDEST’ YA SOLDIER KID

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...