RFL
Kigali

Bushali yerekanye imfura ye, abitabye Imana bibutswe: Ibyaranze igitaramo cy’abaraperi 12-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/09/2022 5:40
0


N’ubwo ubwitabire butari hejuru nk’uko byari byitezwe, abaperi 12 bahuje imbaraga batanga ibyishimo mu ijoro ryo kwizihiza uruhare rw’injyana ya Hip Hop mu muziki w’u Rwanda. Ish Kevin we avuga ko iyi njyana muri iki gihe iri gufata uruhande mu banyarwanda, kandi ‘ni byiza’.



Ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Nzeri 2022, ryasize urwibutso rudasaza mu baraperi n’abafana babo nyuma yo gufatanyiriza hamwe gucengerwa n’iyi njyana, ikora ku nkuta z’umutima.

Ni mu gitaramo gikomeye cyiswe “Rap City”, cyabereye muri BK Arena. Mu bihe bitandukanye, bamwe mu baraperi baririmbye bumvikana ko n’ubwo injyana ya Hip Hop bakora idakunzwe cyane, bitazatuma bahindura umurongo ngo baririmbe iby’urukundo.

Saa kumi n’ebyiri n’iminota 40’ (18h: 40’), nibwo iki gitaramo cyatangiye gitangijwe n’itsinda ry’ababyinnyi All Stars Dancers ryinjiye ku rubyiniro ribyina indirimbo zafashije benshi kwizihirwa. Iri tsinda ribarizwamo abasore n’inkumi b’i Nyamirambo.

Bisa n’aho ari cyo gitaramo cya mbere gihuje abaraperi mu Rwanda. Gusa, hari amasura atagaragara ku rutonde rw’abaririmbye barimo P Fla ukunze kwiyita ‘Imana y’i Rwanda’, Diplomate, Jayc n’abandi.

Cyatangiye kwamamazwa kuva mu byumweru bitatu bishize, giherekezwa n’amarushanwa y’abiyumvamo impano yo kurapa batondekanya amagambo.

Iki gitaramo cyatumye umuraperi Oda Paccy yongera kugaragara ku rubyiniro, nyuma y’igihe kinini cyari gishize atagaragara.

Anaherutse gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo yise “Imbere muri njye”. Aririmba akomeza abari kunyura mu bihe birushya umutima.

Oda aherutse kubwira InyaRwanda, ko iyi ndirimbo ari ntangiriro y’ibintu byinshi “ahishiye abafana be n’abakunzi b’umuziki.”

Mu gihe abantu bari bakinjira muri iki gitaramo, saa 19 n’iminota 22’ Dj Toxxyk yageze ku rubyiniro avanga zimwe mu ndirimbo z’abahanzi bakunzwe.

Uyu mugabo yafashije benshi mu bahanzi gutera imbere, ahanini binyuze muri ‘Mix’ akora akazishyira ku mbuga zicururizwaho umuziki.

Yakirwa ku rubyiniro, abantu bacanye amatoroshi ya telefoni mu rwego rwo kumuha ikaze. Luckman Nzeyimana wari uyoboye iki gitaramo yagize ati “Dj Toxxyk Imana yarakoze kuguha impano.”

‘Rap City’ yahaye umwanya abiyumvamo impano yo kurapa

Iki gitaramo cyateguwe gihuzwa n’irushanwa ryo kugaragaza impano mu rubyiruko. Byasabaga ko ushaka guhatana yiyandikisha, hanyuma akifata video aririmba imwe mu ndirimbo ashaka n’ibindi.

Umwe mu basore bageze mu cyiciro cya nyuma ni Kraft Mutabazi. Ahawe umwanya yaririmbye mu buryo bwa ‘Free style’ asaba abari muri iki gitaramo kumushyigikira, ubundi atondekanya amagambo menshi ari nako abantu bari bakimwumva neza.

Taz ni we wari utahiwe! Yaserutse yambaye nk’abaraperi aririmba indirimbo yumvikanishamo kwishimagiza, ibyivugo n’ibindi.

Undi wahatanye muri iri rushanwa ni Admire. Ageze ku rubyiniro yasabye abantu gukoma amashyi, ubundi aririmbira mu njyana yayo. Uyu musore yari yambaye isengeri, sheneti mu ijisho-Yisanishije n’abaraperi.

Byageze aho uyu musore ajya mu bafana, ubundi akaririmba kuri buri kintu cyose yabonaga iruhande rwe. Bigaragara ko uyu musore yarushije bagenzi be ushingiye ku kuntu yashyigikiwe.

Abafana nibo bahisemo uwatsinze- Luckman Nzeyimana wari uyoboye iki gitaramo, yasabye abantu kumufasha kumenya uwatsinze. Birangira umusore Admire ari we utsinze.

Uyu mushyushyarugamba, yavuze ko aba basore bageze mu cyiciro cya nyuma, bazakomeza gushyigikirwa mu guteza imbere impano yabo.

Admire yahembwe ibihembo birimo kujya agaragara mu bitaramo bitandukanye bibera muri BK Arena. 


Kivumbi na Angel Mutoni bazamukiye rimwe ku rubyiniro:

Aba bahanzi binjiriye mu ndirimbo yabo bise “Pull Up” bakoranye na Dj Toxxyk. Imaze imyaka ibiri isohotse, ndetse imaze kurebwa n'abantu barenga ibihumbi 500.

Nyuma yo kuririmbana iyi ndirimbo, Mutoni yavuye ku rubyiniro Kivumbi aranzika mu ndirimbo ze zirimo nka ‘Hejuru’, 'Ntacyo nzaba' yakoreye muri BK Arena mu byumweru bitatu bishize n’izindi.

Uyu muraperi yavuye ku rubyiniro akomerwa amashyi nyuma yo kuririmba indirimbo 'Nakumena amaso', yakoranye an Bushali. Ni imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane kuva mu mwaka umwe ushize. Ni umwe mu bamaze kugaragara mu bitaramo bikomeye muri uyu mwaka.

Dj Toxxyk yunamiye Buravan, Jay Polly, Dj Miller

Dj Toxxyk yavuze ko ari ishema kuba Abanyarwanda bahuriye hamwe mu kwizihiza injyana ya Hip Hop 'ariko hari umuntu umwe uburamo, ari we Buravan'.

Yahise acuranga indirimbo ye yise "Bindimo”, “Oya” imaze imyaka ine isohotse,

Jay Polly-Uyu muraperi indirimbo ze ziracyari mu mitima y’Abanyarwanda- Hacuranzwe indirimbo yitwa ‘Mumutashye’ yakoranye n’itsinda rya Dream Boys.

Abari muri BK Arena bahurije hamwe, baririmba iyi ndirimbo bigeze ku gitero Jay Polly yaririmbye biba ‘ibindi bindi’. Batondekanyije amagambo nk’uko Jay Polly yabiririmbye, biraryoha.

Dj Miller-Hacuranzwe indirimbo yitwa ‘Stamina’ yakoranye na Social Mula. Iri mu ndirimbo zakomeje izina ry’aba bombi kuva mu myaka itatu ishize. Toxxyk yacuranze kandi indirimbo z’abarimo Mahonimboni, K8 Kavuyo n’abandi.

Ariel Wayz yaririmbye indirimbo imwe, ava ku rubyiniro ashima uko yakiriwe.  Uyu mwari uherutse gusohora EP yinjiriye mu ndirimbo ‘Demo’ yakoranye na Sagamba, Soldier Kig, Bruce The 1 st, Kivumbi King.

Umuraperi Zilha yageze ku rubyiniro agendera ku igare na bagenzi be. Yinjiriye mu ndirimbo 'Twubahwe' yasubiyemo, ayikorana na Mapy, B-Threy, Ish Kevin, Kenny K-Shot na Bushali. Imaze amezi abiri ariko imaze kurebwa n'abantu barenga ibihumbi 150.

Mu gitaramo hagati, yunamiye Jay Polly agira ati “Jay Polly Imana iguhe iruhuko ridashira.”

Zilha yakorewe mu ngata na Mistaek ugezweho abicyesha indirimbo ye yise ‘Ku cyaro’ imaze amezi abiri isohotse. Iyi ndirimbo yahaye igikundiro cyihariye uyu musore, ahanini bitewe n’amagambo ayigize atera akanyabugabo.

Umuraperi B-Threy yinjiye ku rubyiniro yakuyemo imyenda yo hejuru. Yaririmbye indirimbo nyinshi ze zakunzwe zirimo nka ‘Amabanga’ aherutse gusohora.

Yaririmbye asaba abafana be gufatanya nawe gusingiza injyana ya Kinyatrap. B Threy yanaririmbye indirimbo ye yise ‘Nicyo gituma’.


BK Arena na Banki ya Kigali bateguje ibitaramo bikomeye

Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri Banki ya Kigali, Benjamin Mutimura yavuze ‘uyu ni umugoroba wo kubyina ntabwo ari umugoroba w’amagambo’.

Yavuze ko Banki ya Kigali ishimira urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo ‘kuba mwaje’. Benjamin Mutimura yavuze ko barajwe ishinga no guteza imbere abahanzi Nyarwanda. Ati “Tugomba gufatanya kubateza imbere (Abahanzi Nyarwanda).”

Yavuze ko hari n’ibindi bitaramo bari gutegura, aho abafite ikarita ya Prepaid Car ya Banki ya Kigali bazinjirira ubuntu.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa BK Arena, Aaron Gaga yavuze ko afite icyizere cy’uko abitabiriye iki gitaramo banogewe, kandi bazakomeza gukora ‘ibitaramo byinshi by’ubuntu’. Yashimangiye ko BK Arena ari inzu y’urubyiruko, ndetse mbere y’uko uyu mwaka urangira hari ibindi bitaramo bikomeye bateguye.

Oda Paccy yari akumbuwe

Uyu muraperikazi yinjiriye mu ndirimbo ye yise ‘Ibyatsi’ yabiciye bigacika hanze aha. Yageze ku rubyiniro abwira abafana be ko yari abakumbuye nyuma y’igihe.

Yari yambaye imyambaro yiganjemo ibara ry’umukara. Ati “Twari dukumburanye cyane.”

Oda yanaririmbye indirimbo ye yise ‘Imbere muri njye’. Yavuze ko yayihimbye mu rwego rwo gukomeza abafite umutima urushye muri iki gihe. Ati “Iyi ndirimbo ibakore ku mutima mwese. Baza mugenzi wawe uti imbere muri wowe hameze gute.”

Oda Paccy yakorewe mu ngata na Ish Kevin. Yinjiye avuga ko injyana ya Hip Hop ‘iri kugira ijambo mu Rwanda’, asaba abakunzi be gufatanya nawe kubyemeza.

Yanzitse mu ndirimbo ye yise ‘Amakosi’ yakunzwe mu buryo bukomeye, ‘No Cap’ imaze umwaka isohotse n’izindi’.

Bushali yazanye imfura ye ku rubyiniro:

Uyu muraperi urangwa n’udushya mu bitaramo aririmbamo, yageze muri iki gitaramo ateruye umwana we w’imfura. Yari yambaye agatambaro gapfutse kugeza hafi y’umwana. Ati “Umuhungu wanjye yifuzaga kubasuhuza.”

Umwana we yahise amuhereza B-Threy, maze aranzika mu ndirimbo yamwubakiye izina yise ‘ku Gasima’.

Uyu muraperi yaririmbye atera amazi mu bafana be. Yanaririmbye indirimbo 'Nituebue' yakoranye na Slum Drip na B-Threy wamusanganiye ku rubyiniro.

Fireman wari umaze igihe, yinjiriye mu ndirimbo ze zo ha mbere. Ati “Vayo vayo Godson', ahera ku ndirimbo ‘Ubuto bwanjye’ yakoranye na Gloria Mukamabano, umunyamakuru wa RBA akaba n’Umuyobozi wa Televiziyo KC2.

Yakomereje ku ndirimbo ‘Umuhungu wa muzika’ yakoranye na Bruce Melodie. Yanaririmbye indirimbo ‘Bafana Bafana’ yakoranye na Butera Knowless na Bull Dogg, anaririmba indirimbo ‘Nyamirambo’ yakoranye na Safi Madiba.

Mu gitaramo hagati, yasabye gufatanya nawe guha Imana icyubahiro, ahita yanzika muri ‘Itangisha’ yakoranye na King James, anaririmba ‘Kabiri’ yakoranye ‘n’umuvandimwe’ Igor Mabano.

Uyu muraperi yasoreje ku ndirimbo ‘Muzadukumbura’ yakoranye na Nel Ngabo. Mbere yo kuyiririmba yagize ati “Iyi ndirimbo tuyiture abavandimwe. Imana ibakire mu ijuru.”

Bull Dogg umaze imyaka irenga 10 mu muziki ni we wari utahiwe-Yageze ku rubyiniro abaza abafana be n’abakunzi b’umuziki niba bameze neza, ababaza niba biteguye kubaririmbira indirimbo zo muri ‘Old school’ cyangwa ‘new school’.

Bull Dogg yaririmbye indirimbo 'Uno' yakoranye na Ariel Wayz na Bruce The 1st. Mbere y'uko ayiririmba yasabye aba bahanzi kumusanga ku rubyiniro.

Mu gitaramo hagati, Bull Dogg yasabye umunota wo kunamira umuraperi Jay Polly, ndetse asaba abambaye ingofero kuzikuramo.

Uyu muraperi yaririmbye muri iki gitaramo anizihiza isabukuru y’amavuko. Yavuze ko “Akabi ntaho kajya” mu rwego rwo kumvikanisha ko agifite indi myaka myinshi imbere yo gukora ‘ibintu birenze’.

Umuraperi Riderman yavugije umurishyo wa nyuma w’iki gitaramo- Uyu muraperi yageze ku rubyiniro ari kumwe na Siti True Karigombe akunze kwifashisha mu bitaramo n’ahandi.

Yinjiriye mu ndirimbo ye yise ‘Igitende’, abaza abafana be niba biteguye ‘kurya show’. Akomereza ku ndirimbo yise ‘Igicaniro’ imaze imyaka 10 isohotse, 'Ikinyarwanda' yakoranye na Bruce Melodie,  'Inyuguti ya R', 'Horo' n'izindi.

Angel Mutoni yahuje imbaraga na Kivumbi King baririmbana indirimbo yabo bise 'Pull Up"


Kivumbi yaririmbaga asaba abafana be n'abakunzi b'umuziki gufatanya nawe kuririmba


Admire yahigitse bagenzi be mu irushanwa ryo kurapa, yahembwe kujya aririmba mu bitaramo bibera muri BK Arena 

Dj Toxxyk yafashe umwanya wo kunamira Buravan, Dj Miller na Jay Polly bitabye Imana 

Luckman Nzeyimana wari umushyushyarugamba muri iki gitaramo kitabiriwe n'abiganjemo urubyiruko 


Zilha na bagenzi be  bakuyemo ikabutura basigarana udukabutura duto tw'imbere. Izo bari bambaye bazijugunye mu bafana


Umuraperi Mistaek yari yambaye nk'ininja mu isura- Yanyuzagamo akajya mu bafana kuririmba nabo 


Umuhanzikazi Ariel Wayz yaririmbye muri iki gitaramo, anahabwa umwanya wo kukiyobora


B-Threy yageze ku rubyiniro yakuyemo umwambaro yari yambaye hejuru. Yaririmbye indirimbo ze zakunzwe kugera kuri 'Nicyo gituma'


Umuyobozi Ushinzwe Ubucuruzi muri Banki ya Kigali, Benjamin Mutimura


Umuyobozi Mukuru Wungirije wa BK Arena, Aaron Gaga


Umuraperikazi Oda Paccy uherutse gusohora indirimbo 'Imbere muri njye' yagaragaje ko yari akumbuwe nyuma y'igihe kinini


Oda Paccy yeretswe ko yari akumbuwe mu bitaramo nk'ibi 

Umuraperi Ish Kevin yavuze ko Hip Hop iri gufata indi sura mu Rwanda 

Bushali yatunguranye ku rubyiniro azana imfura ye ku rubyiniro 

Bushali yaririmbye indirimbo ze zirimo 'Ku Gasima' n'izindi   

Uyu muraperi yanaririmbye indirimbo 'Nituebue' yakoranye na Slum Drip na B-Threy 

Fireman yaririmbye indirimbo 'Nyeganyega' ibintu bihindura isura muri BK Arena 

Fireman yaririmbye nyinshi mu ndirimbo yakoranye n'abahanzi bagenzi be 

Bull Dogg ati "Amasengesho yanyu aracyandinze cyane." 

Bull Dogg yaririmbye indirimbo 'Uno' yakoranye na Ariel Wayz na Bruce The 1st Bull 


Bull Dogg yunamiye Jay Polly umaze umwaka yitabye Imana 


Iki gitaramo cyabaye umunyabugeni Richard Mwizerwa ari gushushanya




Riderman yashyize akadomo kuri iki gitaramo ahagana saa sita z'ijoro n'iminota 3 


Umuraperi Karigombe yateguje igitaramo cye cyo kumurika album





Kanda hano urebe amafoto menshi:







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND