RFL
Kigali

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo cy’imyaka ibiri ishize idataramana n’abakunzi bayo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/09/2022 9:16
0


Itsinda rikora ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo rya Alarm Ministries, ryateguye igitaramo “Alarm Sound Season 1” cyo guhimbaza Imana mu rwego rwo gutaramana n’abakunzi baryo ku bw’urukumbuzi bari babafitiye mu gihe cy’imyaka ibiri yari ishize badataramana.



Alarm iri mu matsinda yashinzwe bwa mbere mu Rwanda, dore ko ryashinzwe mu 1999. Yakoze kandi ishyira ahagaragara indirimbo nyinshi ziri ku mitima ya benshi nka ‘Turakomeye’, ‘Songa Mbele’, ‘Hashimwe’, ‘Jehovah ushyizwe hejuru’ n’izindi nyinshi.

Iri tsinda rigizwe n’abanyamuryango basaga 100 barimo abaririmbyi n’abandi bakora imirimo inyuranye mu murongo w’ivugabutumwa.

Mu 2019, iri tsinda ryakoze igitaramo bise “20 Years Anniversary Celebration Live Concert” bizihiza imyaka 20 yari ishize babonye izuba. Cyabereye mu ihema rya Kigali Cultural and Exhibition Village [KCEV] hahoze hitwa Camp Kigali.

Umuyobozi wa Alarm Ministries, Rushikama Niyo Justin, yabwiye InyaRwanda ko bagiye gukora iki gitaramo nyuma y’imyaka ibiri yari ishize y’icyorezo cya Covid-19, aho batabashije gutaramana n’abakunzi babo kubera ingamba zagiye zikazwa mu rwego rwo kwirinda.

Ati “Twateguye iki gitaramo kugira ngo tubashe gutaramana n’abakunzi bacu. Kugira ngo tujye mu mwanya wo kuramya no guhimbaza Imana. Bivuze ko hari agaseke tubahishiye, twateguriye abakunzi bacu kugira ngo tuzagapfundure nyuma y’icyo gihe kirekire tutabana n’abo.”

Rushikama yavuze ko mu rwego rwo kwishimana n’inshuti zabo n’abakunzi babo nta wundi muhanzi batumiye uzaririmba muri iki gitaramo. 

Ati “Alarm nitwe tuzaririmba twenyine. Nta bandi twatumiye, ni ukugira ngo dutaramane n’abakunzi bacu tumarane igihe nabo, tubahe umwanya wo kujyana n’abo wo kuramya no guhimbaza Imana.

Iki ni cyo gitaramo cya mbere iri tsinda riteguye, ariko bizakomeza kuba ngaruka mwaka. Icy’uyu mwaka kizaba ku wa 2 Ukwakira 2022 muri Camp Kigali.

Justin Ati “Mu yandi magambo ibitaramo byose bya Alarm niko bizajya biba bimeze, bizajya biba byitwa ‘Alarm Sound’ twongereho inshuro igezweho. Twumva ko bizajya biba buri mwaka, igihe hatabayeho izindi mbogamizi.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko mu gihe cy’imyaka ibiri ishize, bakoze imyiteguro ihagije yaba mu buryo bujyanye no kuririmba, gutegura indirimbo bazaririmba, ndetse iki gitaramo kizaba bafata amashusho ya zimwe mu ndirimbo zabo.

Yavuze ko nka Alarm Ministries bazashimishwa no kuba iki gitaramo kikitabiriwe n’abahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana gusa, ahubwo n’abandi bakora indirimbo zisanzwe (Secullar).

Izi ndirimbo bazafatira muri iki gitaramo bazagenda bazishyira ku rubuga rwa Youtube n’ahandi mu bihe bitandukanye, mu rwego rwo kugaragaza ibyaranze iki gitaramo.

Iki gitaramo cyabo kizatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Rushikama avuga ko iki gitaramo kizaba n’umwanya mwiza wo guhimbaza Imana ‘ko muri ibi bihe bya Covid-19 yabiturindiyemo (Imana)."

Kwinjira ni 5,000 Frw mu myanya isanzwe, 10,000 Frw muri VIP na 150,000 Frw ku meza y’abantu batandatu. 

Alarm Ministries yatangaje ibitaramo ngaruka mwaka yise "Alarm Sound" mu rwego rwo gutaramana n’abakunzi bayo 

Alarm Ministries ivuga ko nta wundi muhanzi uzaririmba muri iki gitaramo mu rwego rwo gushirana urukumbuzi n’abakunzi babo 

Mu bihe bitandukanye, iri tsinda ryakoze ibitaramo bikomeye rihembura imitima ya benshi

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUNGU NI YULE YULE’ YA ALARM MINISTRIES

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘YASATUYE’ YA ALARM MINISTRIES

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND