RFL
Kigali

Kuva kuri Prince Charles kugera kuri Mukansanga…Menya amazina yahawe abana 20 b’ingagi-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/09/2022 17:49
1


Ibyishimo byatashye mu mitima y’ingagi nyuma y’amasaha agera kuri atanu haba umuhango wo Kwita Izina abana bazo 20.



Ni mu muhango ukomeye wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Nzeri 2022 mu Kinigi, mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Witabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye, ibyamamare, abaturage mu ngeri zinyuranye n’abandi bumva bahuriye ku kubungabunga ibidukikije.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, wari umushyitsi Mukuru yashimye buri wese witabiriye uyu muhango ‘wagenze neza’ n’abantu 20 batoranyijwe bise amazina abana b’ingagi.

Yavuze ko mu izina rya Perezida Kagame ‘nejejwe no kwitabira uyu muhango’. Yashimye abaturage bo mu Karere ka Musanze, ku bwo gukomeza kwita kubidukikije.

Ngirente yashimye abaturiye Pariki zose zo mu gihugu, kuko ari abafatanyabikorwa mu gukomeza kubungabunga urusobe rw’ubuzima.

Yavuze ko buri wese wise izina n’abandi ari inshuti z’u Rwanda. Avuga ko Kwita Izina ari kimwe mu bikorwa bikurura ba mukerarugendo.

Ngirente yavuze ko abaturiye Pariki bagenerwa 10% by’umusaruro wa Pariki. Abasaba gukomeza kumva akamaro k’ubukerarugendo, gufata neza ba mukerarugendo, kubahiriza umutekano kugira ngo ibyiza by’ubukerarugendo bikomeze kubageraho.

Ngirente yavuze ko hari umushinga wo kwagura pariki y’Ibirunga witezweho guteza imbere ubukerarugendo. Ashishikariza abashoramari mu gushora imari muri uru rwego.

Umuyobozi mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yatangiye ijambo rye avuga ko umunsi wa mbere mwiza mu buzima bwe, ni igihe yamenye igisobanuro cy’izina rye.

Yavuze ko hamwe n’uruhare rwa buri umwe, ingagi zabungabunzwe mu buryo bwose bushoboka.

Kamanzi yashimye Madamu Jeannette Kagame wifatanyije n’Abatuye mu Kinigi n’abandi mu Kwita Izina. Ati “Twishimye cyane kuba twongeye kuba turi kumwe namwe mu birori byo kwita izina uyu munsi.”

Yavuze ko ubu ubukerarugendo bumaze kuzamuka kuri 80% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe cya Covid-19, kandi hari icyizere ‘cy’uko bizakomeza uko’.

MENYA AMAZINA YAHAWE ABANA B’INGAGI 20

-Prince Charles

Igikomangoma cy’u Bwongereza, Charles yatangiye ijambo rye agira ati “Muraho”. Yashimye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyamuhaye umwanya wo Kwita Izina, avuga ko ubwo yari mu Rwanda muri Nyakanga 2022 yashimishijwe no kumenya umuhango wo Kwita Izina.

Avuga ko bigaragaza kubungabunga urusobe rw’ubuzima rwa none n’ejo hazaza. Umwana yise izina ni uwo mu muryango Agasaro.

Umwana yamwise ‘Ubwuzuzanye’ bishatse kuvuga kuzuzanya hagati y’abantu n’ibidukikije’. Avuga ko nta gushyigikira ibidukikije ‘twese twabura’.

-Uzo Aduba

Umwana yise izina avuka mu muryango wa Noheli kuri Nyina Umuco. Yamwise ‘Imararungu’.

-Dr Evan Antin

Yavuze ko yishimiye Kwita Izina abana b’ingagi. Yavuze ko iyo ubungabunze ubuzima bw’ingagi, uba urinze buri kimwe.

Umwana yise izina avuka mu muryango wa Susa. Yamwise ‘Igicumbi’.

-Neri Bukspan: Yazanye n’umugore we

Umwana yise izina avuka mu muryango wa ‘Musilikali’. Yamwise ‘Indangagaciro’.

-Dr Cindy Descalzi Pereira:

Umwana w’ingagi yamwise ‘Ubwitange’. Yavutse muri Nzeri 2021. Yavuze ko iri zina yarihisemo mu rwego rwo kwizihiza abitanze ‘kugira ngo tube turi hano’.

-Didier Drogba:

Umwana yise izina avuka mu muryango wa Muhoza, yamwise ‘Shami’. Yavuze ko yarihisemo mu rwego rwo kugaragaza ukwaguka ku muryango w’ingagi.

-Itzhak Fisher: Yagize ati “Muraho’. Yavuze ko uyu muhango umwibutsa byinshi mu bijyanye no kubungabunga ibinyabuzima. 

Umwana yise avuka kuri Akamaro, Umwana yamwise ‘Imbaduko’.

Yavuze ko buri wese afite uruhare mu kubugabunga ubuzima bw’ingagi.

-Laurene Powell Jobs

Yise ‘Muganga Mwiza’ ingagi yo mu muryango Susa

-Itzhak Fisher-Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya RDB

Umwana yamwise ‘Intare’

-Dr Frank I. Luntz

Umwana yamwise ‘Baho’ avuka mu muryango wa Susa.

-Stewart Maginnis: Yagize ati ‘Muraho’. Uyu mugabo yavuze ko atewe ishema no kwitabira uyu muhango. Uyu mwana yavutse mu 2021, yamwise ‘Nyirindekwe’.

Avuga ko yahisemo iri zina mu rwego rwo kugaragaza uruhare rwo gusigasira ibidukikije.

-Thomas Milz –Umuyobozi wa Volkswagen

Uyu mugabo yavuze ko yishimiye kuba ari umwe mu bitabiriye uyu muhango. Avuga ko umwana w’ingagi yamwise ‘Ruragendwa’ ashingiye ku buryo u Rwanda rwakira abashyitsi n’abandi.

-Salim Mukansanga: Umwana yise izina yavutse tariki 15 Nzeri 2021, avuka mu muryango wa Igisha ku mubyeyi witwa Ubuntu. Umwana yamwise ‘Kwibohora’.

Uyu mukobwa yavuze ko yahisemo iri zina kugira ngo yerekane uruhare rwo kwibohora, umusingi n’iterambere by’ubukerarugendo.

-Louise Mushikiwabo:

Yatangiye ijambo rye agira ati “Baturage ba Kinigi ndabaramukije. Nari nkumbuye ingagi ariko nari mbakumbuye namwe.”

Yavuze ko umwana yise izina avuka mu muryango wa Ntambara, izina yamwise ni ‘Turikumwe’.

Yavuze ko rifte igisobanuro kinini ku Banyarwanda nyuma y’urugendo bamaze kugenda, no gushyira hamwe mu guteza imbere igihugu cyabo.

Ati “Iri zina rero njyewe ndumva ari ryo rishyoshye uyu munsi.” Uyu mwana yise izina yavutse tariki 8 Nzeri 2022.

Yashimye abagize uruhare mu gutegura uyu munsi wo Kwita Izina ku nshuro ya 18.

-Youssou N’Dour

Ati “Nishimye kuba ndi hano.” Yavuze ko umwana w’ingagi yise izina yavutse muri Gicurasi 2021. Uyu mwana yamwise 'Ihuriro' avuka mu muryango witwa Amahoro.

-Naomi Schiff

Yise ‘Imbaduko’ ingagi yo mu muryango Kureba

-Kaddu Sebunya: Umuyobozi wa African Wildlife Foundation

Umwana yamwise ‘Indatezuka’. Yavuze ko ‘abaye umwana wa gatatu mu muryango wanjye’.

-Gilberto Silva- Wakiniye Arsenal

Yavuze ko kuva yagera mu Rwanda yakiriwe neza. Umwana yamwise ‘Impanda’ avuka mu muryango wa Sabyino.

Silva yavuze ko ejo hashize yasuye Pariki y’Iburunga yirebera ingagi.

-Sauti Sol – Abanyamuziki bo muri Kenya

Batangiye baririmba indirimbo yabo bise ‘Nerea'. Bavuga ko bishimiye kuba mu bise izina. Uyu mwana bamwise ‘Kwisanga’ avuka mu muryango wa Kwisanga.

Sauti Sol yavuze ko mu bihe bitandukanye bataramiye mu Rwanda ‘kandi twishimira kugaruka mu rugo’. Ati “Imana ihe umugisha u Rwanda.”

-Juan Pablo Sorin: Yakiniye Paris Saint-Germain

Uwana yise izina yavutse muri Nzeri 2021 mu muryango wa Noheli. Izina yamwise ni ‘Ikuzo’. Yashimye ikipe ya Paris Saint-Germain yamufashije kugira ngo aze Kwita Izina.

-Moses Turahirwa: Washinze Moshions

Umwana yise avuka mu muryango wa Musilikali, yamwise ‘Kwanda’.

-Sir Ian Clark Wood, KT, GBE: Uyu mugabo yavuze ko uyu muhango umushimishije kandi uzahora ku mutima we. Yashimye Perezida Kagame, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente n’abandi ku ruhare bagira mu gukomeza kubungabunga ibidukikije.

Umwana yise izina yavutse mu 2021 avuka kuri Gwira, yamwise ‘Ubusugire’. Avuga ko yahisemo iri zina mu kwizihiza gushyira hamwe kw’Abanyarwanda mu kurengera ibidukikije.


Minisitiri w'Intebe. Dr Edouard Ngirente yashimye abaturiye Pariki y'Ibirunga ku bw'uruhare mu kuyibungabunga

Itorero Mashariki ryarimo Alyn Sano, Rafiki n'abandi ryasusurukije benshi




Clare Akamanzi uyobora RDB yavuze ko nyuma y'icyorezo cya Covid-19, urwego rw'ubukerarugendo rukomeje kwiyubaka 


Madamu Louise Mushikiwabo umwana w'ingagi yamwise 'Turi kumwe'

Moses Turahirwa [Uri hagati] washinze inzu y'imideli ya Moshions

Itsinda rya Sauti Sol ryavuze ko ryishimira buri gihe gutumirwa mu Rwanda



Umusifuzi Mpuzamahanga, Mukansanga Salim




Umuhanzi Senderi Hit yaririmbye muri uyu muhango






Kanda hano urebe amafoto menshi:

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Adeline niyomucamanza1 year ago
    Murakazaneza mu risanga twabishimiye kuza kwita izina.





Inyarwanda BACKGROUND