RFL
Kigali

Umukirigitananga Daniel Ngarukiye yasubiye mu Bufaransa nyuma y’amezi atatu yari amaze i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/08/2022 16:14
0


Umukirigitananga Daniel Ngarukiye yamaze gusubira mu gihugu cy’u Bufaransa aho abana n’umuryango we, ni nyuma y’amezi atatu n’iminsi itatu yari amaze mu Rwanda.



Uyu muhanzi wakunzwe mu ndirimbo zirimo ‘Bwiza’ yahagurutse ku kibuga cy’indeg Mpuzamahanga cya Kigali ahagana saa munani z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2022, aho yajyanwe na RwandaAir.

Yanditse kuri konti ye ya Twitter, avuga ko yanyuzwe n’ibihe yagiriye mu Rwanda, kandi azakora ku mutima igihugu cy’amavuko.

Ngarukiye ati “Urabeho Rwanda nziza!  Nsubiye iyo cyatawe hakurya y'inyanja, ariko umutima usigaye i Kigali. Je t'aime Rwanda (Ndagukunda Rwanda. Nahubutaha.”

Uyu muhanzi asobanura ko mu gihe cy’amezi atatu n’iminsi itatu byari bishize ari mu Rwanda, yahakoreye ibikorwa bitandukanye by’umuziki.

Yafashe amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze azasohora mu minsi iri imbere; yakoze igitaramo ‘Nta gakondo nta nkomoko’ yahuriyemo n’abarimo Massamba Intore n’abandi.

Tariki 7 Nyakanga 2022, nibwo Daniel Ngarukiye yageze i Kigali nyuma y’imyaka irindwi yari ishize aba mu Bufaransa.

Uru rugendo yakoreye mu Rwanda, uyu muhanzi yarugereranyije no kuzuka. Icyo gihe yabwiye itangazamakuru ati “Ubu ndazutse, ndazutse cyane ku buryo ibyiyumviro mfite aka kanya ntabwo ushobora kubyumva. Njya kurira indege narize cyane, kuko nje na RwandAir ntabwo nari kujya gufata izindi ndege z’abantu batatowe ndeba iyatowe.”

Mu bihe bitandukanye, Ngarukiye yagiye agerageza kuza mu Rwanda ariko bikanga. Avuga ko ahanini byagiye biterwa na gahunda z’ubuzima ‘rimwe na rimwe bikarangira bidaciyemo kandi wari wijeje abantu’.

Mbere y’uko uyu muhanzi aza mu Rwanda yashyize hanze indirimbo yise ‘Ka kana’ yafatiye amashusho mu Rwanda no mu Bufaransa.

Yasobanuye ko ari inkuru mpamo yaririmbye ishingiye ku mwana bakuranye, ariko batongeye kubonana nyuma y’uko iwabo bimukiye mu Mujyi wa Kigali. 

Ngarukiye yagaragaje ifoto ari mu ndege ya Rwandair yerekeza mu Bufaransa 


Ku kibuga cy'indege mpuzamahanga Ngarukiye yaherekejwe n'umuhanzikazi  Angel [Angel na Pamella]

Mbere y’uko Daniel Ngarukiye asubira mu Bafaransa yakoze igitaramo ‘Nta gakondo nta nkomoko’ 

Ubwo yari mu Rwanda, Ngarukiye yahuye n’abarimo umusizi Rumaga, Inzora Benoit n’abandi 

Ngarukiye yahuriye mu kiganiro n’itsinda rya Angel na Pamella rizwi mu ndirimbo zubakiye ku muco 


Jules Sentore yahuje imbaraga na Ngarukiye mu gitaramo  


Massamba Intore yafashije Ngarukiye muri iki gitaramo


Ngarukiye yanyuze mu Bubiligi yakirwa n’umuhanzi Seleman Dicoz

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'KA KANA' YA DANIEL NGARUKIYE

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND