RFL
Kigali

Minisitiri Mbabazi yitabiriye ijonjora rya Art Rwanda-Ubuhanzi, akangurira urubyiruko kwitinyuka

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/09/2022 21:27
0


Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Mbabazi Rosemary, yitabiriye umunsi wa nyuma w'amarushanwa ya Art Rwanda-Ubuhanzi yo gushaka abanyempano bazahatana ku rwego rw'igihugu, asaba urubyiruko kwiyubakamo icyizere no kugaragaza impano ibarimo.



Kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022, ku Ngoro y'Ubugeni n'Ubuhanzi y’i Kanombe muri Kigali, habereye amajonjora ya Art Rwanda Ubuhanzi, ari na yo yashyize akadomo ku gushakisha abanyempano bazahatana ku rwego rw’Igihugu.

Abanyempano babarizwa mu Karere ka Nyarugenge ni bo basorejwe. Hari abagaragaje impano mu kuririmba, kwandika inkuru z’abana, gukina ikinamico, ubugeni, ubusizi n’ibindi.

Aba banyempano basuwe kandi baganirizwa n’abayobozi bari barangajwe imbere na Minisitiri Mbabazi ari kumwe n’Umuyobozi w’Inteko y’Umuco, Robert Masozera n’Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Minisitiri Mbabazi yasobanuye ko ArtRwanda-Ubuhanzi igamije kugaragaza impano z'abana b'Abanyarwanda, kandi impano ni ikintu gikomeye.

Avuga ati “Art Rwanda-Ubuhanzi igamije kwagura impano z'urubyiruko. Buriya impano ni ikintu gikomeye mu buzima. Impano z'abahanzi cyangwa abahanzi bagaragaza uko sosiyete iteye. Ni isoko yo kugaragaza icyo umuntu atekereza cyangwa kugaragaza ibyifuzo by'umuntu."

Mbabazi avuga ko iyi gahunda ya ArtRwanda-Ubuhanzi ifasha urubyiruko kwiteza imbere, kandi ikaba isoko yo kwihangira umurimo.

Yatanze urugero avuga ko ikorwa rya filime imwe rishobora gutuma abantu barenga 300 babona akazi.

Avuga ko muri iki gihe cya nyuma ya Covid-19, aho ubukungu burimo kwiyubaka, urubyiruko rukwiye kwiyubaka kandi rugakungukira kugaragaza ibibarimo.

Ati "Twumva ko urubyiruko rwishakishije ubwarwo rukareba imbere, ibibarimo, ni ibiki bindi bashoboye, ni ibiki bindi bashobora gusohora hanze, igihugu kikishima. Turashaka n'abahanzi benshi, ari mu bikorwa byabo bakora, imivugo cyangwa ikinamico, ibihangano by'ubuvanganzo n'ibindi bituma n'Abanyarwanda bishima."

Gatoto Sympathique ni umwe mu baragaragaje impano muri iri rushanwa. Uyu musore ni umuhanga mu gukina ikinamico, ndetse yabashije gukomeza.

Yabwiye itangazamakuru ko yakozwe ku mutima no kuba abagize Akanama Nkemurampaka banyuzwe n'impano ye bakamuha 'Yes' esheshatu.

Yavuze ko yasutse amarira, bikora ku mutima abagize Akanama nabo basuka amarira. Ati "Ntabwo nari nziko ndi burire ngo nabo barire [...] Navuga nti ni ibyishimo kandi ni umugisha. Nahoze ntegereje iki gihe mu myaka 15 yose ntegereje igihe nk'iki ng'iki."

Avuga ko yari yarakomanze henshi acibwa intege, ku buryo na Nyina yajyaga amubaza icyo abona azasarura kuri iyi mpano yiziritseho. Uyu musore yavuze ko hashize amezi atanu Nyina yitabye Imana.

Avuga ko intsinzi agezeho ayicyesha Nyina, kuko yagiye amubwira amagambo amutera imbaraga. Ati "Iyi ntsinzi ndayitura Mama."

Yavuze ko ArtRwanda-Ubuhanzi igiye guhindura ubuzima bwe, kandi impano ye izagira icyo imarira we n'umuryango we.

Uyu musore akimara kugaragaza impano, Minisitiri Mbabazi yamusuhuje amukora mu ntoki, yamubwiye ati "Komera muhungu wanjye tuzagufasha."

Umunyamuziki Nirere Shanel uri mu bagize Akanama Nkemurampaka yavuze ko mu gihe amaze akora muri iri rushanwa, yabonye impano nyinshi bigaragaza ko urubuga nk'uru rwari rukenewe. Ati "Turi kubona impano zishimishije mu ngeri zitandukanye."

Nirere avuga ko yatunguwe no kubona abakiri bato bakora filime, bakabikora badafite ubushobozi buhambaye no gushyigikirwa, bigaragaza ko babonye gishyigikira 'bakora ibihambaye'.

Uyu muhanzikazi wakunzwe mu ndirimbo zitandukanye, avuga ko kuba Imbuto Foundation iha agaciro ubuhanzi, bitera imbaraga n'undi mwana wese wifitemo impano.

Ati "Iyo tubona nka Imbuto Foundation iri guha agaciro ubuhanzi, ni ukuvuga ngo na wa mwana mu rugo iwabo bazabona ko koko ko ari ibintu bifite agaciro..."

Yavuze ko muri iki gihe, impano itunze nyirayo. Bitandukanye no hambere. Ati "Numva ari ibintu binshimishije kandi bimpa n'icyizere."

Abajijwe niba mubamunyuze imbere hari abo yabonyemo bazatera ikirenge mu cye, yavuze ko iri rushanwa ryubakiye ku gushakisha impano ya buri umwe, kandi yihariye.

Irushanwa ArtRwanda-Ubuhanzi rigamije guhishura abanyempano no gufasha ba nyirazo kuzibyaza inyungu rigiye gukomereza ku rwego rw’Intara mu cyiciro cya kabiri.

ArtRwanda-Ubuhanzi itegurwa na Imbuto Foundation ifatanyije na Minisiteri y’Urubyiruko, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) n’Ikigega cya Koreya y'Epfo gishinzwe Iterambere (KOICA).

Abitabira iri rushanwa bahatana mu byiciro bitandatu birimo Ubugeni, Indirimbo n’Imbyino, Imideli, Ikinamico n’Urwenya, Filimi no Gufata Amafoto, Ubusizi n’Ubuvanganzo. 

Minisitiri Mbabazi yasabye urubyiruko kwitinyuka rukagaragaza impano mu rwego rwo kwiteza imbere 

Gatoto Sympathique ni umuhanga mu gukina ikinamico, yifitemo impano yo gukurura amarangamutima y’uwo ashaka kwigana


Minisitiri Mbabazi yakozwe ku mutima n’impano ya Gatoto- Bararamukanya 

Abayobozi banyuzwe n'impano zitandukanye babonye, banashimira abagize akanama nkemurampaka ku musanzu batanze muri ArtRwanda-Ubuhanzi


Umuyobozi Mukuru w'Inteko y'Umuco, Amb Robert Masozera


Umunyabugeni Bushayija Pascal uri mu Kanama Nkemurampaka ka Art Rwanda ubuhanzi


Umunyamuziki Nirere Shanel yashimye Imbuto Foundation yashyizeho uru rubuga rwo kugaragaza impano


Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman ni umuraperi, umwanditsi w'indirimbo ndetse unazitunganya


Mani Martin ni umuhanzi uririmba Injyana ya Afrobeat, umwanditsi w'indirimbo ubimazemo imyaka irenga 15


Rwema Umutoni Laurène ni uwashinze Inzu y’imideli ya “Uzi Collections.” Impano ye n'uburambe afite mu mideli ntishidikanywaho


Iradukunda Pacifique ni umunyabugeni. Yakoze ibihangano birimo icyo yise “No problem”, “Kiddish happiness”, “Joy”


Nshimiyimana Manasse ni umuhanzi uririmba, afite ubuhanga mu guhanga indirimbo zubakiye ku magambo meza 

Iriza Rania Shaffy w’imyaka 18 yaserutse byihariye aherekejwe n’abacuranzi babiri n'umutunganyiriza indirimbo (producer) barimo se na musaza we



Mizero Ahingeneye Hyacinthe ni umuhanga mu gukora imyambaro itandukanye


Shumbusho Isaac ni umuhanga mu gufata amashusho no kuyatunganya


Kwizera Emmanuel ni umusizi. Yavuze umuvugo yageneye urubyiruko kuko arufata nk’iterambere ry’ahazaza h’igihugu 

Uhereye ibumoso: Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine, Minisitiri w'Urubyiruko n'Umuco, Mbabazi Rosemary, Umuyobozi Mukuru w'Inteko y'Umuco, Amb Robert Masozera n’umuhanzikazi Nirere Shanel 

Uhereye ibumoso: Mani Martin, Mazimpaka Kennedy na Rwema Umutoni Laurène washinze Inzu y’imideli ya “Uzi Collections.”


Uhereye ibumoso: Nirere Shanel, Bushayija Pascal, Riderman n’Umuyobozi Ushinzwe Iterambere ry’Umuco muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Aimable Twahirwa

Kanda hano urebe amafoto menshi:

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND