Ndabaga Impact yagaragaje ibikomere by’abana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi - AMAFOTO

Amakuru ku Rwanda - 28/07/2022 12:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Ndabaga Impact yagaragaje ibikomere by’abana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi - AMAFOTO

Umuryango Ndabaga Impact ugizwe n’urubyiruko wagaragaje filime mbarankuru wakoze ku bana bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ugaragaza n’urugendo rukenewe kugira ngo ibikomere byomorwe.

Ni mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 ku cyicaro cy’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority).

Cyari cyubakiye ku kiganiro cyiswe “Healing Young Generation Edition 2 " cyangwa se “Komora ibikomere abakibyiruka."

Mu ijambo rye Umuyobozi wa Ndabaga Impact, Irakoze Gisèle Sandrine yavuze ko uyu muryango washinzwe mu 2015 ku ntego yo gufasha urubyiruko kwishakamo ibisubizo mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Avuga ko kuva icyo gihe kugeza uyu munsi hakozwe ibikorwa byinshi bigamije kugarurira icyizere abantu batandukanye. Ati “Dufite intego yo gufasha urubyiruko kwiga amateka, kugira uruhare mu kwishakamo ibisubizo n’ibindi bitandukanye."

Mu gutangiza ibikorwa Ndabaga Impact ku nshuro ya kabiri, yavuze ko bakoze filime mbarankuru (Documentaire) kuri bamwe mu babyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, bahuye n’ikibazo cyo gufatwa ku ngufu, ingaruka zigera no ku bana babyaye.

Sandrine avuga ko batangiye urugero rwo gufasha urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside gukira ibikomere, bigizwemo uruhare n’imiryango y’urubyiruko n’abandi.

Ati “Intego yo gufasha urubyiruko gukira ibikomere ni ukugaragaza ko hari uruhererekane rw’ihungabana ryageze kuri bo binyuze mu gukora ubushakashatsi kuri abo bana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi."

Iyi filime yakozwe ku batuye mu Murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera. Irimo bamwe mu bana bavutse nyuma ya Jenoside, ubuzima babayemo n’ibyo baciyemo kugeza uyu munsi, inagaragaramo kandi ababyeyi bafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibikomere biracyari bibisi ".

Umwe mu bana bavutse ku mubyeyi wafashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko mu bihe bitandukanye yagiye abaza umubyeyi we Se umubyara ariko ntagire icyo amubwira.

Avuga ko igihe cyaje kugera amenya Se waje gufungwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi. Se yaje gukatirwa burundu. Ni ibintu avuga ko byamuhungabanyije "noneho n’abo tuvukana batanyiyumvamo". 

Ati “Mu rungano rwanjye n’aho batanyiyumvamo nkumva ni ibintu bimbabaje cyane."

Yavuze ko igihe cyageze Nyina amubwiza ukuri ko inda (ye) yayisamye nyuma y’uko afashwe ku ngufu muri Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Ni inkuru avuga ko yakomereye umutima we kuyakira, akibaza impamvu ari we Imana yahisemo ko bibaho.

Uyu mukobwa avuga ko ahora yibaza uko bizagenda mu gihe cyo guhabwa umunani.

Undi mwana avuga ko aho yize ku bigo bitandukanye bamubwiraga ko ari ‘umwana w’interahambwe’ bikamuhungabanya cyane.

Yunganiwe na mugenzi we wavuze ko yakuze abwirwa ko nyina yamubyaye mu nzira atateganyije, aho yari ari kwihisha mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ‘bigenda gutyo ahita atwara inda yanjye mu bintu atateguye’.

Umubyeyi we yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye afite imyaka 14 y’amavuko, ahungira mu Mirenge itandukanye aza kugwa mu gitero cy’abicanyi.

Avuga ko abagabo bamusambanyije barenze batatu ‘ku buryo adashobora kumenya uwamuteye inda’.

Ati “Ibyo byari ikibazo kubwira umwana ngo njyewe inda "Icyo nemeza cyo naramubwiye nti sinzi."

Umuyobozi wa Ndabaga Impact, Irakoze Gisèle Sandrine yagaragaje bimwe mu bimaze gukorwa kuva mu 2015 uyu muryango washingwa

Umusore wavutse ku babyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ari ibikomere gusa kuko atabasha kubyiyumvisha iyo ababyeyi bamubwira ko yari afite abavandimwe ariko ‘bose nta bahari’ ku buryo atabasha kubona n’amafoto yabo.

Ati “Si indwara yabishe, barishwe bicwa muri Jenoside "Ni ikintu kiba cyitoroshye kucyakira no kucyumva nk’umuntu utarabonye Jenoside."

Uyu musore avuga ko ari amateka atoroshye no kuyabwira abari mu kigero nk’icye cyangwa se abamuruta. Kumubwira ko kanaka yishe kanaka basangiraga, bagabiranye inka, bahannye abageni, umuryango uyu n’uyu wambuwe ubuzima wose n’ibindi.

Yavuze ko hari n’ikibazo cy’ababyeyi batabwije ukuri abana babo, aho umugabo yafungwaga kubera ko yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, umugore akabwira umwana we ko ari ‘kwa kanaka bafungishije so’.

Umwe mu babyeyi bahungiye i Gitarama, avuga ko yahuye n’interahamwe iramufata bamarana igihe kinini ari nabwo yaje gusama inda yaje kuvamo umwana.

Avuga ko yabanye n’agahinda n’umubabaro kuko umuryango we utigeze umuha ikaze. Kandi ko binyuze mu nyigisho zitandukanye yahawe n’abarimo umuryango Ndabaga Impact yabashije kubwira umwana we ibyamubayeho.

Umwe mu bana bavutse kuri aba babyeyi, avuga ko umugabo we ahora amucyurira amubwira ko iyo aza kumenya ko ari umwana w’interahamwe batari kurushinga.

Ubu yarashatse! Avuga ko nta matsiko afite yo kubona umugabo wasambanyije Nyina muri Jenoside kuko uburibwe n’umubabaro umubyeyi we yanyuzemo abwiyumvisha. Ati “Ntabwo njya nifuza kumubona."

Gukira ibikomere n’icyizere cy’ejo hazaza bizava byubakiye kuri ‘Mvura nkuvure’

Ubushakashatsi butandukanye bwakozwe bugaragaza ko hari ihungabana mu rubyiruko rwa mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ibikomero (Trauma) ni ibintu bigenda byiyongera mu byo ufite ariko bitewe n’ibyo wabonye cyangwa se wanyuzemo/wabayemo. Hakabamo ibitarakuguye neza kandi ntubone igihe cyo kubiganira no gutandukana nabyo.

Ibi rero iyo ubanye nabyo igihe kirekire bihinduka igikomere, kandi igikomere kirihinduranya.

Umuyobozi ushinzwe Imishinga na Gahunda mu Muryango Ibuka ku rwego rw'igihugu, Ngabo Brave Olivier avuga ko iyo igikomere gihindutse inkovu ushobora kwiga kubana nacyo kubera ko uba waragize igihe gihagije cyo kwiyunga nawe.

Imyaka 28 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye. Ngabo avuga ko hagati ya 2012 na 2016 Ibuka yakoze ubushakashatsi bugaragaza y’uko abantu b’igitsina gabo ari bo bagiraga ihungabana cyane.

Mu 2016 kandi bakoze ubushakashatsi bugaragaza y’uko batatu muri barindwi kuva ku muntu w’imyaka 55 kugeza kuri 75 bafite indwara zitandukanye zituruka ku gahinda gakabije ‘batigeze bagira igihe cyo kuruhuka no gukira’.

Uyu muyobozi avuga ko kugira igihe cyo kwibuka no kuganira ari urubuga rwo kugira ngo abantu bavuge ibyababayeho.

Brave avuga ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bifite akamaro kanini cyane cyane ku rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside "kugira ngo niba dushaka kubaka u Rwanda twifuza turwubakire ku musingi ufatika".

Yunganirwa n’Umuyobozi w’Umuryango Rwanda we want, Murenzi Tristan, usaba buri wese gufasha abafite agahinda kuko bigoye kumenya agahinda k’undi. Avuga ko intambwe yo gukira ibikomere, ari ukugira imbaraga zo kubasha kuvuga.

Murenzi ati “Intambwe ya mbere ni ukugerageza byibura kugira uwo ubwira. Ariko uruhare rundi ruraza kuba kuri njye abwira. Ni njye ufite uruhare rukomeye rwo gutuma abasha gukomeza kuvuga […]"

Uyu muyobozi avuga ko gahunda nka 'Mvura nkuvure', kujya mu matsinda, kwegera abaganga n’ibindi bikorwa bifasha benshi gukira ibikomere.

Umuyobozi w’Umuryango w’urubyiruko Our Past, Ntwari Christian, asaba urubyiruko gutera intambwe yo kubaza ababyeyi babo n’abandi ku mateka yarenze u Rwanda.

Atanga urugero akavuga ko ubwo yari afite imyaka 27 y’amavuko ari bwo bwa mbere yaganiriye birambuye n’umubyeyi we ku mateka ya Jenoside. Icyo gihe yari agiye mu muhango wo Kwibuka aho umubyeyi we avuka i Nyaruguru.

Umubyeyi we hari byinshi yamubujije gukora agezeyo, bimuha ishusho y’agahinda yari amaranye muri iyo myaka yose.

Akavuga ko ababyeyi benshi batarafungukira abana babo ngo bababwize ukuri batekereza ko ari ukubarinda agahinda bafite.

Yavuze ko nka Our Past bari gukoresha ubushobozi bucye bafite mu gushyiraho urubuga rutuma buri wese abasha kubohoka. Ati “Gukira ni urugendo. Ntabwo ari ibintu ubyuka mu gitondo bikaba."

Imibare igaragaza hafi urubyiruko 2,500 bitabira igikorwa cyo kwibuka Our Past ikorera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali muri Mata buri mwaka. Hari urubyiruko 500 kandi rwitabira ibikorwa uyu muryango ukorera mu Mirenge itandukanye. 

Kanda hano urebe amafoto menshi         

Umuyobozi w’Umuryango w’urubyiruko Our Past, Ntwari Christian, arasaba urubyiruko gutera intambwe yo kubaza ababyeyi amateka yarenze u Rwanda 

Umuyobozi w’Umuryango Rwanda we want, Murenzi Tristan, arasaba buri wese gutega amatwi abafite agahinda, kuko ari wo muti wa mbere 

Umuyobozi ushinzwe Imishinga na Gahunda mu Muryango Ibuka ku rwego rw'igihugu, Ngabo Brave Olivier, avuga ko iyo igikomere gihindutse inkovu ushobora kwiga kubana nacyo 

Frorantine yabajije ku bijyanye n'ikibazo cy'ubuzima bwo mu mutwe cyugarije urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi 

Shema Willy wayoboye ikiganiro cyagarutse ku ruhare rw’imiryango y’urubyiruko mu gufasha urubyiruko gukira ibikomere 

Saro Amanda wabaye Miss Talent muri Miss Rwanda 2022 yitabiriye ibiganiro bya Ndabaga Impact 


Ineza Honorine ubarizwa muri Ndabaga Impact avuga ko hari byinshi yungukiye mu kiganiro ku gukira ibikomere

Uwizeyimana Julienne yatanze ubuhamya ku mugabo we wafungiwe Jenoside, abavandimwe be bishwe muri Jenoside n’ukuntu atorohewe no kuganiriza umwana we amateka 

Niyogisubizo Marie Louise yashimye umubyeyi we wabashije kubitaho ari abana icyenda, nyuma y’uko imiryango n’abandi babatereranye 

Ismael ubarizwa muri Ndabaga Impact yavuze ko azi mugenzi we uhorana umujinya ashaka kwihorera ku bamwiciye ababyeyi muri Jenoside 

Gisele yabajije ku gushyiraho urubuga ruhuza abafite ibikomere n’abashobora kubomora 

Umuyobozi Ushinzwe gahunda mu muryango Ndabaga Impact, Eric Kabanda, niwe wari umusangiza w’amagambo muri uyu muhango 

Mugisha Reuben yabajije ku nyota urubyiruko rufite yo kumenya amateka y’u Rwanda n’ingamba zihari mu kubafasha 

Urubyiruko rwibumbiye muri Umuti Arts rwakinnye umukino ku komora ibikomere no gutera intambwe yo kubikira. Bati “Iki ni igihe cyo kubaho, kandi neza " 

Kayihura yabajije ku mibereho y’abatujwe mu Mudugudu w'Ubumwe n'Ubwiyunge ‘Mbyo Reconciliation Village'. 

Komiseri w'Urubyiruko muri Pan African Movement Rwanda, Davis Gatabazi 

Mutabazi Moses, Umukozi w’Umuryango Mpuzamahanga Interpeace, yashimye ibikorwa by’umuryango Ndabaga Impact, asaba ko ibiganiro nk’ibi byajya bihabwa umwanya munini 

Umunyeshuri wo muri Kaminuza y'u Rwanda yabajije ku kubanisha umwana w’umubyeyi wishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’umwana w’umubyeyi wiciwe 


AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...