RFL
Kigali

Ku mafaranga ibihumbi bitanu gusa ushobora kureba imipira ikomeye kuri CANAL+

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:25/07/2022 20:21
0


Mu gihe twitegura igaruka ry’amashampiyona ndetse n’igikombe cy’Isi, CANAL+ yadabagije abakiriya bayo aho bava bakagera ku inyongera zitandukanye.



Impano y’iminsi 15 ubu niyo yiganje muri CANAL+ aho ushobora kureba amashene yose, uhereye ku bakiriya bagura ifatabuguzi ry’ibihumbi 5,000FRW. Ni poromosiyo CANAL+ yashyizeho mu gihe ikomeje ibirori byo kwizihiza isabukuru yayo y’imyaka 30 ikorera ku mugabane w’Africa, ikaba imyaka 12 ikorera ku butaka bw’u Rwanda.

Mu rwego rwo gufasha abakiriya bayo kunogerwa n’ibyiza bitambuka ku mashene aboneka kuri Dekoderi ya CANAL+, ubu ku ifatabuguzi ryose umukiriya aguze ahita abona iminsi 15 yo kureba amashene yose ya CANAL+. By’umwihariko Canal+ yashyizeho iyi poromosiyo kugira ngo ifashe abakunzi b’umupira muri rusange, cyane cyane abagura ifatabuguzi rya ‘Ikaze’ kugira amahirwe yo kureba imikino igiye gutangira, ku giciro cyo hasi.

Iyi poromosiyo yatangiye tariki ya mbere Nyakanga ikaba izarangira tariki 31 Nyakanya 2022. Umukiriya wa CANAL+ wifuza kugura ifatabuguzi, ashobora gukoresha MTN Mobile Money aho akanda *182*3*1*4#, Airtel Money *500*4*3*2*4#, Ecobank Mobile App, cyangwa akanyura ku mucuruzi wemewe cyangwa iduka rya CANAL+ rimwegereye.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND