RFL
Kigali

Buravan yazirikanwe mu isengesho, Misa yo kumusengera yigizwa imbere-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/08/2022 22:54
0


Abakristu Gatolika bateraniye muri Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Dominiko bazirikanye mu isengesho umuririmbyi Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan, bamwereka Imana bamwifuriza gukira vuba.



Kuva byamenyekana ko Buravan arwaye, inshuti ze, abavandimwe n’abandi bifashisha imbuga nkoranyambaga basaba Imana kumurebana impuhwe.

Uburwayi bwe ariko bwuririweho na benshi batangaza amakuru y’ibinyoma atari yo ku buzima bwe, bigakura benshi umutima.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, ahagana saa kumi n’ebyiri kuri Kiliziya yitiriwe Mutagatigu Dominiko ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, habaye Misa yitabiriwe na bamwe mu bazi Buravan n’abandi.

Bamwe mu bitabiriye iyi Misa bari bazi ko ari iyo gusengera Buravan nk’uko byakomeje gukwirirakwira ku mbuga nkoranyambaga, kuva ku gicamunsi cy’uyu wa Mbere.

Ubwo Misa yari ihumuje, umwe mu bahereza yegereye Padiri amubwira ko hari abitabiriye iyi Misa bazi ko ari iyo gusabira Buravan wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Malaika’.

Padiri Ngororabanga Benjamin yavuze ko batamenye neza gahunda yo gusengera Buravan, aboneraho no gutangaza ko uyu muhanzi akiri muzima bitandukanye n’ibyakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku cyumweru, bivuga ko yitabye Imana.

Padiri Ngororabanga yifurije Buravan gukira vuba, amwereka Imana hanyuma asaba abakristu gufata hafi umwanya bazirikana Buravan mu isengesho. Yavuze ko muri iki gihe, bagiye gutegura Misa yihariye yo gusengera Buravan.

Muri iki gihe Buravan ari kubarizwa mu Buhinde, aho yagiye kwivuriza indwara amaranye igihe. Uyu muhanzi asanzwe ari umukirisitu muri kiliziya yitiriwe Mutagatigu Dominiko.

Aherutse kwifashisha imbuga nkoranyambaga ze, atangaza ko yagiye kwivuriza hanze y’u Rwanda, ashimira abakunzi be bakomeje kumusengera na Guverinoma y’u Rwanda yamuhaye ubufasha kugira ngo abashe kujya kwivuriza mu mahanga. 

Padiri Benjamin yatuye igitambo cya Misa, mu gusoza asaba abakristu kuzirikana Buravan mu isengesho 

Korali yifashishijwe muri iki gitambo cya Misa mu guhimbaza Imana 

Abakristu bafatanyirije hamwe mu isengesho ryabo basaba Imana kurebana impuhwe Buravan 

Buravan ni umwe mu basengera kuri kiliziya yitiriwe Mutagatigu Dominiko ku Kacyiru

AMAFOTO: Nathanie Ndayishimiye-INYARWANDA.COM








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND