Umuririmbyi w’umunya-Nigeria Adedamola Adefolahan wahisemo kwitwa Fireboy DML, ategerejwe i Kigali mu gitaramo azahuriramo n’abandi bahanzi bo mu Rwanda. Ni cyo gitaramo cya mbere azaba akoreye ku butaka bw’u Rwanda.
Ni umwe mu bahanzi b’ikiragano gishya
cy’umuziki wa Nigeria bigaragaje kuva mu mwaka w’2012 yakwinjira mu muziki.
Bivuze ko imyaka 10 ishize atanga ibyishimo ku bafana be n’abakunzi b’umuziki, yisunze injyana ya RnB na Afrobeats.
Ni umuhanzi w’umuhanga waguye ikibuga
cy’umuziki we abifashijwemo n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika yitwa YBNL, yashinzwe n’umuraperi Olamide uri mu bakomeye.
Fireboy w’imyaka 26 y’amavuko, yavukiye muri Leta ya Ogun muri Nigeria. Umwe mu bari gutegura igitaramo cye i
Kigali yabwiye InyaRwanda ko bamaze kwemeranya ibijyanye n’amafaranga
azishyurwa n’ibindi bikubiye mu masezerano, ubu bari mu biganiro ku itariki
agomba gutaramira i Kigali.
Yavuze ko mu gihe cya vuba bazatangaza itariki y’igitaramo cya Fireboy i Kigali, abahanzi bazahurira ku rubyiniro, aho
kizabera, amafaranga yo kwinjira n’ibindi.
Uyu muhanzi utegerejwe i Kigali yamenyekanye cyane
binyuze mu ndirimbo ‘Jealous’ yacuranzwe ubutitsa mu bitangazamakuru
bitandukanye muri Nigeria, inagaragara ku ntonde (Top 10) z’indirimbo zikunzwe
muri iki gihugu gikura inyungu nyinshi mu muziki.
Yize amashuri abanza n'ayisumbuye
muri Leta ya Ogun, Kaminuza ayigira muri Leta ya Osun aho afite impamyabumenyi
y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Cyongereza yakuye muri Kaminuza ya
Obafemi Awolowo.
Uyu muhanzi yagize igikundiro
cyihariye ku mashuri yizemo ahanini, binyuze mu gusubiramo indirimbo z'abandi
bahanzi, kuzandika ari nabyo yashyize imbere muri iki gihe.
Ukwakira 2018 kwabaye intangiriro yo
gukomera ku muziki, kuko ari bwo yagiranye amasezerano y'imikoranire na Olamide
yo kumufasha mu muziki binyuze muri Label YBNL.
Yifashishije konti ye ya Instagram,
Olamide yanditse avuga ko yishimiye guha ikaze Fireboy mu muryango mugari,
asimbura Adekunle Gold wari umaze gusoza amasezerano ye.
Fireboy yigeze kuvuga ko indirimbo ye
'Jealous' yatumye amenyekana, yavuye ku gihe yamaze atekereza ku mukunzi we
'atigeze atangaza amazina'.
Ikinyamakuru Daily cyo muri Nigeria, kivuga ko uyu muhanzi ari mu banyamafaranga aho atunze $850,000.
Tariki 29 Ukwakira 2019, uyu muhanzi
yasohoye album yise ‘Laughter, Tears and Goosebumps’. Iriho indiirmbo 13 zivuga
ku rukundo n’ubuzima busanzwe.
Indirimbo ‘Scatter’ iri kuri iyi
album, yumvikana muri ‘soundtrack’ yifashishijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru (FIFA) ku Isi mu 2021.
Nta muhanzi n’umwe bayikoranyeho iyi
album, kandi mu gihe cy’iminsi itatu yumviswe n’abarenga miliyoni 6 ku rubuga
rwa Spotify.
Uyu muhanzi aherutse gusubiramo indirimbo ye ‘Peru’ yifashishije umuhanzi wo mu Bwongereza Ed Sheeran. Imaze
kurebwa n’abarenga miliyoni 94 kuva yasohoka mu Ukuboza 2021.
Yahatanye mu bihembo bikomeye by’umuziki,
ndetse benshi bamuzi mu ndirimbo zirimo ‘Champion’, ‘Like i do’, ‘Vibration’,
Running’, ‘Be My Guest’, ‘History’ n’izindi.
Fireboy DML ukurikirwa n’abarenga
miliyoni 3 kuri Instagram agiye gukorera igitaramo cye mu Rwanda nyuma y’imyaka
10 ari mu muziki
Fireboy ari mu bahanzi bo muri
Nigeria bahiriwe n’umuziki binyuze mu ndirimbo yakoranye n’abarimo Omah Lay, Zinoleesky,
Rema, Bella Shmurda n'abandi
Uyu muhanzi aherutse guteguza album
ye yise 'Playboy' iriho indirimbo nka 'Bandana' yakoranye na Asake, 'Adore' na
Euro, 'Diana' na Chris Brown na Shensea
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘PERU’ YA FIREBOY NA ED SHEERAN
TANGA IGITECYEREZO