RFL
Kigali

Kwiyandikisha mu marushanwa yo kumenyekanisha abahanzi bashya yiswe ‘One Nyota Music Competition’ byatangiye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:5/09/2022 17:48
1


Amarushanwa yiswe ‘One Nyota Music Competition’ agamije kuzamura no kumenyekanisha abahanzi bashya, yatangiye gahunda yo kwiyandikisha mu buryo bwagutse.



  • Umuziki ni kimwe mu bintu bifasha imigendekere n’imibereho myiza ya muntu, kandi umwe mu bahanga muriwo yavuze ko uvuga wese yabasha kuririmba bivuze ko buri umwe iyi mpano aba ayifite ariko na none abantu bagenda barutanwa mu kubikora neza.

Gusa na none kugira ngo ubashe kumenya urusha abandi bigendera ku bintu bitandukanye, akenshi bikunze gushingirwa ku marushanwa anyuranye akorwa n’abahanzi bataramenyekana cyane cyangwa n’abamenyekanye n’ubwo bihindurirwa inyito ntibyitwe amarushanwa bikaba ibihembo.

Kenshi usanga iyo amarushanwa ateguye neza aha umurongo impano z’abayitabira, ndetse benshi mu bahanzi bayanyuramo  bakagera kure yaba mu Rwanda no hanze yarwo. Kuri ubu hakaba hagiye kuba amarushanwa azasiga amurikiye isi abahanzi bashoboye batari bazwi yiswe ‘One Nyota Music Competition’, igiye kuba ku nshuro yayo ya mbere.

Mu kiganiro inyaRwanda.com yagiranye n’umwe mu bari kuyategura, yasobanuye impamvu za nyazo zatumye bategura aya marushanwa agira ati:”One Nyota Music Competition ni irushanwa ryubatse mu buryo buhesha agaciro umunyempano, uhereye ku byiciro birigize ndetse n’itsinda rigari riri kuritegura.”

Asobanura impamvu yo gutegura iri rushanwa ati:”Hari abahanzi benshi batangiye n’abandi bataratangira ariko usanga barabuze aho banyura, n’ubwo bose tutazabageraho cyangwa ngo tubafashe mu rugendo rwabo rw’umuziki ariko turifuza ko buri mwaka tuzajya tuba dufite impano nshya idasanzwe tumurikiye isi.”

Yinjira mu buryo irushanwa ryubatse ati:”Mumaze iminsi mubona amatangazo avuga ko guhera kuri uyu wa 05 Nzeri 2022 abahanzi bashoboye bumva bifuza kugera kure bakohereza amashusho yabo y’umunota umwe baririmba, kuri nimero ya WhatsApp +250723693793 ubundi abazahiga abandi nyuma y’uko kwiyandikisha bisojwe bakazamenyeshwa ko bakomeje.”

Yongeraho ati:”Turifuza byibuze kuzafata abazakomeza bagera kuri 30, ni umubare ushobora kwiyongera ariko utajya munsi. Dufite abafatanyabikorwa turi gukorana nabo aho hazafatwa umwanya wo kubatoza, ubundi bakazafatwa amashusho umwe kuwundi aririmba azashyirwa kuri Youtube, ndetse hagashyirwaho n’uburyo bw’amatora binyuze ku rubuga buzasozwa hamwe n’amanota azatangwa n’akanama nkempurampaka hatangajwe 20 bakomeje mu cyiciro cya nyuma.”

Avuga ku cyiciro cya nyuma yagize ati:”Icyiciro cya nyuma hazabaho uburyo bwo kunyura imbere y’akanama nkempuramaka ndetse abakunzi b’abahanzi nabo bongere gushyirirwaho uburyo bwo gutora, ku buryo umuhanzi uzatangazwa ko ari we ugiye gufashwa mu gihe kingana n’umwaka wakongerwa bitewe n’ubwumvikane bw’impande zombi azaba koko abikwiye.”

Agaruka kandi kubashobora kumva umuntu umwe atabawe akitinya ati:”Nibyo koko ni One Nyota umuhanzi umwe impano imwe, ariko hazakorwa ibishoboka byose uwageze muri semifinal kuko ari na we uzamenyekana abandi bose amakuru yabo azagirwa ibanga kubwo kubaha impano zabo, azabasha kumenyekana no kuba yagira umufasha mbega gutuma aticuza kuba yarageze mu marushanwa, ahubwo akayabona nk’umuyoboro uboneye.”

Asoza avuga intego bihaye ati:”Dufite imbogamizi y’uko hari amarushanwa yagiye aza abantu bagakora ariko ntibamenye uwatsinze, cyangwa yanatangazwa ntihamenyekane icyakurikijwe ariko turi kugerageza ibishoboka ngo dusobanure neza irushanwa ryacu.”

Uzahiga abandi muri irushanwa akazakorerwa indirimbo zigera ku 10 z’amajwi ndetse zirimo n’iza mashusho agafashwa kuzimenyekanisha n’ibindi byatuma abasha gutera imbere nk’uko Umuyobozi wa CHUFA ikompanyi ifite mu nshinga aya marushanwa yabivuze.”

Ariko na none akavuga ko ibihembo bishobora kuziyongera gusa uko byagenda kose nta mafaranga bazatanga ahubwo byose bazagenda babivunja mu bikorwa, kuko intego bafite y’imyaka 10 ari uko byibuze bazaba bafite abahanzi banyuze muri iri rushanwa bageze kure byibuze barenze 10, harimo abatsinze n’abandi bagize amahirwe kubera irushanwa ryabo rya One Nyota Music Competition.

Kugeza ubu ushaka kwiyandikisha nk’uko twabivuze haruguru yohereza amashusho y’umunota umwe kuri nimero ya WhatsApp ya +250723693793, ku bindi bisobanuro akaba yahamagara kuri +250788274763 cyangwa akabandikira anyuze kuri Instagram yitwa ‘ase_inganzo’.Kwiyandikisha byatangiye ndetse aba mbere bamaze kohereza amashusho yabo y'umunota umwe baririmba






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ernest niyubahwe1 year ago
    Ufite impano atabonye vuba iryo tangazo biba byaramusimbutse ??mais jewe navukiye burundi gusa nd'umunyarwanda kk papa n'umunyarwanda ubu ndaha kigali





Inyarwanda BACKGROUND