Kuva mu 2000 umuhanzi Suka Ntima akorera umuziki mu gihugu cy’u Bubiligi, aho atangaza ko ubuzima bwaho bwatumye abasha kwisanzura mu njyana zitandukanye z’umuziki, binamufasha guhurira ku rubyiniro rumwe n’abahanzi barimo abakomoka mu Rwanda.
Uyu musore yavukiye mu gihugu cy’u
Burundi. Avuga ko imyaka 17 ishize atuye muri iki gihugu cyo ku mugabane w’i
Burayi, yishimira intambwe yateye mu muziki we, aho yabashije guhurira ku
rubyiniro n’ n’abarimo nka Stromae, Fredy Massamba, Gael Faye, Jesse Boykins wo
muri Amerika n’abandi.
Aba bose bagiye bahurira mu bitaramo
mu bihe bitandukanye yisunze injyana ya Jazz Hip Hop, mbere y’uko mu 2019 yanzura
kuririmba muri Afro fusion.
Suka uvuka mu muryango w’abana batanu
akaba ari uwa kane, yabwiye InyaRwanda ko yakuze akunda ibintu bijyanye n’ubuhanzi
birimo nko gufata amafoto, kubyina ariko cyane cyane umuziki. Ati “Rero
nashatse kubihuriza hamwe mu mishinga yanjye.”
Avuga ko impano yo kuririmba
atayisangije, kuko ba Se wabo bakoraga umuziki ndetse bari bafite itsinda ry’umuziki
bise ‘Rhythmic’. Ati “Wasanga ari aho byavuye.”
Uyu muhanzi afite indirimbo zirimo
'Boule Mpanya' yakoranye na Nduleman, 'Let drip/Saucer'. 'Sukali (Remix) na
Angell Mutoni, 'Celebrate', 'Trust' n'izindi.
Suka Ntima avuga ko mu myaka itanu
iri imbere ashaka ko umuziki we uzaba waramushyize mu bahanzi bakomeye muri
Afurika.
Ati “Intego yanjye yo mu myaka itanu
ni ukuba umwe mu bahanzi bake bo muri Afurika bemewe ku rwego mpuzamahanga
(worldwide).”
Akavuga ko ku rwego Mpuzamahanga
yifuza kuzakorana indirimbo na Adekunle Gold, Burna Boy n’abandi.
Uyu muhanzi avuga ko muri iki gihe
ari mu biganiro, n’abarimo Dj Pius na Bruce Melodie ku buryo bashobora gukorana
indirimbo.
Suka avuga ko yaje mu Rwanda ubwo yari yitabiriye iserukiramuco Africa in Colors ryaririmbyemo umuhanzi w’Umufaransa La Fouine. Ari nabwo abategura igitaramo ‘Kigali Carnivore’ bahitaga bamutumira.
Yavuze ko mu rugendo rwe rw’umuziki
yagerageje kuririmba mu bitaramo, ndetse agerageza no gukorana indirimbo na
Stroame ariko ntiyasohoka kubera ko uyu muhanzi yahise asohora iye bwite.
Ati “Stromae twakoranye indirimbo
yitwa ‘ça marchera’ itarigeze isohoka, ariko icyo gihe yari umuraperi. Haburaga
nk’ukwezi kumwe kugira ngo asohore indirimbo ye ‘alors on dance’ (imaze kurebwa
na miliyoni 350), indi yararapaga ntiyahita isohoka.”
Akomeza ati “Stromae ni nk’aho
twatangiranye, twakoranaga ibitaramo, rimwe na rimwe twaratumirwagwa twese, iyo
nagiraga igitaramo yazaga kuririmba nawe yagira igitaramo nkajya kuririmba,
gutyo gutyo.”
Yavuze ko Gael Faye we bahuriye mu
bitaramo byabereye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, banakorera igitaramo mu
Bubiligi. Ati “Ariko Gael ni umwe mu bo mu muryango wanjye.”
Suka avuga ko yaherukaga mu Rwanda mu
2011 ndetse na 2018, aho icyo gihe yanakoreye igitaramo kitari kinini ahitwa
Bougenvilla muri Kigali.
Suka Ntima ni umwe mu bahanzi
baririmba muri 'Kigali Kanivore' yo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Kanama 2022. Ik
Djs, Dj Marnaud, Dj Karim, Dj Ry, Nep Djs, Dj Infinity, Dj Diallo, Dj Brianne,
Dj Kellu, Anita Pendo.
Hitezwe kandi abahanzi Bruce Melodie, Deejay Pius, Kivumbi, J-Dub, Suka Ntima, Maestro Boomin. Kwinjira ni 10,000 Frw mu myanya isanzwe na 15,000 Frw muri VIP.
Haguma Thierry uzwi mu muziki nka Suka Ntima avuga ko imyaka 17 ishize atuye muri iki gihugu cyo ku mugabane w’i Burayi
Suka Ntima avuga ko habuze gato indirimbo ye na Stroame isohoke, akomwa mu nkokora n’uko uyu muhanzi yahise asohora iye bwite bituma uyu mushinga ushyirwaho akadomo
Suka yaje i Kigali yitabiriye iserukiramuco Africa in Colors
Suka yavuze ko afite intego y’uko mu myaka itanu iri imbere umuziki we uzaba uri ku rwego mpuzamahanga
Suka atangaza ko muri iki gihe ari mu biganiro byo gukorana indirimbo na Bruce Melodie na Dj Pius
Suka Ntima ubwo yari kumwe na Geal Faye ku rubyiniro
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘LET IT DRIP’ YA SUKA NTIMA
TANGA IGITECYEREZO