RFL
Kigali

Dore impamvu wandikira umuntu ijambo ‘Hi!’ ntagusubize

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:16/08/2022 7:47
0


Abantu benshi bateza ibibazo cyane cyane iyo banditse ubutumwa bugufi bakabwohereza ariko ntibabone igisubizo.



Ibi bituma abantu benshi batekereza ko batasubijwe bigatuma bibaza ko hari ikibazo cyabaye cyangwa bakavuga ko ari ukwirengagizwa kwabayeho. Ubusanzwe hari abantu birinda gusubiza ubutumwa mu gihe badafite umubano wihariye n’abantu babandikiye.

Ushobora kuba ufitanye umubano n’umuntu ariko akaba agufata nk’umuntu udakenewe cyane kuri we, bigatuma n’ubutumwa wanditse budahabwa agaciro. Ahari wamaze igihe wibaza impamvu udasubizwa mu butumwa wandikiye umuntu igihe kinini gishize, gusa iyi ishubora kuba impamvu.

Abantu barajwe inshinga no kugira ibyo bageraho ku buryo kuba bareba uwabandikiye bibabera ikizamini gikomeye cyane.

Kuba wakoherereza umuntu ubutumwa bwanditse ngo ‘Hi!’ byonyine, by’umwihariko wenda ukaba wandikiye umuntu ufite izina ryo hejuru, ashobora kutazaguha igisubizo bitewe n’imirimo arimo.

Uyu muntu ashobora kuba yakira ubutumwa bwinshi cyane ku munsi akabusoma bigendanye n’ibiburimo ugasanga ubwawe yabushyize inyuma bikabuviramo kudasubizwa.

Niba wari usanzwe wandikira umuntu ukabanza ijambo ‘Hello, Hi’ mbere y’uko uvuga ikibazo nyirizina, uhindure, ujye ubijyanya cyangwa Hi na Hello, ujye ubireka kugira ngo ubutumwa bwawe busubizwe.

Niwandikira umuntu ngo Hi, cyangwa Hello, ntuzategereze igisubizo byoroshye. Nibura ujye wandika ati: ”Muraho neza, ndizera ko ubuntu bw’Imana buri kumwe namwe, ese ijoro ryagenze gute,….”. Ibi nugerageza kubikora uzabasha kubona ubutumwa bwawe busubizwa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND