RFL
Kigali

Ibyishimo kuri Oda Paccy wasoje amasomo ya Kaminuza-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/08/2022 22:39
0


Umuraperi Uzamberumwana Pacifique uzwi nka Oda Paccy ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko asoje amasomo ye muri Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga, n’Ubucuruzi (UTB).



Ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama 2022, nibwo Oda Paccy yatanze igitabo asoza amasomo ye muri iyi Kaminuza, iherereye ahazwi nka Sonatubes mu Murenge wa Niboye.

Oda Paccy wamenyekanye mu ndirimbo zirimo ‘Mbese nzapfa’, ‘Umunsi umwe’, ‘Biteye ubwoba’ n’izindi, yasoje amasomo ye mu Ishami rya ‘Business Information Technology’.

Yabwiye InyaRwanda ko yanditse igitabo kigaruka ku kwifashisha ikoranabuhanga, mu guhuza abafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe n’ababafasha gusohoka muri ibyo bihe.

Ati “Muri iki gihe usanga abantu benshi bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe (Mental health), ariko bagatinya kujya gushaka ubufasha bwaba uburyo bw'uko buri wese ashobora kubona aho yaba ari hose.”

Paccy avuga ko gusoza amasomo ya Kaminuza ari ikintu gikomeye mu buzima bwe, igisobanuro cy’ubuzima bushya n’icyekerezo yihaye mu buzima bwe.

Yavuze ati “Ndishimye! Kuko ni ikintu gikomeye kuri njye kinasobanuye byinshi kuri njye, ubuzima bushya n’icyerekezo gishya.”

Oda Paccy amaze iminsi aca amarenga yo kugaruka mu muziki, nyuma y’igihe kinini gishize adashyira ahagaragara indirimbo nshya.


Oda Paccy yanditse igitabo ku ngingo ya 'Therapy and counselling assistance management system' 

Ibyishimo ni byose kuri Oda Paccy wasoje amasomo ye muri Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga, n’Ubucuruzi (UTB)


Oda Paccy yasoje amasomo mu ishami rya ‘Business Information Technology’ 

Ubwo Oda Paccy yari imbere y'abarimu asobanura igitabo yanditse asoza amasomo ye ya Kaminuza 

Banyuzwe n'ibikubiye muri iki gitabo n'uburyo Oda Paccy yasobanuraga 

Oda Paccy avuga ko gusoza Kaminuza bisobanuye ubuzima bushya n'icyerekezo gishya 

Nyuma yo gusobanura igitabo yanditse, Oda Paccy yafashe ifoto n'abarimu

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SIBO’ YA ODA PACCY

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND