RFL
Kigali

Dore ibintu 3 by’ibanze abagore baba bifuza gukorerwa n’abagabo babo ariko ntibabisabe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:11/08/2022 8:52
0


Iteka hari ibyo umugore yifuza ariko ntabwo abisaba kuko aba azi ko umugabo we abimugomba. Muri iyi nkuru turabwira abagabo ibintu 3 by’ibanga kubagore baba bifuza gukorerwa.



1.Kubaha amakuru

Ntabwo abagore bose bakunda gusoma. Birazwi ko abagabo ari bo batanga amakuru ku bagore babo, bakababwira aho intambara ziri kuba, ibihugu bikize ku isi, ndetse n’amakuru y’ahantu runaka. Niyo umugore wawe yaba afite aho ahurira n’amakuru, byanga bikunze ni wowe ayakeneyeho. Abagore biyumva neza iyo bari kubaza abagabo babo amakuru, mbese utuntu n’utundi.

2.Gukemura utubazo tumwe na tumwe tw’ibanze mu rugo

Umugore aba akeneye kubona umugabo ari gukemura utubazo tumwe na tumwe mu rugo, ku buryo ashobora no kugira n’utwo yangiza kugira ngo umugabo adukemure. Aha niho uzasanga umugabo mu rugo ari umukozi w’amashanyarazi, ari gukora amazi, ntabwo itara rizapfa cyangwa utundi tuntu duto ngo wirukire gushaka undi muntu umugore wawe ari aho hafi.

Ntabwo intebe izangirika ngo ujye gushaka uwo kuyitera kuko umugore wawe ntabwo azishima. Niba utari ubizi, ahari aya niyo mahirwe yawe. Mu rugo hamwe n’umugore wawe, icyubahiro cyawe uzagihishe ubundi wicare ukore.

3.Gufatanya gutegura ibya saa sita no kubisangira

Ni byo rwose, niba uwo mwashakanye ari guteka, nawe icara utegure amasahane muriraho. Ntuzicare ngo utimaze, mufashe muri byose kuko ni byo ashaka. Ibi nubikora, hakagira undi uza ashaka gufata umwanya wawe ni bwo azavuga ngo "oya mfite umugabo".

Inkomoko: Menshealth 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND